Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

radiotv10by radiotv10
16/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, zidashobora gukomeza inshingano mu gihe zakomeza gushyirwa ku nkeke, ku buryo bikomeje zagahagarika rukanakurirwaho inkunga y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, rwazicyura.

Minisitiri Nduhungirehe atangaje ibi nyuma yuko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi utangaje ko ugiye guhagarika gutera inkunga ubu butumwa bw’Ingabo z’u Rwanda.

Nyuma yuko hatangajwe ibi, umuryango mpuzamahanga wazamuye igitutu cyinshi, ukomeza kunenga izi Ngabo z’u Rwanda, mu gihe bizwi ko zakoze akazi gakomeye mu Ntara ya Cabo Delgado, aho zarwanyije ibikorwa by’iterabwoba, zikirukana ibyihebe byari byarayogoje kariya gace.

Nyuma yuko izi Ngabo zigaruye umutekano muri biriya bice byari byarazengerejwe n’ibikorwa by’iterabwoba, abaturage bari baravuye mu byabo, babisubiyemo, ndetse n’ibikorwa by’amajyambere byari byarahagaze birasubukurwa.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, mu butumwa yatanze nyuma y’impaka zazamutse, yavuze ko u Rwanda rudashobora kwihanganira ibi bikorwa byo gukomeza kunenga Ingabo zarwo nyamara zikomeje gukora ibyari byarananiranye.

Yagize ati “Twibukije ko ingabo z’u Rwanda mu gukora ako kazi zikorera igihugu cya Mozambique, abaturage ndetse n’Umuryano Mpuzamahanga muri rusange ufite na za sosiyete zikora ishoramari hariya, ko izo ngabo zidashobora gukora ako kazi zinengwa buri kanya, zifatirwa ibihano, zihozwa ku nkeke. Ibyo ngibyo ntabwo bishobora gukomeza.”

Yakomeje agira ati “Ni yo mpamvu twibukije yuko u Rwanda ruzakomeza akazi karwo rwasabwe inkunga ruhabwa nikomeza gutangwa ariko iyi nkunga nihagarikwa, birumvikana ko tuzava muri Mozambique hanyuma ibyo Bihugu bigashaka ikindi Gihugu cyangwa izindi ngabo zikora ako kazi.”

U Rwanda rwatanze amafaranga menshi runapfusha abasirikare

Minisitiri Olivier Nduhungirehe kandi yavuze ko u Rwanda rwohereje ingabo muri Mozambique muri Nyakanga 2021, nyuma yo kubisabwa na kiriya Gihugu cyari kirwizeyeho ubunararibonye mu kugarura amahoro aho yabuze.

Yavuze ko kuva Ingabo z’u Rwanda zagera i Cabo Delgado zakoze akazi gakomeye “ku buryo abaturage b’abasivile basubiye mu ngo zabo, abanyeshuri basubiye ku ishuri, ubucuruzi bwarasubukuwe, ndetse n’ishoramari rikomeye mu bya Gaz na ryo ryarasubukuye.”

Yavuze ko ibyo byakozwe ku bufatanye bw’Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique, ku nkunga y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ariko ko inkunga y’u Rwanda ari yo yari nyinshi muri buriya butumwa bw’Ingabo zarwo.

Ati “Twibukije ko u Rwanda na rwo rwatanze inkunga ikomeye. Rwatanze amafaranga menshi akubye inshuro cumi ayo tubona y’Umuryango w’u Burayi Bwunze Ubumwe ndetse tukaba twaranatakaje n’abasirikare biciwe ku rugamba kugira ngo kariya karere gahabwe ituze.”

Nduhungirehe avuga ko ibyo byose u Rwanda rwabikoze mu nyungu z’Abanya-Mozambique, ndetse n’Umuryango Mpuzamahanga ufite ishoramari muri kariya gace, bityo ko rudashobora kwihanganira ibyo bikorwa byo kunenga Ingabo zarwo, na biriya byose rwemeye guhara, birimo n’ubuzima bw’abana b’u Rwanda bameneye amaraso ku rugamba rwo guhashya ibyihebe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Haravugwa gushwanyaguza indege y’uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’aho umuhungu we wamusimbuye aherereye

Next Post

Are Women Really More Caring Than Men?

Related Posts

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

IZIHERUKA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
MU RWANDA

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Are Women Really More Caring Than Men?

Are Women Really More Caring Than Men?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.