Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inzozi bari bafite z’abo bifuza kuzavamo bakomeye bazizamuye ku rundi rwego

radiotv10by radiotv10
17/04/2025
in MU RWANDA
0
Inzozi bari bafite z’abo bifuza kuzavamo bakomeye bazizamuye ku rundi rwego
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyeshuri b’abahanga bitabiriye amarushanwa abahuza ku rwego rw’Igihugu mu bijyanye n’ubumenyi mu by’imibare, nyuma yuko babonye urwego bariho, barushijeho kwiyumvamo kuzakora ibirenze ibyo batekereza, barimo uwifuzaga kuzaba umupilote, ubu wifuza kuzavamo ukora indege.

Aya marushanwa yabanje kwitabirwa n’abanyeshuri babarirwa mu bihumbi 50, yaje gusigaramo abanyeshuri 60 bageze ku cyiciro cya nyuma cy’aya marushanwa ku rwego rw’Igihugu.

Aba banyeshuri bageze mu cyiciro cya nyuma cy’aya mahugurwa, bari bamaze iminsi umunani bahugurirwa mu Mujyi wa Kigali, aho bahawe ubumenyi ku bijyanye n’ikoranabuhanda rya mudasobwa, imibare, ndetse n’Ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano AI.

Abanyeshuri babaye aba mbere ku rwego rw’Igihugu, bahabwa ibihembo birimo kwiga ku buntu mu kigo cy’ikoranabuhanga mu by’imibare cyo ku rwego mpuzamahanga.

Mu banyeshuri 60 bahize abandi, ni bo bakuyemo bacye muri buri cyiciro, mu mibare, informatique na AI, aho baziga ishuri rya AOA (African Olympiad Academy) ryigamo abahanga baturutse mu Bihugu bitandukanye bya Africa.

Keza Sonia wiga mu mwaka wa kane mu ishuri rya ‘Gashora Girls’ wari mu cyiciro cy’abo mu mibare wanatsindiye kuzajya kwiga muri iri shuri, avuga ko yari asanzwe akora amarushanwa mu mibare kuko akiga mu cyiciro rusange yabaye uwa mbere ku rwego rw’Igihugu anaba uwa mbere muri Africa y’Iburasirazuba.

Yagize ati “Ibintu by’amarushanwa mu mibare ndabimenyereye kuko nkiga mu cyiciro rusange nabaye uwa mbere mu Gihugu, nyuma bampitamo kujya guhararira u Rwanda mu marushanwa y’imibire muri Africa y’Ibursirazuba na ho mba uwa mbere rero hano ntabwo byangoye.”

Avuga ko nyuma yuko yabonye aya mahirwe akomeye yo kwiga mu ishuri ryigisha abahanga ku rwego mpuzamahanga, inzozi ze zahise zihinduka.

Ati “Kuva mbere niga Physics nashakaga kuba umupilote, mpitamo ibyo nziga mu wa kane nahisemo PCM menya n’iby’iri shuri inzozi zarahindutse ubu ndashaka gukora indege.”

Arub Shanmuganthan, umwe mu bahagarariye aya marushanwa, yavuze ko aba banyeshuri bamaze iminsi mu mahugurwa ari abahanga bavuye mu Gihugu hose mu bigo 900 mu banyeshuri ibihumbi 50.

Ati “Nyuma y’amarushanwa bakoze twakuyemo 60 b’abahanga kurusha abandi tumaze iminsi tubahugura gukemura ibibazo mu buryo bwinshi butandukanye, twatoranyijemo nanone abahanga tuzashyira mu ishuri rizatangira muri Kamena.”

Yavuze ko bareba abana b’abahanga ku Isi hose bakabigisha bakabohereza muri za kaminuza zikomeye ku Isi kuko amashuri makuru yubaha abana batsinda muri aya amarushanwa ndetse mu myaka ine ishize bafite barindwi babonye ayo mahirwe.

Aya marushanwa aba buri mwaka mu Bihugu bitandukanye byo muri Africa, aho umwaka ushize yakozwe muri Afurika y’Epfo, uyu mwaka akorerwa mu Rwanda no muri Bostwana.

Aba banyeshuri bamaze iminsi bahugurwa
Banahawe ibihembo

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 13 =

Previous Post

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Arsenal nyuma yo gusezerera R.Madrid iyisubiriye

Next Post

Ahazwi mu mateka y’urugamba rwo Kwibohora hatangiye gutangirwa amasomo ahabwa abasirikare bakuru

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ahazwi mu mateka y’urugamba rwo Kwibohora hatangiye gutangirwa amasomo ahabwa abasirikare bakuru

Ahazwi mu mateka y’urugamba rwo Kwibohora hatangiye gutangirwa amasomo ahabwa abasirikare bakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.