• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Irindi shuri mu Rwanda ryibasiwe n’inkongi nyuma y’iminsi itatu habaye indi yanahitanye umunyeshuri

radiotv10by radiotv10
24/01/2024
in MU RWANDA
0
Irindi shuri mu Rwanda ryibasiwe n’inkongi nyuma y’iminsi itatu habaye indi yanahitanye umunyeshuri
Share on FacebookShare on Twitter

Inyubako isanzwe iraramo abanyeshuri b’abahungu mu ishuri riherereye mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, yibasiwe n’inkongi, nyuma y’iminsi itatu ishuri ryo mu Karere ka Gakenke na ryo ryibasiwe n’inkongi na yo yafashe icumbi ry’abahugu ikanahitana umwana umwe.

Inkongi y’umuriro yibasiye aya macumbi y’ishuri ryisumbiye rya Gahima AGAPE mu Karere ka Ngoma, yadutse ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Mutarama 2024.

Iyi nkongi yatangiye saa kumi n’ebyiri ubwo abanyeshuri bari mu gikorwa cyo gusubiramo amasomo mu mashuri yabo ku buryo nta munyeshuri wari muri iri cumbi ryibasiwe n’inkongi.

Amakuru y’iyi nkongi yibasiye amacumbi y’abanyeshuri, yemejwe n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Ngoma ushinzwe Ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque.

Yavuze ko iyi nkongi yangije ibikoresho byose byari muri iyi nyubako, birimo ibiryamirwa nka matela n’amashuka, ndetse n’ibindi byose byari birimo.

Yagize ati “Ibikoresho byabo harimo ibiryamirwa n’ibitanda birashya, nubwo hari bicye byabashije kuvamo.”

Mapambano yavuze ko abanyeshuri bararaga muri iyi nyubako yahiye, bashakiwe aho baba bacumbitse, ndetse n’ibyo baba bifashisha mu kubona uko baryama kuko ibyabo byakongotse.

Yavuze ko imodoka izimya umuriro yahageze isanga iyi nyubako yahiye yakongotse, irawuzimya kugira ngo uyu muriro udafata izindi nyubako byegeranye.

Uyu muyobozi yavuze ko nubwo hatangiye gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye iyi nkongi, hakekwa ibibazo by’amashanyarazi, ndetse ko Sosiyete y’Igihugu y’ingufu REG yaje kubigenzura.

Iyi nkongi ibaye nyuma y’iminsi itatu hari irindi shuri ryo mu Rwanda ryibasiwe n’inkongi y’umuriro, yo ikanahitana ubuzima bw’umunyeshuri umwe.

Iyi nkongi yabaye ku wa Gatandatu tariki 20 Mutarama 2024, mu ishuri rya EAV Rushashi TSS ryo mu Karere ka Gakenke.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Haravugwa icyagaruye rutahizamu Shabalala mu Rwanda nyuma y’amezi 6 agiye gukina muri Libya

Next Post

Ibishya bitegerejwe mu iserukiramuco rigiye kubera mu Rwanda ku nshuro ya kabiri

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Ibishya bitegerejwe mu iserukiramuco rigiye kubera mu Rwanda ku nshuro ya kabiri

Ibishya bitegerejwe mu iserukiramuco rigiye kubera mu Rwanda ku nshuro ya kabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.