Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru y’incamugongo yatashye mu muryango wari mu myiteguro y’ubukwe

radiotv10by radiotv10
04/01/2025
in MU RWANDA
0
Inkuru y’incamugongo yatashye mu muryango wari mu myiteguro y’ubukwe

Photo/ Kigali Today

Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wo mu Karere ka Gakenke wakiriye inkuru y’akababaro y’urupfu rw’umwe muri bo, wazize impanuka ubwo yerecyezaga mu Karere ka Musanze ubwo yari mu myiteguro y’ubukwe bwa mushiki we.

Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Mutarama 2025, aho uyu mugabo witwa Mubano Alain yakoze impanuka ubwo yari atwaye moto ageze mu Mudugudu wa Muhororo, mu Kagari ka Muhororo ari mu myiteguro.

Amakuru avuga ko uyu mugabo yari ari mu ngendo z’imyiteguro y’ubukwe bwa mushiki we wari ufite ubukwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 Mutarama 2025.

Yagonzwe n’imodoka ya bisi ya kompanyi itwara abagenzi ya RITCO, ubwo yanyuraga ku yindi modoka y’ikamyo, agahita agongwa n’iyi yavaga i Musanze aho we yerecyezaga, agakomereka bikabije, akajyanwa kwa muganga ariko agahita yitaba Imana.

Abo mu muryango wa nyakwigendera bavuze ko yari agiye i Musanze ajyanye ibikoresho byari kuzifashishwa mu bukwe bwa mushiki we, ariko ko hivanzemo iyi nkuru y’akababaro.

Umwe muri bo, yavuze ko bari baramaze kwitegura. Ati “Amasaha yaburaga ngo bube, twayabariraga ku mitwe y’intoki, ibiribwa n’ibinyobwa twari twaramaze kubihaha. Abenshi bari bamaze gukatisha amatike y’imodoka, abandi bari mu nzira bajya aho ubukwe nyirizina bwari kubera i Kigali.”

Uyu wo mu muryango wa nyakwigendera, yakomeje agira ati “Aka kaga katugwiriye ntitwamenya uburyo tugasobanuramo, nawe wibaze gupfusha umuntu mu gihe haburaga amasaha ngo ubukwe, byongeye tutanamurwaje byibura n’umunsi umwe.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru SP Jean Bosco Mwiseneza, yemeje amakuru y’iyi mpanuka, avuga ko ubwo uyu mugabo wari kuri moto yagongwaga n’imodoka, yakomereste agahita ajyanwa kwa muganga. Ati “Ariko ku bw’amahirwe macye bahamugejeje ahita ashiramo umwuka.”

SP Jean Bosco Mwiseneza avuga ko nyuma y’iyi mpanuka, hahise hatangira gukorwa iperereza ku cyateye iyi mpanuka yahitanye uyu mugabo.

Yaboneyeho kugira inama abatwara ibinyabiziga, ati “Abatwara ibinyabiziga nibirinde inyuranaho ribera ahatemewe, birinde uburangare igihe cyose babitwaye kandi bakumire umuvuduko urengeje uwagenwe.”

Yanaabye kandi abantu kwirinda gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha kuko biri mu mpamvu ziteza impanuka zikunze kuba mu muhanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 9 =

Previous Post

Igisirikare cya Congo cyagaragaje ko kiteguye kuzagira inkomere nyinshi z’abasirikare

Next Post

Nyuma y’urugamba rw’amahina M23 yatangaje indi ntambwe yateye imbere ya FARDC na FDLR

Related Posts

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ukuri ku bivugwa ko M23 yamaze kuva Bunagana kubera ubwoba

Nyuma y’urugamba rw’amahina M23 yatangaje indi ntambwe yateye imbere ya FARDC na FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.