Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru y’akababaro ku musirikare w’u Rwanda wari mu butumwa muri Centrafrique

radiotv10by radiotv10
11/07/2023
in MU RWANDA
0
Inkuru y’akababaro ku musirikare w’u Rwanda wari mu butumwa muri Centrafrique

Photo/Internet

Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare w’u Rwanda wari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA), yishwe n’igitero cy’abitwaje intwaro bagabye mu gace ko muri Perefegitura ya Haute-Kotto mu majyaruguru y’iki Gihugu.

Nk’uko tubikesha itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’ubu butumwa bwa MINUSCA, uyu musirikare w’u Rwanda yishwe kuri uyu wa Mbere tariki 10 Nyakanga, ubwo yari ku burinzi mu gace ko mu birometero 3 uvuye mu mujyi wa Sam-Ouandja.

MINUSCA itangaza ko abarwanyi batatu muri aba bitwaje intwaro bagabye iki gitero cyahitanye umusirikare w’u Rwanda, na bo bishwe, mu gihe undi umwe yafashwe mpiri.

Mu gace ka Sam-Ouandja, hari haherutse kongerwa ibikorwa by’umutekano kuko hari haherutse koherezwa abandi basirikare bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bari bahageze tariki 05 z’uku kwezi kwa Nyakanga, ndetse hanongerwa Abapolisi bari boherejwe muri uyu mujyi no mu bice biwukikije.

Ni nyuma y’uko tariki 04 Nyakanga hari habaye igitero n’ubundi cyari cyagabwe n’abitwaje intwaro cyahitanye ubuzima bwa bamwe, ariko izo nyeshyamba zari zakigabye zikaba zari zahise zihunga ubwo hongerwaga abasirikare.

Intumwa Yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri Centrafrique akaba anayoboye ubu butumwa bwa MINUSCA, Valentine Rugwabiza, yatangaje ko yamaganye ibikorwa nk’ibi by’abitwaje intwaro.

Yagize ati “Twamaganye bidasubirwaho iki gitero cyibasiye abasirikare b’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye kandi dushimira ubwitange bwa MINUSCA mu gushyira mu bikorwa inshingano zabo mu gucungira umutekano abasivile n’abayobozi ba Centrafrique.”

Rugwabiza kandi yashimiye “ubutabazi bwihuse bw’uburinzi bwakozwe n’abasirikare b’u Rwanda ubwo habaga iki gitero, bwabashije kwirukana inyeshyamba ndetse bukanacungira umutekano abaturage bo muri Sam-Ouandja.”

MINUSCA kandi yaboneyeho gusaba ubuyobozi bwa Centafricque gushyira imbaraga mu gutuma hamenyekana abagize uruhare muri iki gitero kugira ngo bazabiryozwe mu butabera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − two =

Previous Post

Umukoro wahawe urubyiruko ruba mu mahanga wumvikanamo inkuru nziza ku ruba mu Rwanda

Next Post

Mu nama yo guhosha intambara muri Sudan habayemo icyagaragaje ko bikigoye

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

by radiotv10
24/11/2025
0

In many homes, disagreements between parents often come from one simple but powerful source: the desire to raise children the...

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we Faustin Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, bagirana ibiganiro byagarutse ku mikoranire irimo...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu nama yo guhosha intambara muri Sudan habayemo icyagaragaje ko bikigoye

Mu nama yo guhosha intambara muri Sudan habayemo icyagaragaje ko bikigoye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.