Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ishuri bamwe bateye umugongo ngo ni iry’imyuga ryakoze ibyatumye benshi bayigirira inyota

radiotv10by radiotv10
29/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ishuri bamwe bateye umugongo ngo ni iry’imyuga ryakoze ibyatumye benshi bayigirira inyota
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko hari abanyeshuri boherejwe kwiga amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro muri Nyarushishi TSS ryo mu Murenge wa Nkungu mu Karere ka Rusizi, bakanga kujyayo, iri shuri ryateguye imurika ryo gusobanurira abanyeshuri ibyiza by’imyuga, bituma benshi bayikunda.

Abanyeshuri biga mu bigo bitandukanye biganjemo abasoza icyiciro rusange bitegura guhitamo amasomo bazakomeza, nib o bitabiriye iki gikorwa berekwa bimwe mu bikorwa na bagenzi babo biga ububaji bugezweho, ubwubatsi, amashanyarazi, ubusudirizi bwa kijyambere n’ubudozi n’imideri.

Ibi byatumye bamwe bahindura intekerezo, nyuma yo kunyoterwa n’ibyigirwa muri aya mashami atandukanye mbere bafataga nk’adafite akamaro.

Uwiringiyimana Litha agira ati “Mbere numvaga imyuga ntacyo ivuze muri njyewe nkabona ntakwirirwa nyihitamo mu byo nzasaba kwiga mu wa kane, ariko ubu byahindutse niyo nzahitamo.”

Icyayinyereka Jean d’Amour na we ati “Nabonye hari amashami atandukanye mu mutima ndavuga nti ‘aho kugira ngo nzajye kwiga ibyo nzarangiza simpfe kubona akazi ahubwo nazaza kwiyigira ibyo nabonye hano’.”

Umuyobozi wa Nyarushishi TSS, Kajigo Djuma avuga ko impamvu yo gutegura iki gikorwa no gutumira abana biga mu bindi bigo bitegura gusoza icyiciro rusange, ari ukugira ngo abana basobanukirwe amahirwe ari mu kwiga imyuga kuko mu ntangiriro z’umwaka habaye ikibazo cyo kutagira amakuru bigatuma hari abana baseta ibirenge.

Ati “Mu gihembwe cya mbere hari abana banze kuza kwiga imyuga kandi bari boherejwe na Leta, ababyeyi benshi bumvaga ko umwana wabuze ishuri ajya mu myuga.”

Muri gahunda ya Leta y’imyaka irindwi (NST1) byari biteganyijwe ko uyu mwaka wa 2024, uzarangira 60% by’abanyeshuri basoza icyiciro rusange bakomereza mu masomo y’imyuga n’ubumenyingiro.

Ubwo yari mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 19, Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko gahunda ari uko nibura muri buri Murenge haba ishuri ryigisha amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro.

Abanyeshuri biga imyuga bayisobanuriye abandi

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + sixteen =

Previous Post

Ibivugwa ku munyamakuru ufunzwe inshuro ebyiri mu gihe kitageze ku mwaka

Next Post

Kiliziya Gatulika mu Rwanda, DRCongo n’u Burundi zahuriye hamwe zitanga ubutumwa ku bibazo biriho

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kiliziya Gatulika mu Rwanda, DRCongo n’u Burundi zahuriye hamwe zitanga ubutumwa ku bibazo biriho

Kiliziya Gatulika mu Rwanda, DRCongo n’u Burundi zahuriye hamwe zitanga ubutumwa ku bibazo biriho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.