Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Irindi shuri mu Rwanda ryibasiwe n’inkongi nyuma y’iminsi itatu habaye indi yanahitanye umunyeshuri

radiotv10by radiotv10
24/01/2024
in MU RWANDA
0
Irindi shuri mu Rwanda ryibasiwe n’inkongi nyuma y’iminsi itatu habaye indi yanahitanye umunyeshuri
Share on FacebookShare on Twitter

Inyubako isanzwe iraramo abanyeshuri b’abahungu mu ishuri riherereye mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, yibasiwe n’inkongi, nyuma y’iminsi itatu ishuri ryo mu Karere ka Gakenke na ryo ryibasiwe n’inkongi na yo yafashe icumbi ry’abahugu ikanahitana umwana umwe.

Inkongi y’umuriro yibasiye aya macumbi y’ishuri ryisumbiye rya Gahima AGAPE mu Karere ka Ngoma, yadutse ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Mutarama 2024.

Iyi nkongi yatangiye saa kumi n’ebyiri ubwo abanyeshuri bari mu gikorwa cyo gusubiramo amasomo mu mashuri yabo ku buryo nta munyeshuri wari muri iri cumbi ryibasiwe n’inkongi.

Amakuru y’iyi nkongi yibasiye amacumbi y’abanyeshuri, yemejwe n’Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Ngoma ushinzwe Ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque.

Yavuze ko iyi nkongi yangije ibikoresho byose byari muri iyi nyubako, birimo ibiryamirwa nka matela n’amashuka, ndetse n’ibindi byose byari birimo.

Yagize ati “Ibikoresho byabo harimo ibiryamirwa n’ibitanda birashya, nubwo hari bicye byabashije kuvamo.”

Mapambano yavuze ko abanyeshuri bararaga muri iyi nyubako yahiye, bashakiwe aho baba bacumbitse, ndetse n’ibyo baba bifashisha mu kubona uko baryama kuko ibyabo byakongotse.

Yavuze ko imodoka izimya umuriro yahageze isanga iyi nyubako yahiye yakongotse, irawuzimya kugira ngo uyu muriro udafata izindi nyubako byegeranye.

Uyu muyobozi yavuze ko nubwo hatangiye gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye iyi nkongi, hakekwa ibibazo by’amashanyarazi, ndetse ko Sosiyete y’Igihugu y’ingufu REG yaje kubigenzura.

Iyi nkongi ibaye nyuma y’iminsi itatu hari irindi shuri ryo mu Rwanda ryibasiwe n’inkongi y’umuriro, yo ikanahitana ubuzima bw’umunyeshuri umwe.

Iyi nkongi yabaye ku wa Gatandatu tariki 20 Mutarama 2024, mu ishuri rya EAV Rushashi TSS ryo mu Karere ka Gakenke.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Haravugwa icyagaruye rutahizamu Shabalala mu Rwanda nyuma y’amezi 6 agiye gukina muri Libya

Next Post

Ibishya bitegerejwe mu iserukiramuco rigiye kubera mu Rwanda ku nshuro ya kabiri

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

IZIHERUKA

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri
AMAHANGA

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibishya bitegerejwe mu iserukiramuco rigiye kubera mu Rwanda ku nshuro ya kabiri

Ibishya bitegerejwe mu iserukiramuco rigiye kubera mu Rwanda ku nshuro ya kabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.