Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

radiotv10by radiotv10
30/06/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu gisanzwe gifite imbaraga muri Dipolomasi, kandi akaba azajyanirana n’impinduka ziri kuba z’ibitarabayeho mu yabanje nk’ibiganiro bya DRC na AFC/M23.

Ku wa Gatanu tariki 27 Kamena 2025, ni umunsi w’amateka mu gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, wasize iki Gihugu n’u Rwanda bisinye amasezerano y’amahoro ya burundu, yashyiriweho umukono i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe wari uhagarariye u Rwanda mu isinywa ry’aya masezerano, yavuze ko hari itandukaniro ry’aya masezerano n’ayagiye asinywa mbere.

Ati “Mbere na mbere ni uko aya masezerano ya Washington azajyana n’andi masezerano, hari ibindi biganiro birimo biba i Doha hagati y’umutwe wa AFC/M23 na Guverinoma ya Congo. Muribuka ko mu biganiro bya Luanda Guverinoma ya Congo yari yaratsembye ko itazigera iganira n’uyu mutwe wa AFC/M23, ubu bikaba byarahindutse bikaba biduha icyizere ko noneho hazaba ibiganiro byuzuye bizagarura amahoro iburasirazuba bwa Congo.”

Akomeza agira ati “Icya kabiri ni uko Leta Zunze Ubumwe za America ni umuhuza muri ibi biganiro no muri aya masezerano, kandi Leta Zunze Ubumwe za America ikaba yarabigezemo ingufu kandi ikaba inafite n’ingufu za Dipolomasi zisanzwe bizatuma biduha icyizere cy’uko noneho izafasha impande zose cyane cyane Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gushyira mu bikorwa aya masezerano kuko nk’uko mubizi mu masezerano ashize akenshi ntabwo yayashyiraga mu bikorwa.”

Amb. Nduhungirehe avuga ko ikindi gishya cyaje muri aya amasezerano, ari ingingo ijyanye n’ubukungu (Regional Economic Integration Framework), izatuma u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bifatanya mu bijyanye n’ibikorwa by’iterambere birimo ibijyanye n’ubukerarugendo mu kugenzura za pariki z’Ibihugu, mu kubyaza umusaruro umutungo uri mu Kiyaga cya Kivu ndetse n’ubufatanye mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

 

Ibya AFC/M23 bikemutse hari icyizere gisesuye

Minisitiri Nduhungirehe kandi avuga ko muri aya masezerano, impande ziyemeje gushyigikira ibiganiro biri kubera i Doha hagati ya Guverinoma ya DRC na AFC/M23 bitegerejwemo umuti w’ibibazo byagiye biba ku Banyekongo bavuga ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, byanakunze kuba izingiro by’ibibazo biiri mu burasirazuba bwa DRC.

Ati “Bazaganira barebe ukuntu bakemura mu mizi ikibazo gihari […] rero ni icyo gitanga icyizere cy’uko noneho ibibazo mu mizi muri kariya karere bizashakirwa umuti, hanyuma ku ruhande rwa Congo n’u Rwanda tukazakemura ibibazo by’umutekano bihari hagati yacu cyane cyane iki kibazo cya FDLR.”

Inyandiko yemeranyijweho hagati y’u Rwanda na DRC yiswe CONOPS (Concept of Operations) tariki 25 Ugushyingo 2024 i Luanda, igaragaza uburyo bwo gushakira umuti ikibazo cya FDLR habayeho ubufatanye bw’Ibihugu byombi mu buryo bwa Gisirikare.

Amb. Nduhungirehe avuga ko ibiteganywa n’iyi nyandiko byo kurandura umutwe wa FDLR, ari byo bizatuma Leta y’u Rwanda ivanaho ingamba z’ubwirinzi yashyizeho.

Gusa Guverinoma ya Congo yo ivuga ko ikizabanza gukorwa ari uko u Rwanda rukuraho izi ngamba, ubundi kurandura FDLR bikaza nyuma, mu gihe iy’u Rwanda ivuga ko ibikubiye muri iriya nyandiko bisobanutse.

Nduhungirehe ati “Ntabwo ari inyandiko iri mu kirere […] ivuga ibijyanye no kurandura umutwe wa FDLR ndetse no gukuraho ingamba z’ubwirinzi ndetse hari n’ingengabihe yabyo, ivuga ko bigomba kuba byakozwe mu minsi 90 kandi tukaba twarabyemeranyijwe, ntabwo ari ikintu gishya, rero nihaba ubushake bwa Guverinoma ya Congo, na Guverinoma y’u Rwanda ntakibazo bizatera.”

U Rwanda rwavuze kenshi ko icyatumye rushyiraho ingamba z’ubwirinzi ari impungenge z’umutekano warwo zishingiye ku bufatanye bw’ubutegetsi bwa Congo n’uyu mutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ukaba ugishaka kurutera, bityo ko igihe izi mpungenge zavaho ntakizarubuza gukuraho ubwo bwirinzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 5 =

Previous Post

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Next Post

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Related Posts

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu butabera, yagaragaje ko gusezeranya undi ko uzamushaka bidashyiraho umuntu inshingano zo kurushinga, ndetse ko...

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
19/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

IZIHERUKA

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije
MU RWANDA

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

19/09/2025
BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

19/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.