Inzego z’umutekano zaharukiye ikibazo cy’umukinnyi ukomeye i Burayi washimutiwe umubyeyi

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Inzego z’umutekano muri Columbia zashyizeho ingamba zihariye zo gushakisha umubyeyi wa rutahizamu wa Liverpool Luis Diaz washimuswe n’abataramenyekana.

Uyu mugabo witwa Luis Manuel yashimutanywe n’umugore witwa Cilenia Marulanda, bakaba barashimuswe n’abagabo bitwaje intwaro mu majyaruguru ya Columbia, gusa umugore we akaba yarabonetse ku wa Gatandatu mu gace kitwa Barrancas.

Izindi Nkuru

Itsinda ry’abasirikare n’abapolisi bo muri Columbia bakomeje igikorwa gikomeye cyo gushaka Papa wa Luis Diaz kuko ataraboneka kugera ubu ndetse n’icyizere cyo kumubona gikomeje gikendera.

Kugeza ubu hashyizweho asaga ibihumbi 40 by’amayero ku muntu watanga amakuru yafasha inzego z’umutekano mu kuba bagarura uyu mugabo washimuswe.

Kuri iki cyumweru ubwo Liverpool yatsindaga Nottingham Forest ibitego 3-0, Luis Diaz ntiyigize agaragara muri uyu mukino kubera ibi bibazo afite by’umuryango.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru