Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Irindi shuri mu Rwanda ryibasiwe n’inkongi nyuma y’iminsi itatu habaye indi yanahitanye umunyeshuri

radiotv10by radiotv10
24/01/2024
in MU RWANDA
0
Irindi shuri mu Rwanda ryibasiwe n’inkongi nyuma y’iminsi itatu habaye indi yanahitanye umunyeshuri
Share on FacebookShare on Twitter

Inyubako isanzwe iraramo abanyeshuri b’abahungu mu ishuri riherereye mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, yibasiwe n’inkongi, nyuma y’iminsi itatu ishuri ryo mu Karere ka Gakenke na ryo ryibasiwe n’inkongi na yo yafashe icumbi ry’abahugu ikanahitana umwana umwe.

Inkongi y’umuriro yibasiye aya macumbi y’ishuri ryisumbiye rya Gahima AGAPE mu Karere ka Ngoma, yadutse ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Mutarama 2024.

Iyi nkongi yatangiye saa kumi n’ebyiri ubwo abanyeshuri bari mu gikorwa cyo gusubiramo amasomo mu mashuri yabo ku buryo nta munyeshuri wari muri iri cumbi ryibasiwe n’inkongi.

Amakuru y’iyi nkongi yibasiye amacumbi y’abanyeshuri, yemejwe n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Ngoma ushinzwe Ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque.

Yavuze ko iyi nkongi yangije ibikoresho byose byari muri iyi nyubako, birimo ibiryamirwa nka matela n’amashuka, ndetse n’ibindi byose byari birimo.

Yagize ati “Ibikoresho byabo harimo ibiryamirwa n’ibitanda birashya, nubwo hari bicye byabashije kuvamo.”

Mapambano yavuze ko abanyeshuri bararaga muri iyi nyubako yahiye, bashakiwe aho baba bacumbitse, ndetse n’ibyo baba bifashisha mu kubona uko baryama kuko ibyabo byakongotse.

Yavuze ko imodoka izimya umuriro yahageze isanga iyi nyubako yahiye yakongotse, irawuzimya kugira ngo uyu muriro udafata izindi nyubako byegeranye.

Uyu muyobozi yavuze ko nubwo hatangiye gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye iyi nkongi, hakekwa ibibazo by’amashanyarazi, ndetse ko Sosiyete y’Igihugu y’ingufu REG yaje kubigenzura.

Iyi nkongi ibaye nyuma y’iminsi itatu hari irindi shuri ryo mu Rwanda ryibasiwe n’inkongi y’umuriro, yo ikanahitana ubuzima bw’umunyeshuri umwe.

Iyi nkongi yabaye ku wa Gatandatu tariki 20 Mutarama 2024, mu ishuri rya EAV Rushashi TSS ryo mu Karere ka Gakenke.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − thirteen =

Previous Post

Haravugwa icyagaruye rutahizamu Shabalala mu Rwanda nyuma y’amezi 6 agiye gukina muri Libya

Next Post

Ibishya bitegerejwe mu iserukiramuco rigiye kubera mu Rwanda ku nshuro ya kabiri

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibishya bitegerejwe mu iserukiramuco rigiye kubera mu Rwanda ku nshuro ya kabiri

Ibishya bitegerejwe mu iserukiramuco rigiye kubera mu Rwanda ku nshuro ya kabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.