Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inzozi bari bafite z’abo bifuza kuzavamo bakomeye bazizamuye ku rundi rwego

radiotv10by radiotv10
17/04/2025
in MU RWANDA
0
Inzozi bari bafite z’abo bifuza kuzavamo bakomeye bazizamuye ku rundi rwego
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyeshuri b’abahanga bitabiriye amarushanwa abahuza ku rwego rw’Igihugu mu bijyanye n’ubumenyi mu by’imibare, nyuma yuko babonye urwego bariho, barushijeho kwiyumvamo kuzakora ibirenze ibyo batekereza, barimo uwifuzaga kuzaba umupilote, ubu wifuza kuzavamo ukora indege.

Aya marushanwa yabanje kwitabirwa n’abanyeshuri babarirwa mu bihumbi 50, yaje gusigaramo abanyeshuri 60 bageze ku cyiciro cya nyuma cy’aya marushanwa ku rwego rw’Igihugu.

Aba banyeshuri bageze mu cyiciro cya nyuma cy’aya mahugurwa, bari bamaze iminsi umunani bahugurirwa mu Mujyi wa Kigali, aho bahawe ubumenyi ku bijyanye n’ikoranabuhanda rya mudasobwa, imibare, ndetse n’Ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano AI.

Abanyeshuri babaye aba mbere ku rwego rw’Igihugu, bahabwa ibihembo birimo kwiga ku buntu mu kigo cy’ikoranabuhanga mu by’imibare cyo ku rwego mpuzamahanga.

Mu banyeshuri 60 bahize abandi, ni bo bakuyemo bacye muri buri cyiciro, mu mibare, informatique na AI, aho baziga ishuri rya AOA (African Olympiad Academy) ryigamo abahanga baturutse mu Bihugu bitandukanye bya Africa.

Keza Sonia wiga mu mwaka wa kane mu ishuri rya ‘Gashora Girls’ wari mu cyiciro cy’abo mu mibare wanatsindiye kuzajya kwiga muri iri shuri, avuga ko yari asanzwe akora amarushanwa mu mibare kuko akiga mu cyiciro rusange yabaye uwa mbere ku rwego rw’Igihugu anaba uwa mbere muri Africa y’Iburasirazuba.

Yagize ati “Ibintu by’amarushanwa mu mibare ndabimenyereye kuko nkiga mu cyiciro rusange nabaye uwa mbere mu Gihugu, nyuma bampitamo kujya guhararira u Rwanda mu marushanwa y’imibire muri Africa y’Ibursirazuba na ho mba uwa mbere rero hano ntabwo byangoye.”

Avuga ko nyuma yuko yabonye aya mahirwe akomeye yo kwiga mu ishuri ryigisha abahanga ku rwego mpuzamahanga, inzozi ze zahise zihinduka.

Ati “Kuva mbere niga Physics nashakaga kuba umupilote, mpitamo ibyo nziga mu wa kane nahisemo PCM menya n’iby’iri shuri inzozi zarahindutse ubu ndashaka gukora indege.”

Arub Shanmuganthan, umwe mu bahagarariye aya marushanwa, yavuze ko aba banyeshuri bamaze iminsi mu mahugurwa ari abahanga bavuye mu Gihugu hose mu bigo 900 mu banyeshuri ibihumbi 50.

Ati “Nyuma y’amarushanwa bakoze twakuyemo 60 b’abahanga kurusha abandi tumaze iminsi tubahugura gukemura ibibazo mu buryo bwinshi butandukanye, twatoranyijemo nanone abahanga tuzashyira mu ishuri rizatangira muri Kamena.”

Yavuze ko bareba abana b’abahanga ku Isi hose bakabigisha bakabohereza muri za kaminuza zikomeye ku Isi kuko amashuri makuru yubaha abana batsinda muri aya amarushanwa ndetse mu myaka ine ishize bafite barindwi babonye ayo mahirwe.

Aya marushanwa aba buri mwaka mu Bihugu bitandukanye byo muri Africa, aho umwaka ushize yakozwe muri Afurika y’Epfo, uyu mwaka akorerwa mu Rwanda no muri Bostwana.

Aba banyeshuri bamaze iminsi bahugurwa
Banahawe ibihembo

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Arsenal nyuma yo gusezerera R.Madrid iyisubiriye

Next Post

Ahazwi mu mateka y’urugamba rwo Kwibohora hatangiye gutangirwa amasomo ahabwa abasirikare bakuru

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ahazwi mu mateka y’urugamba rwo Kwibohora hatangiye gutangirwa amasomo ahabwa abasirikare bakuru

Ahazwi mu mateka y’urugamba rwo Kwibohora hatangiye gutangirwa amasomo ahabwa abasirikare bakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.