Tuesday, February 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

radiotv10by radiotv10
17/02/2026
in Uncategorized
0
Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za America, anahura n’abanyacyubahiro n’ibyamamare binyuranye, bitabiriye ibi birori.

Ni umukino wabereye i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za America, muri weekend ishize mu nzu y’imikino ya Intuit Dome, wanabereyemo ibirori binogeye ijisho.

Uyu mukino usanzwe uhuza abakinnyi b’imena muri Basketball muri America, wahuje amakipe abiri, ari yo USA Stars na USA Stripes, warangiye ikipe ya USA Stars itsinze amanota 47-21 USA Stripes.

Perezida Kagame kandi yaboneyeho kubonana n’abantu batandukanye, barimo abafite imyanya y’ubuyobozi mu bikorwa bya siporo, nka Steve Ballmer nyiri ikipe ya Los Angeles Clippers isanzwe inakorana n’u Rwanda muri gahunda ya Visit Rwanda, kuva muri Nzeri umwaka ushize wa 2025.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda bitangaza ko Perezida Kagame na Steve Ballmer “Ibiganiro byabo byagarutse ku ntambwe ishimishije y’umubano hagati y’u Rwanda na NBA irimo imikorenire yatangiye umwaka ushize hagati ya Clippers na Visit Rwanda.”

Perezida Kagame kandi ubwo yitabiraga uyu mukino, yanabonye n’abandi bafite amazina azwi bari baje kuwureba, barimo Igikomangoma cy’Ubwami bw’u Bwongereza, Prince Harry n’umugore we Meghan Markle.

Umukuru w’u Rwanda kandi yanabonanye n’umuhanzi w’Umunya-Kenya Bien-Aimé Baraza wahoze mu itsinda Souti Sol, ukunze kugaragaza ko yishimira Perezida Paul Kagame ku bw’imiyoborere ye ireba kure.

Mu butumwa bugaragaza ibyishimo yatewe no guhura na Perezida Kagame, Bien-Aimé Baraza yagize ati “Igihe cyose nishimira Nyakubahwa Perezida. Warakoze kudufungurira imiryango twese. Komeza guhabwa umugisha.”

Uyu mukino wa All-Star Game kandi wanarebwe na Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’abandi banyacyubahiro baturutse mu bice binyuranye by’Isi.

Perezida Kagame na Prince Harry n’umugore we Meghan Markle
Yanahuye na Bien-Aimé Baraza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + two =

Previous Post

Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%

Related Posts

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

IZIHERUKA

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare
Uncategorized

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%

Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%

16/02/2026
Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

16/02/2026
Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

16/02/2026
Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

16/02/2026
Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

16/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.