• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

radiotv10by radiotv10
16/03/2026
in MU RWANDA
0
Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi mu gusana ibikorwa byangijwe n’ibiza, bagarutse i Kigali barangije inshingano zabo nyuma y’amezi abiri.

Aba basirikare 100 bageze ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe kuri uyu wa Mbere tariki 16 Werurwe 2026, bari bamaze amezi abiri mu Gihugu cya Jamaica.

Ubwo bageraga i Kigali ku Kibuga cy’Indege, bakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, Major General Alex Kagame, ari kumwe n’abandi basirikare bakuru muri RDF.

Major General Alex Kagame, mu izina ry’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, bashimiye aba basirikare ku kazi gakomeye, ubwitange no gutunganya neza inshingano zari zabajyanye bakoranye umwete n’ikinyabupfura byo ku rwego rwo hejuru.

Yababwiye ko nubwo bari bafite abayobozi bari babayoboye, bitari kubabuza guteshukwa ku nshingano zari zibajyanye, ariko ko bitwaye neza.

Ati “Ntabwo bareba mu mitima yanyu, ni nk’uko tuyobora Ingabo, ukaba uziyobora ziri he na hehe ariko wa muco wa RDF, za ndangagaciro nababwiraga zarabaranze pe. Ubwitange, ubushishozi, discipline [ikinyabupfura], gukorera hamwe,…ntakintu na kimwe twigeze tubumvaho mu gihe cy’amezi abiri mumazeyo.”

Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, Major General Alex Kagame kandi yibukije aba basirikare ko yaba bo ndetse n’abandi bose mu Ngabo z’u Rwanda, bagomba gukomeza kuranwa n’ikinyabupfura n’ubwitange mu nshingano zabo, zirimo n’iz’ubutumwa bundi bakoherezwamo.

Aba basirikare bari bahagurutse mu Rwanda tariki 14 Mutarama 2026, bakigera muri Jamaica, bahise batangira inshingano zo gusana ibikorwa remezo byangijwe n’inkubi y’umuyaga yiswe Hurricane Melissa.

Mu gihe cy’amezi abiri, iri tsinda ry’inzobere mu bwubatsi muri RDF, rifatanyije n’abo mu Ngabo za Jamaica (JDF), bakoze ibikorwa binyuranye birimo gusana inzu 62, ndetse no kubaka ibyumba by’inyongera by’amashuri no gukora neza inzu y’abana bafite ubumuga.

Mbere yo kugaruka mu Rwanda, mu cyumweru gishize, Umujyanama mu bya gisirikare mu biro by’Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Col Deo Mutabazi akaba anahagarariye inyungu z’Ingabo (Defence Attaché) z’u Rwanda muri Jamaica; yasuye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica amushyikiriza ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda General Mubarakh Muganga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + seven =

Previous Post

Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma

Next Post

Haravugwa gushwanyaguza indege y’uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’aho umuhungu we wamusimbuye aherereye

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Haravugwa gushwanyaguza indege y’uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’aho umuhungu we wamusimbuye aherereye

Haravugwa gushwanyaguza indege y’uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’aho umuhungu we wamusimbuye aherereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.