Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru nziza ku Banyarwanda bifuza kugenda mu ndege

radiotv10by radiotv10
21/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
2
Inkuru nziza ku Banyarwanda bifuza kugenda mu ndege
Share on FacebookShare on Twitter

Amahirwe y’Abaturarwanda bifuza gukoresha indege mu ngendo Kigali-Kamembe, yikubye kabiri, nyuma y’uko Sosiyete y’ingedo z’indege RwandAir ikubise hasi igiciro cy’urugendo rwa Kigali-Kamembe, ku kigero cya 50%.

Ubu abantu bifuza gukora uru rugendo rwa Kigali-Kamembe, bashobora kwishyura Amadolari 99. Iki giciro kikaba cyavuye ku Madolari 180.

Ubuyobozi bwa RwandAir buvuga ko kugabanya iki giciro, bigamije kongera umubare w’abakora ingendo zo mu kirere, imbere mu Gihugu.

Umuyobozi Ushinzwe ubucuruzi ku Kibuga cy’indege cya Kamembe, Celine Umuhire avuga ko umubare w’abagenzi bakora uru rugendo rwa Kigali-Kamembe uri kuzamuka kuko ubu habarwa abari hagati ta 25 na 30 ku munsi.

Ati “Ugereranyije n’umubare ntarengwa ku Kibuga cy’Indege cya Kamembe, ingendo z’indege zacu zishobora kuba zatwara abagenzi 40. Ubu tubasha gutwara abantu bari hagati ya 25 na 30 kuri buri rugendo, habayeho izamuka rikomeye kuko twavuye ku bagenzi batanu twabashaga gutwara.”

Ingendo za RwandAir za Kigali-Kamembe, zikorwa buri munsi mu rwego rwo gufasha abagenzi bose mu ngeri zinyuranye bagiye mu bikorwa bitandukanye.

Umukozi ushinzwe kurengera abakiliya muri Komisiyo Nyafurika y’ingendo zo mu kirere, Emmanuel Butera avuga ko iki gitekerezo cya RwandAir cyo kugabanya ibiciro by’ingendo z’imbere mu Gihugu, ari intambwe ishimishije.

Avuga ko ibi bizatuma abantu benshi bibona mu ngendo z’indege zisanzwe zifatwa ko ari iz’abifite, kandi bikanongera umusaruro uva muri izi ngendo.

Ati “Izi ni impinduka nziza zaturutse ku ngamba zafashwe na Guverinoma zo gukuraho cyangwa kugabanya imisoro n’ibindi bicibwa mu ngendo zo mu kirere byatumaga ingendo zihenda ku b’amikoro macye.”

Avuga ko uretse inyungu z’abagenzi zo kuba bazajya babasha kugera aho bagiye byihuse kandi batekanye, bizanatuma indege ndetse n’ibibuga by’indege bibasha kwinjiza amafaranga atubutse.

Ati “Uko abagenzi bazagenda biyongera ni na ko umusaruro uzagenda wiyongera ku bibuga by’indege.”

Uretse kuba izi ngendo zizajya zikorwa n’abacuruzi ndetse n’abagiye gusura imiryango yabo i Kamembe, izi ngendo z’indege za Kigali-Kamembe zizanazamura umubare wa ba mukerugendo bazajya bajya gusura ibyiza nyaburanga biri mu Ntara y’Iburengerazuba nka Pariki y’Igihugu y’Ishyamba rya Nyungwe ndetse n’ibindi bikorwa by’ubukerarugendo.

RADIOTV10

Comments 2

  1. King says:
    2 years ago

    Nonese ubundi yari angahe ko anariyo birirwaga bamamaza

    Reply
    • Kaka says:
      2 years ago

      Nanjye nziko yarasanzwe arayongayo kbsa none ngo babikubise hasi

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + three =

Previous Post

Aka mbere gakubye aka nyuma 10: Menya uko Uturere dukurikirana mu miryango yasezeranye

Next Post

Uwigaragaje muri Miss Rwanda umaze iminsi aryohewe n’urukundo yagaragaje intambwe yaruteyemo

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwigaragaje muri Miss Rwanda umaze iminsi aryohewe n’urukundo yagaragaje intambwe yaruteyemo

Uwigaragaje muri Miss Rwanda umaze iminsi aryohewe n’urukundo yagaragaje intambwe yaruteyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.