Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Internet yahinduriye ubuzima benshi mu gihe cya COVID-19, uburyo igiye gukoresha nyuma y’icyorezo

radiotv10by radiotv10
03/12/2021
in MU RWANDA
0
Internet yahinduriye ubuzima benshi mu gihe cya COVID-19, uburyo igiye gukoresha nyuma y’icyorezo
Share on FacebookShare on Twitter

Inama yiga ku mikoreshereze ya Interineti mu Rwanda yateraniye i Kigali, yiga uburyo bwo kuvugurura serivisi za Interineti nk’uburyo bufasha rubanda guhorana amakuru y’ibyo bakeneye, ariko no gutekereza uko barinda abana bakoresha Interineti.

 

Abari bahagarariye inzego za Guverinoma ndetse n’inzobere mu by’ikoranabuhanga, batanze ikiganiro, basangije abandi amasomo n’ubumenyi bungutse muri iki gihe cy’icyorezo cya Covid-19, mu bijyanye no guha serivisi abaturage, ariko banaganira ku kibazo cy’umutekano w’abana bakoresha Interineti.

 

Iradukunda Yves, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, yavuze ko u Rwanda rwateye intambwe ikomeye mu kugira serivisi zitangirwa kuri interineti, ariko icyorezo cya Covid-19 ngo cyagaragaje ko hakiri urugendo rurerure.

 

Yagize ati “Hari serivisi nyinshi ubu zitangirwa kuri interineti by’umwihariko ku ‘Irembo’, ariko ntituragera aho twifuza, kuri serivisi zisaga ijana zizajya zitangirwa kuri interineti. Haracyari ibikeneye gukorwa kugira ngo abantu bamenye iby’izo serivisi zitangirwa kuri interineti ”.

 

Iradukunda avuga ko akazi gakurikiyeho kazasaba u Rwanda kugira ubufatanye butandukanye bugamije kugira serivisi zitangirwa kuri interineti muri Kigali zigezwe no ku batuye mu bice by’icyaro.

 

Yagize ati “Turashaka ko abantu bamenya iby’izo serivisi zitangirwa kuri interineti kuko hari nyinshi. Twe nka Guverinoma tubona ko inyinshi muri izo serivisi ziri muri Kigali gusa, ariko turashaka ko zigera no mu bice by’icyaro dufatanyije na sosiyete n’abafatanyabikorwa batandukanye bakora muri urwo rwego”.

 

Ingabire Grace, Umuyobozi mukuru w’ikigo gihagarariye abakoresha Ikoranabuhanga mu Rwanda (Rwanda Internet Community and Technology Alliance – RICTA), yavuze ko icyorezo cya Covid-19 cyatumye Abanyarwanda bamenya ko interineti idakenewe mu buzima bw’umuntu ku giti cye gusa, ahubwo ko ikenewe no mu kazi umuntu akora, iyo ngo akaba ari yo mpamvu hakwiye kuganirwa uburyo bwiza bwo kurinda abakoresha interineti.

 

Muri iyo nama hagaragajwe uruhare ikoranabuhanga ryagize mu rwego rwo koroshya itumanaho mu nzego z’ubuzima, mu burezi, muri serivisi z’ubucuruzi mu gihe cy’icyorezo, kuko ryafasha abantu kugabanya ingendo zitari ngombwa.

 

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera, wari imbere mu bashinzwe kureba iyubahirizwa ry’amabwiriza ya Guverinoma ajyanye no kwirinda Covid-19, avuga ko amakuru anyuze kuri interineti yagize uruhare rukomeye kandi ko nka Polisi bashoboye kugera ku baturage benshi binyuze kuri interineti.

 

CP Kabera yavuze ko Abanyarwanda bari mu gihugu n’abari hanze yacyo, bakomezaga kubona amakuru yerekeye igihugu cyabo, bitabaye ngombwa ko bajya kuri televiziyo cyangwa Radio, akabona rero ngo ari byiza ko interineti yakomeza gukoreshwa mu rwego rwo kugera ku bantu benshi mu gihugu no hanze.

CP Kabera ati “Interineti yatumye dushobora kugera ku baturage benshi aho bari hose, tugasangira amakuru, ibitekerezo n’ibyifuzo. Interineti ni ikintu gikomeye, na nyuma y’icyorezo cya Covid-19, dukwiye kureba uko yakoreshwa neza nk’imwe mu nzira z’itumanaho”.

Ibyo byavuzwe muri iyo nama kandi binemezwa n’umubare w’abagura telefoni n’abakoresha interineti wazamutse nk’uko bigaragazwa n’imibare itangwa n’Urwego Ngenzuramikorere (RURA).

 

Gahungu James, umuyobozi ushinzwe ibyerekeranye n’ikoranabuhanga muri RURA, avuga ko uko kwiyongera kw’abakoresha interineti, bijyana no kuba ihari, intambwe ikurikiraho rero, isaba kumenya kugenzura imikoreshereze y’iyo interineti, kumenyekanisha uko ikoreshwa, kuko hasanzwe hariho amategeko agenga ibijyanye n’amakuru yo kuri interineti no kurinda ibanga ry’abayikoresha.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Sena yutumije Minisitiri w’Intebe ngo agasobanura iby’umusaruro woherezwa hanze

Next Post

Mwaramutse ? Koffi  Olomide … Yaramukije abanyarwanda abizeza ibidasanzwe mu gitiramo cye

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mwaramutse ? Koffi  Olomide … Yaramukije abanyarwanda abizeza ibidasanzwe mu gitiramo cye

Mwaramutse ? Koffi  Olomide … Yaramukije abanyarwanda abizeza ibidasanzwe mu gitiramo cye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.