Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru nziza n’urujijo ku mwana w’i Musanze wari wabuze bigahangayikisha umuryango we

radiotv10by radiotv10
29/11/2024
in MU RWANDA
0
Inkuru nziza n’urujijo ku mwana w’i Musanze wari wabuze bigahangayikisha umuryango we
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’imyaka 16 wiga mu ishuri ryo mu Karere ka Musanze wari wabuze nyuma yo kwaka uruhushya ubuyobozi bw’ishuri yigamo avuga ko agiye kwivuza, ariko uwo munsi ntagaruke, yabonetse nyuma y’iminsi itatu bamushakisha, aho abonekeye abwira umuryango we ko na we atazi uko yageze aho bamusanze.

Uyu mwana wiga mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishuri rya Sonrise High School rinigishamo umubyeyi we, yari yabuze ku wa Kabiri tariki 26 Ugushyingo 2024, nyuma yuko avuye ku ishuri mu gihe cy’amasomo asabye uruhushya ubuyobozi bw’ishuri avuga ko agiye kwivuza umutwe kuko yavugaga ko ari kuribwa.

Yabonetse kuri uyu wa Kane tariki 28 Ugushyingo 2024 ubwo umubyeyi we yahamagarwaga n’abantu bamubwira ko bamubonye mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze.

Uyu mubyeyi wavuganye n’ikinyamakuru Kigali Today dukesha iyi nkuru, yagize ati “ubu turi kumwe, nakomeje kumubaza impamvu yageze muri Kimonyi kandi yari yasabye uruhushya rwo kujya kwivuza, ari kumbwira ko na we atazi uburyo yagezeyo.”

Uyu mubyeyi avuga ko nyuma yuko babonye umwana wabo, bari kumwondora. Ati “nyuma wenda araduha amakuru kuko ntabwo natwe turamenya neza icyatumye abura muri iyo minsi itatu, buriya namara kuruhuka aratubwira ibyamubayeho.”

Uyu mubyeyi uvuga ko umwana we yagiye atarembye, cyane avuga ko ubwo yaburaga, bagiye gushakishiriza mu mavuriro yose yo mu mujyi wa Musanze bahereye ku ryo yari yagiye kwivurizamo ryo kwa Kanimba, bakamubura, ari bwo biyambazaga uburyo bwose burimo gutanga amatangazo ku mbuga nkoranyambaga no ku bitangazamakuru.

Byamukama Isaac uyobora ishuri rya Sonrise School yavuze ko uyu mwana yabanje kubonwa n’umubyeyi bahuriye mu nzira agahita amujyana ku Biro by’Akagari ari na ho babahamagaye.

Ati “Uwo mubyeyi yamujyanye ku Kagari amugejejeyo bafata za telefoni twari twashyize ku itangazo, baraduhamagara duhita tunyaruka tujya kumureba.”

Avuga ko basanze uyu mwana ameze neza, ndetse n’imyenda ye n’inkweto yagiye yambaye bisa neza, bagahita bamujyana kuri Isange One Stop Center, kugira ngo hasuzumwe niba atarahohotewe.

Umuryango w’uyu mwana, uvuga ko ntakibazo asanzwe agira, ndetse ko ari umuhanga mu ishuri kuko atsinda akagira amanota meza, akaba ari n’umwana wumvikana ko afite ahazaza he heza kubera intego afite.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Quand la corruption nous tient!

Next Post

Umuraperi w’ikirangirire Drake akomeje kuzamura imanza zifite ikizihishe inyuma

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi w’ikirangirire Drake akomeje kuzamura imanza zifite ikizihishe inyuma

Umuraperi w’ikirangirire Drake akomeje kuzamura imanza zifite ikizihishe inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.