Tuesday, May 20, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inshingano z’ibanze z’Ingabo z’u Rwanda ntabwo ari ukurwana intambara- Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
04/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Inshingano z’ibanze z’Ingabo z’u Rwanda ntabwo ari ukurwana intambara- Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko inshingano za mbere z’ingabo z’u Rwanda atari ari ukurwana intambara, ahubwo ko ari ukurinda Abaturarwanda no kubaganisha ku iterambere.

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yabivuze kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Ugushyingo 2022 ubwo yayoboraga umuhango wo gusoza amasomo n’amahugurwa ku bofisiye bato binjiye mu ngabo z’u Rwanda, waberye i Gako mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare.

Umukuru w’u Rwanda yashimiye Ibihugu bitandukanye byahaye ubumenyi n’amahugurwa bamwe muri aba Bofisiye barahiriye rimwe na bagenzi babo barangirije muri iri shuri.

Yaboneyeho gushimira aba basore n’inkumi basoje amasomo n’imyitozo bya gisirikare bakaba bageze ku musozo ari na wo tangiriro ryo gushyira mu bikorwa inshingano zabo.

Yagize ati “Aba Bofisiye barangije amezi 12 y’amasomo n’imyitozi bikomeye, kandi kuba muri hano ni uko mwabyifashemo neza mukarangiza aya masomo neza. Mwavanyemo ubumenyi, mwavanyemo ubushobozi butandukanye bijyanye n’imbaraga n’imyifatire byiza.”

Yavuze ko ubumenyi n’imyitozo baherewe muri uru rugendo, bihagije ku buryo bizabashoboza kuzuza inshingano zabo zo kurinda umutekano w’Igihugu cyabo n’iterambere ryacyo.

Yagize ati “Ingabo z’u Rwanda n’abandi bose bashinzwe umutekano w’u Rwanda, icyo bivuze kujya muri uyu mwuga, ni ukurinda Abanyarwanda, Igihugu n’abagituye bose ndetse n’amajyambere tuganamo tunubaka.”

Yavuze ko intego nyamukuru yo kujya muri uyu mwuga, atari ukurwana intambara. Ati “Ntabwo dutangirira kumva ko Ingabo z’Igihugu muri uyu mwuga, ari izo kurwana Intambara. Ibyo biza hanyuma, ubundi icyo zishinzwe ni ukurinda umutekano, ni ukurinda amajyambere. Iyo ibyo bihungabanyijwe n’intambara, ubwo ni bwo ibyo bindi biza.”

Yagarutse kuri amwe mu masomo yagiye ahabwa bamwe mu basoje amasomo uyu munsi nk’ikoranabuhanga n’andi y’ubumenyi, avuga ko ari ayo kubaka Igihugu no kukiganisha ku iterambere ryifuzwa.

Ati “Abaza mu ngabo z’u Rwanda, bakwiye kumva ko baje ahantu hatanga ubumenyi butandukanye harimo n’ubwo kurinda Igihugu n’ibyo twubaka. Ndetse ubwo bumenyi bukoreshwa aho ari ho hose, mu Rwanda mu Gihugu cyacu, bukaba bwanakoreshwa no hanze dufatanyije n’Ibihugu by’inshuti.”

Ubumenyi buhabwa abinjira mu ngabo z’u Rwanda kandi bubafasha kuzuza inshingano zabo kandi zikarenga iz’Igihugu cyabo kuko hari n’abajya gutanga umusanzu mu Bihugu binyuranye.

Ati “Igisirikare cy’u Rwanda kiriga, kirahugurwa, kikagira ubumenyi ndetse buhanitse ku buryo n’iyo byabaye ngombwa ubwo bumenyi bw’ikoranabuhanga bukoreshwa no mu gihe ya mahoro atabonetse tuyaharanira ngo agaruke.”

Yavuze kandi ko muri ya ntego y’intambara iba amahitamo ya nyuma, na yo kuyirwana bisaba ubumenyi ariko bigahera no ku mutima wo gukunda Igihugu.

Yasezeranyije aba bofisiye bashya binjiye muri RDF ko Igihugu kiteguye kubakira ndetse no kuvana inyungu mu bumenyi n’amahugurwa bahawe, abasaba ko na bo ibyo bize bazabikorana imyitwarire myiza kuko ari yo musingi wo kuzuza inshingano zabo.

Perezida Kagame avuga ko Ingabo z’u Rwanda zifite ubumenyi n’ubushobozi buhagije bwo kurinda Abaturarwanda
Abasore n’inkumi bambitswe amapeti uyu munsi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Ian Kagame warangije amasomo ya gisirikare mu Bwongereza arambikwa ipeti rya RDF

Next Post

Kenyatta wayoboye Kenya yagiye mu Burundi ku mpamvu z’ibyo muri DRC

Related Posts

Uwabaye Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwari rwarashyiriweho u Rwanda yasuye Urwibutso rwa Gisozi

Uwabaye Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwari rwarashyiriweho u Rwanda yasuye Urwibutso rwa Gisozi

by radiotv10
20/05/2025
0

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga rwa Gambia, Hassan Bubacar Jallow wigeze kuba Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwari rwarashyiriweho u Rwanda (TPIR/ICTR)...

Uwagaragaye mu ‘buhanuzi’ bwumvikanamo ibisa nko guca igikuba yatawe muri yombi

Uwiyita Umuhanuzi mu Rwanda wigeze gutangaza ibyumvikanamo guca igikuba yatawe muri yombi ubugirakabiri

by radiotv10
20/05/2025
0

Nibishaka Theogene wiyita umuhanuzi wigeze gutabwa muri yombi nyuma yo gutangaza amagambo yumvikanamo guca igikuba, yongeye gutabwa muri yombi ku...

Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze

Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze

by radiotv10
20/05/2025
0

Arikiyepisikopi wa Kigali, Antoni Karidinali Kambanda ukubutse i Vatican kwa Papa mu mihango yo guherekeza Nyirubutungane Papa Francis uherutse kwitaba...

Icyo abaturage basabira umugabo wakoreye ibyumvikana nk’amarorerwa umwana w’umugore we

Icyo abaturage basabira umugabo wakoreye ibyumvikana nk’amarorerwa umwana w’umugore we

by radiotv10
20/05/2025
0

Abo mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe, barasaba ko umugabo uvugwaho kuba yarasambanyije umwana w'imyaka ibiri w’umugore we...

Umupadiri wiyemeje kwinjiza mu burezi abana bafite ubumuga bwo mu mutwe afite icyo asaba

Umupadiri wiyemeje kwinjiza mu burezi abana bafite ubumuga bwo mu mutwe afite icyo asaba

by radiotv10
20/05/2025
0

Umusasiridoti ukorera umurimo w’ubwiyeguriramana mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi anafite ikigo cy’Ishuri ayobora, watangije gahunda yo kwinjiza...

IZIHERUKA

Umuhanzi Nyarwanda umaze igihe adashyira hanze indirimbo azaniye abakunzi be agateye amatsiko
IBYAMAMARE

Umuhanzi Nyarwanda umaze igihe adashyira hanze indirimbo azaniye abakunzi be agateye amatsiko

by radiotv10
20/05/2025
0

Uwabaye Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwari rwarashyiriweho u Rwanda yasuye Urwibutso rwa Gisozi

Uwabaye Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwari rwarashyiriweho u Rwanda yasuye Urwibutso rwa Gisozi

20/05/2025
Uwagaragaye mu ‘buhanuzi’ bwumvikanamo ibisa nko guca igikuba yatawe muri yombi

Uwiyita Umuhanuzi mu Rwanda wigeze gutangaza ibyumvikanamo guca igikuba yatawe muri yombi ubugirakabiri

20/05/2025
Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

20/05/2025
Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze

Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze

20/05/2025
Icyo abaturage basabira umugabo wakoreye ibyumvikana nk’amarorerwa umwana w’umugore we

Icyo abaturage basabira umugabo wakoreye ibyumvikana nk’amarorerwa umwana w’umugore we

20/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenyatta wayoboye Kenya yagiye mu Burundi ku mpamvu z’ibyo muri DRC

Kenyatta wayoboye Kenya yagiye mu Burundi ku mpamvu z'ibyo muri DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umuhanzi Nyarwanda umaze igihe adashyira hanze indirimbo azaniye abakunzi be agateye amatsiko

Uwabaye Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwari rwarashyiriweho u Rwanda yasuye Urwibutso rwa Gisozi

Uwiyita Umuhanuzi mu Rwanda wigeze gutangaza ibyumvikanamo guca igikuba yatawe muri yombi ubugirakabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.