Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru y’incamugongo yatashye mu muryango wari mu myiteguro y’ubukwe

radiotv10by radiotv10
04/01/2025
in MU RWANDA
0
Inkuru y’incamugongo yatashye mu muryango wari mu myiteguro y’ubukwe

Photo/ Kigali Today

Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wo mu Karere ka Gakenke wakiriye inkuru y’akababaro y’urupfu rw’umwe muri bo, wazize impanuka ubwo yerecyezaga mu Karere ka Musanze ubwo yari mu myiteguro y’ubukwe bwa mushiki we.

Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Mutarama 2025, aho uyu mugabo witwa Mubano Alain yakoze impanuka ubwo yari atwaye moto ageze mu Mudugudu wa Muhororo, mu Kagari ka Muhororo ari mu myiteguro.

Amakuru avuga ko uyu mugabo yari ari mu ngendo z’imyiteguro y’ubukwe bwa mushiki we wari ufite ubukwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 Mutarama 2025.

Yagonzwe n’imodoka ya bisi ya kompanyi itwara abagenzi ya RITCO, ubwo yanyuraga ku yindi modoka y’ikamyo, agahita agongwa n’iyi yavaga i Musanze aho we yerecyezaga, agakomereka bikabije, akajyanwa kwa muganga ariko agahita yitaba Imana.

Abo mu muryango wa nyakwigendera bavuze ko yari agiye i Musanze ajyanye ibikoresho byari kuzifashishwa mu bukwe bwa mushiki we, ariko ko hivanzemo iyi nkuru y’akababaro.

Umwe muri bo, yavuze ko bari baramaze kwitegura. Ati “Amasaha yaburaga ngo bube, twayabariraga ku mitwe y’intoki, ibiribwa n’ibinyobwa twari twaramaze kubihaha. Abenshi bari bamaze gukatisha amatike y’imodoka, abandi bari mu nzira bajya aho ubukwe nyirizina bwari kubera i Kigali.”

Uyu wo mu muryango wa nyakwigendera, yakomeje agira ati “Aka kaga katugwiriye ntitwamenya uburyo tugasobanuramo, nawe wibaze gupfusha umuntu mu gihe haburaga amasaha ngo ubukwe, byongeye tutanamurwaje byibura n’umunsi umwe.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru SP Jean Bosco Mwiseneza, yemeje amakuru y’iyi mpanuka, avuga ko ubwo uyu mugabo wari kuri moto yagongwaga n’imodoka, yakomereste agahita ajyanwa kwa muganga. Ati “Ariko ku bw’amahirwe macye bahamugejeje ahita ashiramo umwuka.”

SP Jean Bosco Mwiseneza avuga ko nyuma y’iyi mpanuka, hahise hatangira gukorwa iperereza ku cyateye iyi mpanuka yahitanye uyu mugabo.

Yaboneyeho kugira inama abatwara ibinyabiziga, ati “Abatwara ibinyabiziga nibirinde inyuranaho ribera ahatemewe, birinde uburangare igihe cyose babitwaye kandi bakumire umuvuduko urengeje uwagenwe.”

Yanaabye kandi abantu kwirinda gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha kuko biri mu mpamvu ziteza impanuka zikunze kuba mu muhanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 3 =

Previous Post

Igisirikare cya Congo cyagaragaje ko kiteguye kuzagira inkomere nyinshi z’abasirikare

Next Post

Nyuma y’urugamba rw’amahina M23 yatangaje indi ntambwe yateye imbere ya FARDC na FDLR

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi
IMYIDAGADURO

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ukuri ku bivugwa ko M23 yamaze kuva Bunagana kubera ubwoba

Nyuma y’urugamba rw’amahina M23 yatangaje indi ntambwe yateye imbere ya FARDC na FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.