Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inshingano z’ibanze z’Ingabo z’u Rwanda ntabwo ari ukurwana intambara- Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
04/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Inshingano z’ibanze z’Ingabo z’u Rwanda ntabwo ari ukurwana intambara- Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko inshingano za mbere z’ingabo z’u Rwanda atari ari ukurwana intambara, ahubwo ko ari ukurinda Abaturarwanda no kubaganisha ku iterambere.

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yabivuze kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Ugushyingo 2022 ubwo yayoboraga umuhango wo gusoza amasomo n’amahugurwa ku bofisiye bato binjiye mu ngabo z’u Rwanda, waberye i Gako mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare.

Umukuru w’u Rwanda yashimiye Ibihugu bitandukanye byahaye ubumenyi n’amahugurwa bamwe muri aba Bofisiye barahiriye rimwe na bagenzi babo barangirije muri iri shuri.

Yaboneyeho gushimira aba basore n’inkumi basoje amasomo n’imyitozo bya gisirikare bakaba bageze ku musozo ari na wo tangiriro ryo gushyira mu bikorwa inshingano zabo.

Yagize ati “Aba Bofisiye barangije amezi 12 y’amasomo n’imyitozi bikomeye, kandi kuba muri hano ni uko mwabyifashemo neza mukarangiza aya masomo neza. Mwavanyemo ubumenyi, mwavanyemo ubushobozi butandukanye bijyanye n’imbaraga n’imyifatire byiza.”

Yavuze ko ubumenyi n’imyitozo baherewe muri uru rugendo, bihagije ku buryo bizabashoboza kuzuza inshingano zabo zo kurinda umutekano w’Igihugu cyabo n’iterambere ryacyo.

Yagize ati “Ingabo z’u Rwanda n’abandi bose bashinzwe umutekano w’u Rwanda, icyo bivuze kujya muri uyu mwuga, ni ukurinda Abanyarwanda, Igihugu n’abagituye bose ndetse n’amajyambere tuganamo tunubaka.”

Yavuze ko intego nyamukuru yo kujya muri uyu mwuga, atari ukurwana intambara. Ati “Ntabwo dutangirira kumva ko Ingabo z’Igihugu muri uyu mwuga, ari izo kurwana Intambara. Ibyo biza hanyuma, ubundi icyo zishinzwe ni ukurinda umutekano, ni ukurinda amajyambere. Iyo ibyo bihungabanyijwe n’intambara, ubwo ni bwo ibyo bindi biza.”

Yagarutse kuri amwe mu masomo yagiye ahabwa bamwe mu basoje amasomo uyu munsi nk’ikoranabuhanga n’andi y’ubumenyi, avuga ko ari ayo kubaka Igihugu no kukiganisha ku iterambere ryifuzwa.

Ati “Abaza mu ngabo z’u Rwanda, bakwiye kumva ko baje ahantu hatanga ubumenyi butandukanye harimo n’ubwo kurinda Igihugu n’ibyo twubaka. Ndetse ubwo bumenyi bukoreshwa aho ari ho hose, mu Rwanda mu Gihugu cyacu, bukaba bwanakoreshwa no hanze dufatanyije n’Ibihugu by’inshuti.”

Ubumenyi buhabwa abinjira mu ngabo z’u Rwanda kandi bubafasha kuzuza inshingano zabo kandi zikarenga iz’Igihugu cyabo kuko hari n’abajya gutanga umusanzu mu Bihugu binyuranye.

Ati “Igisirikare cy’u Rwanda kiriga, kirahugurwa, kikagira ubumenyi ndetse buhanitse ku buryo n’iyo byabaye ngombwa ubwo bumenyi bw’ikoranabuhanga bukoreshwa no mu gihe ya mahoro atabonetse tuyaharanira ngo agaruke.”

Yavuze kandi ko muri ya ntego y’intambara iba amahitamo ya nyuma, na yo kuyirwana bisaba ubumenyi ariko bigahera no ku mutima wo gukunda Igihugu.

Yasezeranyije aba bofisiye bashya binjiye muri RDF ko Igihugu kiteguye kubakira ndetse no kuvana inyungu mu bumenyi n’amahugurwa bahawe, abasaba ko na bo ibyo bize bazabikorana imyitwarire myiza kuko ari yo musingi wo kuzuza inshingano zabo.

Perezida Kagame avuga ko Ingabo z’u Rwanda zifite ubumenyi n’ubushobozi buhagije bwo kurinda Abaturarwanda
Abasore n’inkumi bambitswe amapeti uyu munsi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Ian Kagame warangije amasomo ya gisirikare mu Bwongereza arambikwa ipeti rya RDF

Next Post

Kenyatta wayoboye Kenya yagiye mu Burundi ku mpamvu z’ibyo muri DRC

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenyatta wayoboye Kenya yagiye mu Burundi ku mpamvu z’ibyo muri DRC

Kenyatta wayoboye Kenya yagiye mu Burundi ku mpamvu z'ibyo muri DRC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.