Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru y’akababaro ku musirikare w’u Rwanda wari mu butumwa muri Centrafrique

radiotv10by radiotv10
11/07/2023
in MU RWANDA
0
Inkuru y’akababaro ku musirikare w’u Rwanda wari mu butumwa muri Centrafrique

Photo/Internet

Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare w’u Rwanda wari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA), yishwe n’igitero cy’abitwaje intwaro bagabye mu gace ko muri Perefegitura ya Haute-Kotto mu majyaruguru y’iki Gihugu.

Nk’uko tubikesha itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’ubu butumwa bwa MINUSCA, uyu musirikare w’u Rwanda yishwe kuri uyu wa Mbere tariki 10 Nyakanga, ubwo yari ku burinzi mu gace ko mu birometero 3 uvuye mu mujyi wa Sam-Ouandja.

MINUSCA itangaza ko abarwanyi batatu muri aba bitwaje intwaro bagabye iki gitero cyahitanye umusirikare w’u Rwanda, na bo bishwe, mu gihe undi umwe yafashwe mpiri.

Mu gace ka Sam-Ouandja, hari haherutse kongerwa ibikorwa by’umutekano kuko hari haherutse koherezwa abandi basirikare bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bari bahageze tariki 05 z’uku kwezi kwa Nyakanga, ndetse hanongerwa Abapolisi bari boherejwe muri uyu mujyi no mu bice biwukikije.

Ni nyuma y’uko tariki 04 Nyakanga hari habaye igitero n’ubundi cyari cyagabwe n’abitwaje intwaro cyahitanye ubuzima bwa bamwe, ariko izo nyeshyamba zari zakigabye zikaba zari zahise zihunga ubwo hongerwaga abasirikare.

Intumwa Yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri Centrafrique akaba anayoboye ubu butumwa bwa MINUSCA, Valentine Rugwabiza, yatangaje ko yamaganye ibikorwa nk’ibi by’abitwaje intwaro.

Yagize ati “Twamaganye bidasubirwaho iki gitero cyibasiye abasirikare b’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye kandi dushimira ubwitange bwa MINUSCA mu gushyira mu bikorwa inshingano zabo mu gucungira umutekano abasivile n’abayobozi ba Centrafrique.”

Rugwabiza kandi yashimiye “ubutabazi bwihuse bw’uburinzi bwakozwe n’abasirikare b’u Rwanda ubwo habaga iki gitero, bwabashije kwirukana inyeshyamba ndetse bukanacungira umutekano abaturage bo muri Sam-Ouandja.”

MINUSCA kandi yaboneyeho gusaba ubuyobozi bwa Centafricque gushyira imbaraga mu gutuma hamenyekana abagize uruhare muri iki gitero kugira ngo bazabiryozwe mu butabera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Umukoro wahawe urubyiruko ruba mu mahanga wumvikanamo inkuru nziza ku ruba mu Rwanda

Next Post

Mu nama yo guhosha intambara muri Sudan habayemo icyagaragaje ko bikigoye

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu nama yo guhosha intambara muri Sudan habayemo icyagaragaje ko bikigoye

Mu nama yo guhosha intambara muri Sudan habayemo icyagaragaje ko bikigoye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.