Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Isesengura: Imiterere y’ikibazo cya rurangiranwa wa ruhago gikomeje kuba inkuru ishyushye

radiotv10by radiotv10
27/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Isesengura: Imiterere y’ikibazo cya rurangiranwa wa ruhago gikomeje kuba inkuru ishyushye
Share on FacebookShare on Twitter

Kylian Mbappe, umwe mu bakinnyi bayoboye ruhago y’Isi, ariko ubu ukomeje kuvugwa mu bibazo n’ikipe ye ya Paris Saint Germain. Iby’ibi bibazo turabigarukaho birambuye muri iyi nyandiko.

Kuva muri Kamena uyu mwaka 2023, Kylian Mbappe yatangiye gukorogana n’ikipe ya Paris Saint Germain, mu gihe yari amaze umwaka umwe gusa yongereye amasezerano yongewe muri 2022.

 

Ese Mbappe yapfuye iki na PSG?

Muri 2022 ubwo Kylian Mbappe yongeraga amasezerano muri PSG, yemereye iyi kipe gusinya imyaka 2, ndetse n’umwe yagombaga kongera ku bushake bwe.

Uyu musore w’Umufaransa yemeye gutera umugongo ikipe ya Real Madrid yari yizeye kumusinyisha muri 2022. Usibye amafaranga menshi yahawe na PSG, yanahawe ijambo ku mishinga y’iyi kipe y’i Paris.

Igitekerezo cya mbere cya Mbappe cyari ukugurisha Neymar Junior, akava muri iyi kipe, ndetse na buri mwaka w’imikino wabaga ugiye gutangira akiri muri iyi kipe agahabwa agahimbazamusyi ka milliyoni 60 Euro buri tariki 01 Kanama.

Nyuma y’uko Neymar atagurishijwe, Mbappe yabaye nk’uwo PSG igambaniye, ahitamo kuyandikira ayibwira ko atakibongereye wa mwaka, ahubwo we nasoza uwa kabiri yasinye azahita agendera ubuntu aho ashaka hose.

PSG ubu ntikozwa ko Mbappe yagendera ubuntu, na Mbappe ntakozwa kongerera amasezerano ikipe ya PSG afata nk’abagambanyi.

Ku rundi ruhande, PSG yifuza ko mu gihe Mbappe yaba atongereye amasezerano, yagurishwa muri iyi mpeshyi ya 2023.

Mu gihe MBAPPE yagendera ubuntu, byatuma PSG igwa mu gihombo cya milliyoni 180 Euro, bityo ikaba yafatirwa ibihano na UEFA kubera kwica amahame azwi nka Financial fair play.

 

Ese Hari Amakipe yifuza Mbappe?

Ku isonga hari ikipe ya Al Hilal yo muri Arabie Saudite yifuza gusinyisha Mbappe amasezerano y’umwaka umwe bakamuhemba Miliyoni 700 Pounds, bakamugura Miliyoni 300 muri PSG.

Ikinyamakuru l’Equipe cyo kivuga ko ikipe ya Real Madrid izaza muri iyi nkundura mu minsi ya nyuma kugira ngo imubonere macye.

Gusa, nubwo PSG ubu yamaze gukura Mbappe mu ikipe iri gukina imikino yo kwitegura umwaka w’imikino, mu gihe byagera Tariki 01 Nzeri 2023 ataragaruka mu ikipe, yemerewe kuyirega bagahita basesa amasezerano.

Wasili UWIZEYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Gitifu uvugwaho guhemukira abaturage yasabwe ibimugoye yikoreza ba Mudugudu umutwaro utavugwaho rumwe

Next Post

Icyemezo giherekejwe n’ikiniga cy’umukinnyi wari umaze imyaka 12 mu ikipe ikomeye i Burayi

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyemezo giherekejwe n’ikiniga cy’umukinnyi wari umaze imyaka 12 mu ikipe ikomeye i Burayi

Icyemezo giherekejwe n’ikiniga cy’umukinnyi wari umaze imyaka 12 mu ikipe ikomeye i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.