Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru y’akababaro ku musirikare w’u Rwanda wari mu butumwa muri Centrafrique

radiotv10by radiotv10
11/07/2023
in MU RWANDA
0
Inkuru y’akababaro ku musirikare w’u Rwanda wari mu butumwa muri Centrafrique

Photo/Internet

Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare w’u Rwanda wari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA), yishwe n’igitero cy’abitwaje intwaro bagabye mu gace ko muri Perefegitura ya Haute-Kotto mu majyaruguru y’iki Gihugu.

Nk’uko tubikesha itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’ubu butumwa bwa MINUSCA, uyu musirikare w’u Rwanda yishwe kuri uyu wa Mbere tariki 10 Nyakanga, ubwo yari ku burinzi mu gace ko mu birometero 3 uvuye mu mujyi wa Sam-Ouandja.

MINUSCA itangaza ko abarwanyi batatu muri aba bitwaje intwaro bagabye iki gitero cyahitanye umusirikare w’u Rwanda, na bo bishwe, mu gihe undi umwe yafashwe mpiri.

Mu gace ka Sam-Ouandja, hari haherutse kongerwa ibikorwa by’umutekano kuko hari haherutse koherezwa abandi basirikare bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bari bahageze tariki 05 z’uku kwezi kwa Nyakanga, ndetse hanongerwa Abapolisi bari boherejwe muri uyu mujyi no mu bice biwukikije.

Ni nyuma y’uko tariki 04 Nyakanga hari habaye igitero n’ubundi cyari cyagabwe n’abitwaje intwaro cyahitanye ubuzima bwa bamwe, ariko izo nyeshyamba zari zakigabye zikaba zari zahise zihunga ubwo hongerwaga abasirikare.

Intumwa Yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri Centrafrique akaba anayoboye ubu butumwa bwa MINUSCA, Valentine Rugwabiza, yatangaje ko yamaganye ibikorwa nk’ibi by’abitwaje intwaro.

Yagize ati “Twamaganye bidasubirwaho iki gitero cyibasiye abasirikare b’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye kandi dushimira ubwitange bwa MINUSCA mu gushyira mu bikorwa inshingano zabo mu gucungira umutekano abasivile n’abayobozi ba Centrafrique.”

Rugwabiza kandi yashimiye “ubutabazi bwihuse bw’uburinzi bwakozwe n’abasirikare b’u Rwanda ubwo habaga iki gitero, bwabashije kwirukana inyeshyamba ndetse bukanacungira umutekano abaturage bo muri Sam-Ouandja.”

MINUSCA kandi yaboneyeho gusaba ubuyobozi bwa Centafricque gushyira imbaraga mu gutuma hamenyekana abagize uruhare muri iki gitero kugira ngo bazabiryozwe mu butabera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Umukoro wahawe urubyiruko ruba mu mahanga wumvikanamo inkuru nziza ku ruba mu Rwanda

Next Post

Mu nama yo guhosha intambara muri Sudan habayemo icyagaragaje ko bikigoye

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu nama yo guhosha intambara muri Sudan habayemo icyagaragaje ko bikigoye

Mu nama yo guhosha intambara muri Sudan habayemo icyagaragaje ko bikigoye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.