Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru y’incamugongo yatashye mu muryango wari mu myiteguro y’ubukwe

radiotv10by radiotv10
04/01/2025
in MU RWANDA
0
Inkuru y’incamugongo yatashye mu muryango wari mu myiteguro y’ubukwe

Photo/ Kigali Today

Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wo mu Karere ka Gakenke wakiriye inkuru y’akababaro y’urupfu rw’umwe muri bo, wazize impanuka ubwo yerecyezaga mu Karere ka Musanze ubwo yari mu myiteguro y’ubukwe bwa mushiki we.

Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Mutarama 2025, aho uyu mugabo witwa Mubano Alain yakoze impanuka ubwo yari atwaye moto ageze mu Mudugudu wa Muhororo, mu Kagari ka Muhororo ari mu myiteguro.

Amakuru avuga ko uyu mugabo yari ari mu ngendo z’imyiteguro y’ubukwe bwa mushiki we wari ufite ubukwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 Mutarama 2025.

Yagonzwe n’imodoka ya bisi ya kompanyi itwara abagenzi ya RITCO, ubwo yanyuraga ku yindi modoka y’ikamyo, agahita agongwa n’iyi yavaga i Musanze aho we yerecyezaga, agakomereka bikabije, akajyanwa kwa muganga ariko agahita yitaba Imana.

Abo mu muryango wa nyakwigendera bavuze ko yari agiye i Musanze ajyanye ibikoresho byari kuzifashishwa mu bukwe bwa mushiki we, ariko ko hivanzemo iyi nkuru y’akababaro.

Umwe muri bo, yavuze ko bari baramaze kwitegura. Ati “Amasaha yaburaga ngo bube, twayabariraga ku mitwe y’intoki, ibiribwa n’ibinyobwa twari twaramaze kubihaha. Abenshi bari bamaze gukatisha amatike y’imodoka, abandi bari mu nzira bajya aho ubukwe nyirizina bwari kubera i Kigali.”

Uyu wo mu muryango wa nyakwigendera, yakomeje agira ati “Aka kaga katugwiriye ntitwamenya uburyo tugasobanuramo, nawe wibaze gupfusha umuntu mu gihe haburaga amasaha ngo ubukwe, byongeye tutanamurwaje byibura n’umunsi umwe.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru SP Jean Bosco Mwiseneza, yemeje amakuru y’iyi mpanuka, avuga ko ubwo uyu mugabo wari kuri moto yagongwaga n’imodoka, yakomereste agahita ajyanwa kwa muganga. Ati “Ariko ku bw’amahirwe macye bahamugejeje ahita ashiramo umwuka.”

SP Jean Bosco Mwiseneza avuga ko nyuma y’iyi mpanuka, hahise hatangira gukorwa iperereza ku cyateye iyi mpanuka yahitanye uyu mugabo.

Yaboneyeho kugira inama abatwara ibinyabiziga, ati “Abatwara ibinyabiziga nibirinde inyuranaho ribera ahatemewe, birinde uburangare igihe cyose babitwaye kandi bakumire umuvuduko urengeje uwagenwe.”

Yanaabye kandi abantu kwirinda gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha kuko biri mu mpamvu ziteza impanuka zikunze kuba mu muhanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 8 =

Previous Post

Igisirikare cya Congo cyagaragaje ko kiteguye kuzagira inkomere nyinshi z’abasirikare

Next Post

Nyuma y’urugamba rw’amahina M23 yatangaje indi ntambwe yateye imbere ya FARDC na FDLR

Related Posts

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

IZIHERUKA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery
IMIBEREHO MYIZA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ukuri ku bivugwa ko M23 yamaze kuva Bunagana kubera ubwoba

Nyuma y’urugamba rw’amahina M23 yatangaje indi ntambwe yateye imbere ya FARDC na FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.