Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Internet yahinduriye ubuzima benshi mu gihe cya COVID-19, uburyo igiye gukoresha nyuma y’icyorezo

radiotv10by radiotv10
03/12/2021
in MU RWANDA
0
Internet yahinduriye ubuzima benshi mu gihe cya COVID-19, uburyo igiye gukoresha nyuma y’icyorezo
Share on FacebookShare on Twitter

Inama yiga ku mikoreshereze ya Interineti mu Rwanda yateraniye i Kigali, yiga uburyo bwo kuvugurura serivisi za Interineti nk’uburyo bufasha rubanda guhorana amakuru y’ibyo bakeneye, ariko no gutekereza uko barinda abana bakoresha Interineti.

 

Abari bahagarariye inzego za Guverinoma ndetse n’inzobere mu by’ikoranabuhanga, batanze ikiganiro, basangije abandi amasomo n’ubumenyi bungutse muri iki gihe cy’icyorezo cya Covid-19, mu bijyanye no guha serivisi abaturage, ariko banaganira ku kibazo cy’umutekano w’abana bakoresha Interineti.

 

Iradukunda Yves, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, yavuze ko u Rwanda rwateye intambwe ikomeye mu kugira serivisi zitangirwa kuri interineti, ariko icyorezo cya Covid-19 ngo cyagaragaje ko hakiri urugendo rurerure.

 

Yagize ati “Hari serivisi nyinshi ubu zitangirwa kuri interineti by’umwihariko ku ‘Irembo’, ariko ntituragera aho twifuza, kuri serivisi zisaga ijana zizajya zitangirwa kuri interineti. Haracyari ibikeneye gukorwa kugira ngo abantu bamenye iby’izo serivisi zitangirwa kuri interineti ”.

 

Iradukunda avuga ko akazi gakurikiyeho kazasaba u Rwanda kugira ubufatanye butandukanye bugamije kugira serivisi zitangirwa kuri interineti muri Kigali zigezwe no ku batuye mu bice by’icyaro.

 

Yagize ati “Turashaka ko abantu bamenya iby’izo serivisi zitangirwa kuri interineti kuko hari nyinshi. Twe nka Guverinoma tubona ko inyinshi muri izo serivisi ziri muri Kigali gusa, ariko turashaka ko zigera no mu bice by’icyaro dufatanyije na sosiyete n’abafatanyabikorwa batandukanye bakora muri urwo rwego”.

 

Ingabire Grace, Umuyobozi mukuru w’ikigo gihagarariye abakoresha Ikoranabuhanga mu Rwanda (Rwanda Internet Community and Technology Alliance – RICTA), yavuze ko icyorezo cya Covid-19 cyatumye Abanyarwanda bamenya ko interineti idakenewe mu buzima bw’umuntu ku giti cye gusa, ahubwo ko ikenewe no mu kazi umuntu akora, iyo ngo akaba ari yo mpamvu hakwiye kuganirwa uburyo bwiza bwo kurinda abakoresha interineti.

 

Muri iyo nama hagaragajwe uruhare ikoranabuhanga ryagize mu rwego rwo koroshya itumanaho mu nzego z’ubuzima, mu burezi, muri serivisi z’ubucuruzi mu gihe cy’icyorezo, kuko ryafasha abantu kugabanya ingendo zitari ngombwa.

 

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera, wari imbere mu bashinzwe kureba iyubahirizwa ry’amabwiriza ya Guverinoma ajyanye no kwirinda Covid-19, avuga ko amakuru anyuze kuri interineti yagize uruhare rukomeye kandi ko nka Polisi bashoboye kugera ku baturage benshi binyuze kuri interineti.

 

CP Kabera yavuze ko Abanyarwanda bari mu gihugu n’abari hanze yacyo, bakomezaga kubona amakuru yerekeye igihugu cyabo, bitabaye ngombwa ko bajya kuri televiziyo cyangwa Radio, akabona rero ngo ari byiza ko interineti yakomeza gukoreshwa mu rwego rwo kugera ku bantu benshi mu gihugu no hanze.

CP Kabera ati “Interineti yatumye dushobora kugera ku baturage benshi aho bari hose, tugasangira amakuru, ibitekerezo n’ibyifuzo. Interineti ni ikintu gikomeye, na nyuma y’icyorezo cya Covid-19, dukwiye kureba uko yakoreshwa neza nk’imwe mu nzira z’itumanaho”.

Ibyo byavuzwe muri iyo nama kandi binemezwa n’umubare w’abagura telefoni n’abakoresha interineti wazamutse nk’uko bigaragazwa n’imibare itangwa n’Urwego Ngenzuramikorere (RURA).

 

Gahungu James, umuyobozi ushinzwe ibyerekeranye n’ikoranabuhanga muri RURA, avuga ko uko kwiyongera kw’abakoresha interineti, bijyana no kuba ihari, intambwe ikurikiraho rero, isaba kumenya kugenzura imikoreshereze y’iyo interineti, kumenyekanisha uko ikoreshwa, kuko hasanzwe hariho amategeko agenga ibijyanye n’amakuru yo kuri interineti no kurinda ibanga ry’abayikoresha.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Sena yutumije Minisitiri w’Intebe ngo agasobanura iby’umusaruro woherezwa hanze

Next Post

Mwaramutse ? Koffi  Olomide … Yaramukije abanyarwanda abizeza ibidasanzwe mu gitiramo cye

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mwaramutse ? Koffi  Olomide … Yaramukije abanyarwanda abizeza ibidasanzwe mu gitiramo cye

Mwaramutse ? Koffi  Olomide … Yaramukije abanyarwanda abizeza ibidasanzwe mu gitiramo cye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.