Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Intambara ya Ukraine n’u Burusiya yabaye nk’isonga umurwayi wari ukirembye- Umusesenguzi mu by’ubukungu

radiotv10by radiotv10
30/04/2022
in Uncategorized
0
Intambara ya Ukraine n’u Burusiya yabaye nk’isonga umurwayi wari ukirembye- Umusesenguzi mu by’ubukungu
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare mishya y’ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) irerekana ko 2022 izasiga ubukungu bw’u Rwanda buzamutse ku kigero cya 6,4% aho kuba 7,2% nk’uko byari biteganyijwe. Umusesenguzi avuga ko izi mpinduka zishinze imizi ku ntambara y’u Burusiya na Ukraine yaje isanga ubukungu n’ubundi bwari bwarazahajwe n’icyorezo cya COVID-19.

Iyi mibare kandi yerekana ko muri 2023, ubukungu bw’u Rwanda buzagera kuri 7,4% buvuye kuri 8% byari byitezwe.

Nyuma y’aho imibare y’ikigega mpuzamahanga cy’imari igaragaje ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamakuka kuri 0.8% ugereranyije n’imibare yari yitezwe, abahanga mu bukungu bagaragaje impamvu y’izi mpinduka.

Aganira na RADIOTV10, Dr Fidele Mutembelezi usanwe ari umwarimu w’ibijyanye  n’ubukungu muri kaminuza, yagize ati “Iriya ntambara [iy’u Burusiya na Ukraine] yaje isa n’ishaka…Ni nk’uko umuntu yaba yarakomeretse umuntu akaza akongeramo ingumu mu gisebe kandi n’ubukungu bwari butarajya mu buryo.”

Iyi nzobere mu bijyanye n’ubukungu avuga ko iyi ntambara yaje isanga ubukungu bw’Isi bumaze kuzahazwa n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 ku buryo yabaye nk’ihuhura uwari umurwayi.

Ati “Ubukungu ntabwo ari ibintu biri automatique [byikora ako kanya] ntabwo ari ugukanda bouton ngo ibintu bigere ku rwego nka rwa rundi rwa mbere ya COVID-19.”

Dr Mutembelezi avuga ko hari abantu benshi bari baratakaje akazi kubera icyorezo cya COVID-19, ndetse n’ibikorwa byari byarahagaze byatumye abantu bagira ubushobozi bucye bwo guhaha noneho biza guhumira ku mirari ubwo ibiciro byahise bitumbagira ku masoko kubera ikibazo cy’intambara.

 

Mu kuzahura ubukungu hari ikirengagijwe

Goverinoma y’u Rwanda yashyizeho ikigega nzahurabukungu ndetse ko ubu kirimo gushakirwa amafaranga ku buryo cyagera kuri miliyari 350 Frw.

Mu mpera ya 2020, iki kigega cyari cyutangiranye miliyari 100 Frw ariko 1/2 cyayo yahawe amahoteli, nyuma yo kugaragaza igihombo cya 30% batewe n’ingaruka za covid19.

Dr Mutembere avuga ko nubwo imikorere y’iki kigega na yo hari ikirengagijwe.

Yagize ati “Ikigaragara ntabwo bihagije, bfite icyo bifasha ariko ntabwo ari ku rugero rukenewe ntabwo bigera kuri benshi, nka kiriya kigega nzahurabukungu kireberera abantu bakomakomeye ni ukuvuga amahoteli n’iki n’iki ariko nk’abafite ubucuruzi buciriritse [SMEs] ntabwo gipfa kubageraho kandi ni bo bantu benshi cyane muri uru rwego bahuye n’ibibazo bikomeye cyane.”

Uyu musesenguzi atangaje ibi mu gihe mu Rwanda hakomeje kugaragara itumbagira ry’ibiciro ku isoko aho muri Gashyantare 2022 byazamutseho 5,8% mu gihe muri Mutarama byazamutseho 4.3%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 4 =

Previous Post

Uko mwitera ibirungo mu maso munabitera Igihugu cyanyu- Lieutenant Arielle abwira ba Nyampinga

Next Post

IFOTO Y’UMUNSI: Minisitiri Gatabazi mu ikote na Cravate abyina ikinimba n’intore

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP
MU RWANDA

Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO Y’UMUNSI: Minisitiri Gatabazi mu ikote na Cravate abyina ikinimba n’intore

IFOTO Y'UMUNSI: Minisitiri Gatabazi mu ikote na Cravate abyina ikinimba n’intore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.