Tuesday, March 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

radiotv10by radiotv10
17/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America zatumiye intumwa z’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ngo zongere zihurire mu biganiro biteganyijwe muri iki cyumweru.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Jeune Afrique, avuga ko “intumwa zizoherezwa na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa DRC, zitegerejwe i Washington.”

Iki kinyamakuru kiratangaza ko ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump bwatumiye izi ntumwa zihagarariye ibi Bihugu byombi (u Rwanda na DRC) nyuma y’ibyumweru umwuka mubi wongeye gututumba mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abahaye amakuru iki kinyamakuru, bemeza ko intumwa z’ibi Bihugu zigomba guhurira i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za America muri iki cyumweru, mu biganiro bizabera muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga.

Abatanze amakuru kandi bavuga hazabanza kuba ibiganiro hagati y’Ibihugu byombi, binagirwemo uruhare n’abahuza ba Leta Zunze Ubumwe za America.

Ni ibiganiro bigiye kuba nyuma y’amezi atatu n’igice hasinywe Amasezerano y’Amahoro, yashyizweho umukono na Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi bari kumwe na Perezida Donald Trump tariki 04 Ukuboza 2025.

Nyuma y’aya masezerano, ibintu mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byakomeje kuba bibi, ndetse imirwano yarakomeje, aho uruhande rwa Leta ya Kinshasa rwongereye imbaraga mu bitero rugaba mu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bahanganye.

Nyuma y’ariya masezerano kandi, Guverinoma y’u Rwanda yakunze kugaragaza uburyo ubutegetsi bwa DRC bwakomeje kuyarengaho, kuko bwakomeje gukorana n’Umutwe w’iterabwoba wa FDLR, mu gihe aya masezerano yasabaga kiriya Gihugu gusenya uyu mutwe.

DRC kandi yarushijeho gukoresha abacancuro b’abanyamahanga, barimo abayobora ibitero by’indege zitagira abapilote bikomeje koreka imbaga mu burasirazuba bwa Congo, bihitana inzirakarengane z’abasivile, birimo n’igiherutse kugabwa mu Mujyi wa Goma cyahitanye abarimo umukozi w’Umuryango w’Abibumbye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 5 =

Previous Post

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

Related Posts

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

by radiotv10
17/03/2026
0

Bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda batangiye urugendo mu Bihugu bigize Umuryango w’Ibikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF) bashyikiriza Abakuru babyo ubutumwa...

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

by radiotv10
17/03/2026
0

Mu Mudugudu wa Gakoni, Akagali ka Karama  mu Murenge wa Ruhashya mu Karere ka Huye;  haravugwa urugomo rwakozwe n’abantu bakekwaho...

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

by radiotv10
16/03/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, zidashobora gukomeza inshingano...

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

by radiotv10
16/03/2026
0

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi mu gusana ibikorwa byangijwe n’ibiza, bagarutse i Kigali...

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

by radiotv10
16/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Equity Bank Rwanda, bwatangaje ko bwamenye amakuru y’ibikorwa by’uburiganya bwageragejwe gukorwa muri sisitemu y’iyi banki ubwo habagaho ihererekanya...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro
MU RWANDA

Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

by radiotv10
17/03/2026
0

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

17/03/2026
Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

17/03/2026
U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

16/03/2026
Haravugwa gushwanyaguza indege y’uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’aho umuhungu we wamusimbuye aherereye

Haravugwa gushwanyaguza indege y’uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’aho umuhungu we wamusimbuye aherereye

16/03/2026
Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

16/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.