Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inzu bubakiwe zigeze ahateye agahinda kandi ngo ntacyo babikoraho, ubuyobozi bwo bubibona ukundi

radiotv10by radiotv10
22/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inzu bubakiwe zigeze ahateye agahinda kandi ngo ntacyo babikoraho, ubuyobozi bwo bubibona ukundi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batishoboye bubakiwe inzu mu Murenge wa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko bamwe zaguye, abandi zenda kubagwa hejuru, kandi bakaba badafite ubushobozi bwo kuzisanira, mu gihe ubuyobozi buvuga ko harimo abafite ubushobozi bwo kuba bagira icyo bakora.

Aba baturage batujwe mu nzu zubatswe mu Muduhudu w’Ihema mu Kagari ka Rubona, bavuga ko zaguye kuko zubatswe mu buryo busondetse ku buryo zashaje vuba, nyamara ubuzima babayemo bukaba butabemerera kuba bazisanira.

Umwe muri bo w’umukecuru uvuga ko yaguweho n’ubwiherero bw’inzu yubakiwe, avuga ko uretse ubwiherero, n’inzu yari yubakiwe yaguye. Ati “Njye nawuguyemo umusarane. Inzu ikibazo na yo yaraguye.”

Aba baturage bavuga ko n’abakiri muri izi nzu, bararana ubwoba kuko baba bumva isaha n’isaha zabagwaho bikaba byabagira ingaruka ndetse ku buryo hari n’abo byatwarira ubuzima.

Undi ati “Ni ibinonko gusa byaratumaze, birashaka no kutumarira abana. Umuntu yajya kuryama akaryama mu binonko byaguye, yaba agiye kurya ibyo kurya ibinonko bikaba byuzuye mu isahani.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Gatsibo ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Sekanyange Jean Leonard; yabwiye RADIOTV10 ko aba baturage barimo abafite ubushobozi bwo kuba bakwisanira, ku buryo badakwiye gutegereza ko ubuyobozi bubibakorera. Yagize ati “Birasaba ko tubegera imyumvire ikazamuka.”

Sekanyange avuga ko Ubuyobozi buzafasha abo bigaragara ko bakwiye gufashwa, nk’abageze mu zabukuru. Ati “Ariko abafite ubushobozi, ndavuga imbaraga z’amaboko, ntabwo bakwiye kujya bategereza ko ubuyobozi ari bwo buza kubasanira inzu.”

Bamwe baracyazibamo ariko bafite ubwoba

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Cyera kabaye Perezida wa America yashyize yemera ibyo amaze igihe asabwa

Next Post

Rubavu: Uko abayobozi bahuye n’uruva gusenya ubwo bajyaga gusenyera abaturage bubatse binyuranyije n’amategeko

Related Posts

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

IZIHERUKA

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial
MU RWANDA

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Uko abayobozi bahuye n’uruva gusenya ubwo bajyaga gusenyera abaturage bubatse binyuranyije n’amategeko

Rubavu: Uko abayobozi bahuye n’uruva gusenya ubwo bajyaga gusenyera abaturage bubatse binyuranyije n’amategeko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.