Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Isesengura: Imiterere y’ikibazo cya rurangiranwa wa ruhago gikomeje kuba inkuru ishyushye

radiotv10by radiotv10
27/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Isesengura: Imiterere y’ikibazo cya rurangiranwa wa ruhago gikomeje kuba inkuru ishyushye
Share on FacebookShare on Twitter

Kylian Mbappe, umwe mu bakinnyi bayoboye ruhago y’Isi, ariko ubu ukomeje kuvugwa mu bibazo n’ikipe ye ya Paris Saint Germain. Iby’ibi bibazo turabigarukaho birambuye muri iyi nyandiko.

Kuva muri Kamena uyu mwaka 2023, Kylian Mbappe yatangiye gukorogana n’ikipe ya Paris Saint Germain, mu gihe yari amaze umwaka umwe gusa yongereye amasezerano yongewe muri 2022.

 

Ese Mbappe yapfuye iki na PSG?

Muri 2022 ubwo Kylian Mbappe yongeraga amasezerano muri PSG, yemereye iyi kipe gusinya imyaka 2, ndetse n’umwe yagombaga kongera ku bushake bwe.

Uyu musore w’Umufaransa yemeye gutera umugongo ikipe ya Real Madrid yari yizeye kumusinyisha muri 2022. Usibye amafaranga menshi yahawe na PSG, yanahawe ijambo ku mishinga y’iyi kipe y’i Paris.

Igitekerezo cya mbere cya Mbappe cyari ukugurisha Neymar Junior, akava muri iyi kipe, ndetse na buri mwaka w’imikino wabaga ugiye gutangira akiri muri iyi kipe agahabwa agahimbazamusyi ka milliyoni 60 Euro buri tariki 01 Kanama.

Nyuma y’uko Neymar atagurishijwe, Mbappe yabaye nk’uwo PSG igambaniye, ahitamo kuyandikira ayibwira ko atakibongereye wa mwaka, ahubwo we nasoza uwa kabiri yasinye azahita agendera ubuntu aho ashaka hose.

PSG ubu ntikozwa ko Mbappe yagendera ubuntu, na Mbappe ntakozwa kongerera amasezerano ikipe ya PSG afata nk’abagambanyi.

Ku rundi ruhande, PSG yifuza ko mu gihe Mbappe yaba atongereye amasezerano, yagurishwa muri iyi mpeshyi ya 2023.

Mu gihe MBAPPE yagendera ubuntu, byatuma PSG igwa mu gihombo cya milliyoni 180 Euro, bityo ikaba yafatirwa ibihano na UEFA kubera kwica amahame azwi nka Financial fair play.

 

Ese Hari Amakipe yifuza Mbappe?

Ku isonga hari ikipe ya Al Hilal yo muri Arabie Saudite yifuza gusinyisha Mbappe amasezerano y’umwaka umwe bakamuhemba Miliyoni 700 Pounds, bakamugura Miliyoni 300 muri PSG.

Ikinyamakuru l’Equipe cyo kivuga ko ikipe ya Real Madrid izaza muri iyi nkundura mu minsi ya nyuma kugira ngo imubonere macye.

Gusa, nubwo PSG ubu yamaze gukura Mbappe mu ikipe iri gukina imikino yo kwitegura umwaka w’imikino, mu gihe byagera Tariki 01 Nzeri 2023 ataragaruka mu ikipe, yemerewe kuyirega bagahita basesa amasezerano.

Wasili UWIZEYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Gitifu uvugwaho guhemukira abaturage yasabwe ibimugoye yikoreza ba Mudugudu umutwaro utavugwaho rumwe

Next Post

Icyemezo giherekejwe n’ikiniga cy’umukinnyi wari umaze imyaka 12 mu ikipe ikomeye i Burayi

Related Posts

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

by radiotv10
19/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w'Amaguru mu Rwanda na Rwanda Premier League ikurikirana Shampiyona, bamaganye imyitwarire yagaragajwe na bamwe mu bafana ba APR...

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyemezo giherekejwe n’ikiniga cy’umukinnyi wari umaze imyaka 12 mu ikipe ikomeye i Burayi

Icyemezo giherekejwe n’ikiniga cy’umukinnyi wari umaze imyaka 12 mu ikipe ikomeye i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.