Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru nziza ku Banyarwanda bifuza kugenda mu ndege

radiotv10by radiotv10
21/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
2
Inkuru nziza ku Banyarwanda bifuza kugenda mu ndege
Share on FacebookShare on Twitter

Amahirwe y’Abaturarwanda bifuza gukoresha indege mu ngendo Kigali-Kamembe, yikubye kabiri, nyuma y’uko Sosiyete y’ingedo z’indege RwandAir ikubise hasi igiciro cy’urugendo rwa Kigali-Kamembe, ku kigero cya 50%.

Ubu abantu bifuza gukora uru rugendo rwa Kigali-Kamembe, bashobora kwishyura Amadolari 99. Iki giciro kikaba cyavuye ku Madolari 180.

Ubuyobozi bwa RwandAir buvuga ko kugabanya iki giciro, bigamije kongera umubare w’abakora ingendo zo mu kirere, imbere mu Gihugu.

Umuyobozi Ushinzwe ubucuruzi ku Kibuga cy’indege cya Kamembe, Celine Umuhire avuga ko umubare w’abagenzi bakora uru rugendo rwa Kigali-Kamembe uri kuzamuka kuko ubu habarwa abari hagati ta 25 na 30 ku munsi.

Ati “Ugereranyije n’umubare ntarengwa ku Kibuga cy’Indege cya Kamembe, ingendo z’indege zacu zishobora kuba zatwara abagenzi 40. Ubu tubasha gutwara abantu bari hagati ya 25 na 30 kuri buri rugendo, habayeho izamuka rikomeye kuko twavuye ku bagenzi batanu twabashaga gutwara.”

Ingendo za RwandAir za Kigali-Kamembe, zikorwa buri munsi mu rwego rwo gufasha abagenzi bose mu ngeri zinyuranye bagiye mu bikorwa bitandukanye.

Umukozi ushinzwe kurengera abakiliya muri Komisiyo Nyafurika y’ingendo zo mu kirere, Emmanuel Butera avuga ko iki gitekerezo cya RwandAir cyo kugabanya ibiciro by’ingendo z’imbere mu Gihugu, ari intambwe ishimishije.

Avuga ko ibi bizatuma abantu benshi bibona mu ngendo z’indege zisanzwe zifatwa ko ari iz’abifite, kandi bikanongera umusaruro uva muri izi ngendo.

Ati “Izi ni impinduka nziza zaturutse ku ngamba zafashwe na Guverinoma zo gukuraho cyangwa kugabanya imisoro n’ibindi bicibwa mu ngendo zo mu kirere byatumaga ingendo zihenda ku b’amikoro macye.”

Avuga ko uretse inyungu z’abagenzi zo kuba bazajya babasha kugera aho bagiye byihuse kandi batekanye, bizanatuma indege ndetse n’ibibuga by’indege bibasha kwinjiza amafaranga atubutse.

Ati “Uko abagenzi bazagenda biyongera ni na ko umusaruro uzagenda wiyongera ku bibuga by’indege.”

Uretse kuba izi ngendo zizajya zikorwa n’abacuruzi ndetse n’abagiye gusura imiryango yabo i Kamembe, izi ngendo z’indege za Kigali-Kamembe zizanazamura umubare wa ba mukerugendo bazajya bajya gusura ibyiza nyaburanga biri mu Ntara y’Iburengerazuba nka Pariki y’Igihugu y’Ishyamba rya Nyungwe ndetse n’ibindi bikorwa by’ubukerarugendo.

RADIOTV10

Comments 2

  1. King says:
    2 years ago

    Nonese ubundi yari angahe ko anariyo birirwaga bamamaza

    Reply
    • Kaka says:
      2 years ago

      Nanjye nziko yarasanzwe arayongayo kbsa none ngo babikubise hasi

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Aka mbere gakubye aka nyuma 10: Menya uko Uturere dukurikirana mu miryango yasezeranye

Next Post

Uwigaragaje muri Miss Rwanda umaze iminsi aryohewe n’urukundo yagaragaje intambwe yaruteyemo

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwigaragaje muri Miss Rwanda umaze iminsi aryohewe n’urukundo yagaragaje intambwe yaruteyemo

Uwigaragaje muri Miss Rwanda umaze iminsi aryohewe n’urukundo yagaragaje intambwe yaruteyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.