Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Intambara ya Ukraine n’u Burusiya yabaye nk’isonga umurwayi wari ukirembye- Umusesenguzi mu by’ubukungu

radiotv10by radiotv10
30/04/2022
in Uncategorized
0
Intambara ya Ukraine n’u Burusiya yabaye nk’isonga umurwayi wari ukirembye- Umusesenguzi mu by’ubukungu
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare mishya y’ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) irerekana ko 2022 izasiga ubukungu bw’u Rwanda buzamutse ku kigero cya 6,4% aho kuba 7,2% nk’uko byari biteganyijwe. Umusesenguzi avuga ko izi mpinduka zishinze imizi ku ntambara y’u Burusiya na Ukraine yaje isanga ubukungu n’ubundi bwari bwarazahajwe n’icyorezo cya COVID-19.

Iyi mibare kandi yerekana ko muri 2023, ubukungu bw’u Rwanda buzagera kuri 7,4% buvuye kuri 8% byari byitezwe.

Nyuma y’aho imibare y’ikigega mpuzamahanga cy’imari igaragaje ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamakuka kuri 0.8% ugereranyije n’imibare yari yitezwe, abahanga mu bukungu bagaragaje impamvu y’izi mpinduka.

Aganira na RADIOTV10, Dr Fidele Mutembelezi usanwe ari umwarimu w’ibijyanye  n’ubukungu muri kaminuza, yagize ati “Iriya ntambara [iy’u Burusiya na Ukraine] yaje isa n’ishaka…Ni nk’uko umuntu yaba yarakomeretse umuntu akaza akongeramo ingumu mu gisebe kandi n’ubukungu bwari butarajya mu buryo.”

Iyi nzobere mu bijyanye n’ubukungu avuga ko iyi ntambara yaje isanga ubukungu bw’Isi bumaze kuzahazwa n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 ku buryo yabaye nk’ihuhura uwari umurwayi.

Ati “Ubukungu ntabwo ari ibintu biri automatique [byikora ako kanya] ntabwo ari ugukanda bouton ngo ibintu bigere ku rwego nka rwa rundi rwa mbere ya COVID-19.”

Dr Mutembelezi avuga ko hari abantu benshi bari baratakaje akazi kubera icyorezo cya COVID-19, ndetse n’ibikorwa byari byarahagaze byatumye abantu bagira ubushobozi bucye bwo guhaha noneho biza guhumira ku mirari ubwo ibiciro byahise bitumbagira ku masoko kubera ikibazo cy’intambara.

 

Mu kuzahura ubukungu hari ikirengagijwe

Goverinoma y’u Rwanda yashyizeho ikigega nzahurabukungu ndetse ko ubu kirimo gushakirwa amafaranga ku buryo cyagera kuri miliyari 350 Frw.

Mu mpera ya 2020, iki kigega cyari cyutangiranye miliyari 100 Frw ariko 1/2 cyayo yahawe amahoteli, nyuma yo kugaragaza igihombo cya 30% batewe n’ingaruka za covid19.

Dr Mutembere avuga ko nubwo imikorere y’iki kigega na yo hari ikirengagijwe.

Yagize ati “Ikigaragara ntabwo bihagije, bfite icyo bifasha ariko ntabwo ari ku rugero rukenewe ntabwo bigera kuri benshi, nka kiriya kigega nzahurabukungu kireberera abantu bakomakomeye ni ukuvuga amahoteli n’iki n’iki ariko nk’abafite ubucuruzi buciriritse [SMEs] ntabwo gipfa kubageraho kandi ni bo bantu benshi cyane muri uru rwego bahuye n’ibibazo bikomeye cyane.”

Uyu musesenguzi atangaje ibi mu gihe mu Rwanda hakomeje kugaragara itumbagira ry’ibiciro ku isoko aho muri Gashyantare 2022 byazamutseho 5,8% mu gihe muri Mutarama byazamutseho 4.3%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + sixteen =

Previous Post

Uko mwitera ibirungo mu maso munabitera Igihugu cyanyu- Lieutenant Arielle abwira ba Nyampinga

Next Post

IFOTO Y’UMUNSI: Minisitiri Gatabazi mu ikote na Cravate abyina ikinimba n’intore

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO Y’UMUNSI: Minisitiri Gatabazi mu ikote na Cravate abyina ikinimba n’intore

IFOTO Y'UMUNSI: Minisitiri Gatabazi mu ikote na Cravate abyina ikinimba n’intore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.