• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Intumwa z’u Rwanda na DRCongo zongeye guhurira muri America

radiotv10by radiotv10
01/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Intumwa z’u Rwanda na DRCongo zongeye guhurira muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ry’Intumwa z’u Rwanda n’iry’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zahuriye muri Leta Zunze Ubumwe za America mu biganiro bya nyuma bigamije imikoranire mu by’ubukungu.

Byatangajwe na Massad Boulos, Umujyanama Mukuru wa Perezida Donald Trump ku bijyanye na Afurika, mu butumwa yatanze mu gitondo cyo kuri uyu wa 01 Ukwakira 2025.

Mu butumwa bwe, Massad Boulos yagize ati “Muri iki gitondo, nakiriye intumwa ziturutse muri DRC no mu Rwanda kugira ngo zigirane ibiganiro bya nyuma kuri Regional Economic Integration Framework (REIF)-[Imikoranire mu by’ubukungu].”

Massad Boulos akomeza agaragaza inzego zizibandwaho mu mikoranire hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse n’umusaruro byitezwemo.

Ati “Guteza imbere imikoranire hagati y’ibi Bihugu byombi mu ngufu, ibikorwa remezo, mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, mu buzima, ubukerarugendo n’ubucuruzi, bizazanira amahirwe iterambere ry’ubukungu, guhanga imirimo no kubasha kubona serivisi z’ingenzi.”

Uyu Mujyanama Mukuru wa America mu bijyanye n’Umugabane wa Afurika, yavuze kandi ko iyi mikoranire izwi nka REIF, izanazanira amahirwe mu guteza imbere amahoro ndetse n’izindi nyungu amamiliyoni y’abaturage bo mu karere k’Ibiyaga Bigari, ndetse inatange umusanzu mu kubaka amahoro arambye n’iterambere rihuriweho.

Ibi biganiro bihuje u Rwanda na DRC, bibaye nyuma y’amezi atatu ibi Bihugu byombi binashyize umukono ku masezerano y’amahoro yashyiriweho umukono i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za America, arimo n’ingingo irebana n’imikoranire mu bukungu.

Massad Boulos yatangaje ko yakiriye intumwa z’u Rwanda na DRC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 9 =

Previous Post

Bavuga ko abantu bataramenyekana bagiye kubateza ubukene nyamara bariyushye akuya

Next Post

Uko u Rwanda rwiteguye kujya kugaragariza Isi uburyo rwubahiriza Uburenganzira bwa Muntu

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Uko u Rwanda rwiteguye kujya kugaragariza Isi uburyo rwubahiriza Uburenganzira bwa Muntu

Uko u Rwanda rwiteguye kujya kugaragariza Isi uburyo rwubahiriza Uburenganzira bwa Muntu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.