Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ishuri bamwe bateye umugongo ngo ni iry’imyuga ryakoze ibyatumye benshi bayigirira inyota

radiotv10by radiotv10
29/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ishuri bamwe bateye umugongo ngo ni iry’imyuga ryakoze ibyatumye benshi bayigirira inyota
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko hari abanyeshuri boherejwe kwiga amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro muri Nyarushishi TSS ryo mu Murenge wa Nkungu mu Karere ka Rusizi, bakanga kujyayo, iri shuri ryateguye imurika ryo gusobanurira abanyeshuri ibyiza by’imyuga, bituma benshi bayikunda.

Abanyeshuri biga mu bigo bitandukanye biganjemo abasoza icyiciro rusange bitegura guhitamo amasomo bazakomeza, nib o bitabiriye iki gikorwa berekwa bimwe mu bikorwa na bagenzi babo biga ububaji bugezweho, ubwubatsi, amashanyarazi, ubusudirizi bwa kijyambere n’ubudozi n’imideri.

Ibi byatumye bamwe bahindura intekerezo, nyuma yo kunyoterwa n’ibyigirwa muri aya mashami atandukanye mbere bafataga nk’adafite akamaro.

Uwiringiyimana Litha agira ati “Mbere numvaga imyuga ntacyo ivuze muri njyewe nkabona ntakwirirwa nyihitamo mu byo nzasaba kwiga mu wa kane, ariko ubu byahindutse niyo nzahitamo.”

Icyayinyereka Jean d’Amour na we ati “Nabonye hari amashami atandukanye mu mutima ndavuga nti ‘aho kugira ngo nzajye kwiga ibyo nzarangiza simpfe kubona akazi ahubwo nazaza kwiyigira ibyo nabonye hano’.”

Umuyobozi wa Nyarushishi TSS, Kajigo Djuma avuga ko impamvu yo gutegura iki gikorwa no gutumira abana biga mu bindi bigo bitegura gusoza icyiciro rusange, ari ukugira ngo abana basobanukirwe amahirwe ari mu kwiga imyuga kuko mu ntangiriro z’umwaka habaye ikibazo cyo kutagira amakuru bigatuma hari abana baseta ibirenge.

Ati “Mu gihembwe cya mbere hari abana banze kuza kwiga imyuga kandi bari boherejwe na Leta, ababyeyi benshi bumvaga ko umwana wabuze ishuri ajya mu myuga.”

Muri gahunda ya Leta y’imyaka irindwi (NST1) byari biteganyijwe ko uyu mwaka wa 2024, uzarangira 60% by’abanyeshuri basoza icyiciro rusange bakomereza mu masomo y’imyuga n’ubumenyingiro.

Ubwo yari mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 19, Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko gahunda ari uko nibura muri buri Murenge haba ishuri ryigisha amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro.

Abanyeshuri biga imyuga bayisobanuriye abandi

INKURU MU MASHUSHO

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + fourteen =

Previous Post

Ibivugwa ku munyamakuru ufunzwe inshuro ebyiri mu gihe kitageze ku mwaka

Next Post

Kiliziya Gatulika mu Rwanda, DRCongo n’u Burundi zahuriye hamwe zitanga ubutumwa ku bibazo biriho

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kiliziya Gatulika mu Rwanda, DRCongo n’u Burundi zahuriye hamwe zitanga ubutumwa ku bibazo biriho

Kiliziya Gatulika mu Rwanda, DRCongo n’u Burundi zahuriye hamwe zitanga ubutumwa ku bibazo biriho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.