Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru nziza ku Banyarwanda bifuza kugenda mu ndege

radiotv10by radiotv10
21/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
2
Inkuru nziza ku Banyarwanda bifuza kugenda mu ndege
Share on FacebookShare on Twitter

Amahirwe y’Abaturarwanda bifuza gukoresha indege mu ngendo Kigali-Kamembe, yikubye kabiri, nyuma y’uko Sosiyete y’ingedo z’indege RwandAir ikubise hasi igiciro cy’urugendo rwa Kigali-Kamembe, ku kigero cya 50%.

Ubu abantu bifuza gukora uru rugendo rwa Kigali-Kamembe, bashobora kwishyura Amadolari 99. Iki giciro kikaba cyavuye ku Madolari 180.

Ubuyobozi bwa RwandAir buvuga ko kugabanya iki giciro, bigamije kongera umubare w’abakora ingendo zo mu kirere, imbere mu Gihugu.

Umuyobozi Ushinzwe ubucuruzi ku Kibuga cy’indege cya Kamembe, Celine Umuhire avuga ko umubare w’abagenzi bakora uru rugendo rwa Kigali-Kamembe uri kuzamuka kuko ubu habarwa abari hagati ta 25 na 30 ku munsi.

Ati “Ugereranyije n’umubare ntarengwa ku Kibuga cy’Indege cya Kamembe, ingendo z’indege zacu zishobora kuba zatwara abagenzi 40. Ubu tubasha gutwara abantu bari hagati ya 25 na 30 kuri buri rugendo, habayeho izamuka rikomeye kuko twavuye ku bagenzi batanu twabashaga gutwara.”

Ingendo za RwandAir za Kigali-Kamembe, zikorwa buri munsi mu rwego rwo gufasha abagenzi bose mu ngeri zinyuranye bagiye mu bikorwa bitandukanye.

Umukozi ushinzwe kurengera abakiliya muri Komisiyo Nyafurika y’ingendo zo mu kirere, Emmanuel Butera avuga ko iki gitekerezo cya RwandAir cyo kugabanya ibiciro by’ingendo z’imbere mu Gihugu, ari intambwe ishimishije.

Avuga ko ibi bizatuma abantu benshi bibona mu ngendo z’indege zisanzwe zifatwa ko ari iz’abifite, kandi bikanongera umusaruro uva muri izi ngendo.

Ati “Izi ni impinduka nziza zaturutse ku ngamba zafashwe na Guverinoma zo gukuraho cyangwa kugabanya imisoro n’ibindi bicibwa mu ngendo zo mu kirere byatumaga ingendo zihenda ku b’amikoro macye.”

Avuga ko uretse inyungu z’abagenzi zo kuba bazajya babasha kugera aho bagiye byihuse kandi batekanye, bizanatuma indege ndetse n’ibibuga by’indege bibasha kwinjiza amafaranga atubutse.

Ati “Uko abagenzi bazagenda biyongera ni na ko umusaruro uzagenda wiyongera ku bibuga by’indege.”

Uretse kuba izi ngendo zizajya zikorwa n’abacuruzi ndetse n’abagiye gusura imiryango yabo i Kamembe, izi ngendo z’indege za Kigali-Kamembe zizanazamura umubare wa ba mukerugendo bazajya bajya gusura ibyiza nyaburanga biri mu Ntara y’Iburengerazuba nka Pariki y’Igihugu y’Ishyamba rya Nyungwe ndetse n’ibindi bikorwa by’ubukerarugendo.

RADIOTV10

Comments 2

  1. King says:
    2 years ago

    Nonese ubundi yari angahe ko anariyo birirwaga bamamaza

    Reply
    • Kaka says:
      2 years ago

      Nanjye nziko yarasanzwe arayongayo kbsa none ngo babikubise hasi

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 4 =

Previous Post

Aka mbere gakubye aka nyuma 10: Menya uko Uturere dukurikirana mu miryango yasezeranye

Next Post

Uwigaragaje muri Miss Rwanda umaze iminsi aryohewe n’urukundo yagaragaje intambwe yaruteyemo

Related Posts

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

IZIHERUKA

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu
MU RWANDA

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

20/11/2025
Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

19/11/2025
Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwigaragaje muri Miss Rwanda umaze iminsi aryohewe n’urukundo yagaragaje intambwe yaruteyemo

Uwigaragaje muri Miss Rwanda umaze iminsi aryohewe n’urukundo yagaragaje intambwe yaruteyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.