• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

radiotv10by radiotv10
16/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, zidashobora gukomeza inshingano mu gihe zakomeza gushyirwa ku nkeke, ku buryo bikomeje zagahagarika rukanakurirwaho inkunga y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, rwazicyura.

Minisitiri Nduhungirehe atangaje ibi nyuma yuko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi utangaje ko ugiye guhagarika gutera inkunga ubu butumwa bw’Ingabo z’u Rwanda.

Nyuma yuko hatangajwe ibi, umuryango mpuzamahanga wazamuye igitutu cyinshi, ukomeza kunenga izi Ngabo z’u Rwanda, mu gihe bizwi ko zakoze akazi gakomeye mu Ntara ya Cabo Delgado, aho zarwanyije ibikorwa by’iterabwoba, zikirukana ibyihebe byari byarayogoje kariya gace.

Nyuma yuko izi Ngabo zigaruye umutekano muri biriya bice byari byarazengerejwe n’ibikorwa by’iterabwoba, abaturage bari baravuye mu byabo, babisubiyemo, ndetse n’ibikorwa by’amajyambere byari byarahagaze birasubukurwa.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, mu butumwa yatanze nyuma y’impaka zazamutse, yavuze ko u Rwanda rudashobora kwihanganira ibi bikorwa byo gukomeza kunenga Ingabo zarwo nyamara zikomeje gukora ibyari byarananiranye.

Yagize ati “Twibukije ko ingabo z’u Rwanda mu gukora ako kazi zikorera igihugu cya Mozambique, abaturage ndetse n’Umuryano Mpuzamahanga muri rusange ufite na za sosiyete zikora ishoramari hariya, ko izo ngabo zidashobora gukora ako kazi zinengwa buri kanya, zifatirwa ibihano, zihozwa ku nkeke. Ibyo ngibyo ntabwo bishobora gukomeza.”

Yakomeje agira ati “Ni yo mpamvu twibukije yuko u Rwanda ruzakomeza akazi karwo rwasabwe inkunga ruhabwa nikomeza gutangwa ariko iyi nkunga nihagarikwa, birumvikana ko tuzava muri Mozambique hanyuma ibyo Bihugu bigashaka ikindi Gihugu cyangwa izindi ngabo zikora ako kazi.”

U Rwanda rwatanze amafaranga menshi runapfusha abasirikare

Minisitiri Olivier Nduhungirehe kandi yavuze ko u Rwanda rwohereje ingabo muri Mozambique muri Nyakanga 2021, nyuma yo kubisabwa na kiriya Gihugu cyari kirwizeyeho ubunararibonye mu kugarura amahoro aho yabuze.

Yavuze ko kuva Ingabo z’u Rwanda zagera i Cabo Delgado zakoze akazi gakomeye “ku buryo abaturage b’abasivile basubiye mu ngo zabo, abanyeshuri basubiye ku ishuri, ubucuruzi bwarasubukuwe, ndetse n’ishoramari rikomeye mu bya Gaz na ryo ryarasubukuye.”

Yavuze ko ibyo byakozwe ku bufatanye bw’Ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique, ku nkunga y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ariko ko inkunga y’u Rwanda ari yo yari nyinshi muri buriya butumwa bw’Ingabo zarwo.

Ati “Twibukije ko u Rwanda na rwo rwatanze inkunga ikomeye. Rwatanze amafaranga menshi akubye inshuro cumi ayo tubona y’Umuryango w’u Burayi Bwunze Ubumwe ndetse tukaba twaranatakaje n’abasirikare biciwe ku rugamba kugira ngo kariya karere gahabwe ituze.”

Nduhungirehe avuga ko ibyo byose u Rwanda rwabikoze mu nyungu z’Abanya-Mozambique, ndetse n’Umuryango Mpuzamahanga ufite ishoramari muri kariya gace, bityo ko rudashobora kwihanganira ibyo bikorwa byo kunenga Ingabo zarwo, na biriya byose rwemeye guhara, birimo n’ubuzima bw’abana b’u Rwanda bameneye amaraso ku rugamba rwo guhashya ibyihebe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − sixteen =

Previous Post

Haravugwa gushwanyaguza indege y’uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’aho umuhungu we wamusimbuye aherereye

Next Post

Are Women Really More Caring Than Men?

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Are Women Really More Caring Than Men?

Are Women Really More Caring Than Men?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.