Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Isomo rireba buri wese: Ubutumwa bwa Dr Sabin ku buzima buzira umuze

radiotv10by radiotv10
01/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Isomo rireba buri wese: Ubutumwa bwa Dr Sabin ku buzima buzira umuze
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana yagaragaje ibyakorwa n’abantu kugira ngo bagire ubuzima buzira umuze, agaragaza ko benshi babyirengagiza bikaba ari na byo ntandaro y’indwara zitandura nka cancer, diabetes n’iz’umutima ziza ku isonga mu guhitana Abanyarwanda benshi.

Ni ikiganiro yatanze kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gashyantare 2023 mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano cyagarukaga ku mibereho y’imiryango.

Dr Sabin Nsanzimana yateruye ubutumwa bwe agira ati “Umuryango utekanye ukeneye ubuzima bwiza kandi nta buzima ntagishoboka, twaranabibonye mu myaka itatu ishize ubwo akavirusi gato [COVID-19] katanagaragara n’amaso kaduhezaga mu rugo.”

Minisitiri w’Ubuzima yagarutse ku byagiye bigerwaho mu rwego rw’ubuzima mu Rwanda mu myaka 29 ishize birimo kuba icyizere cyo kubaho ku Banyarwanda cyarageze ku myaka 69.

Ati “Iyo usubije inyuma usanga cyarikubye [icyizere] inshuro ebyiri kubaho k’Umunyarwanda ndetse Umunyarwanda ari kubaho imyaka icumi y’inyongera kurusha undi Munyafurika. Ni ikintu kidasanzwe.”

Dr Sabin avuga ko yagerageje gukora ubushakashatsi agasanga u Rwanda ari rwo rukumbi ku Isi rubashije kugera kuri iyi ntambwe yo gukuba kabiri imyaka yo kubaho mu gihe cy’imyaka itarenga 30.

 

Ariko hari ibiteye inkeke

Dr Sabin avuga ko indwara zishobora guhitana abantu mu gihe gito zagabanutse mu Rwanda ariko indwara umuntu ashobora kumarana igihe kirekire zitandura, zo ziri kwiyongera cyane.

Yatanze urugero yifashishije ibyavuye mu bushakashatsi bwa RBC bwakozwe umwaka ushize, nk’indwara y’umuvuduko ukabije yazamutse ikava kuri 15% ikagera kuri 17% mu myaka ibiri gusa, diabetes iri kuri 3%, umubyibuho ukabije na wo wikubye kabiri.

Akomeza agira ati “Indwara za Cancer, ubu turabarura hafi ibihumbi icumi ziba mu Banyarwanda buri mwaka, muri izo 1/2 ni zo tubona kwa muganga zibasha gupimwa, ikindi 1/2 ntitukimenye ubona umuntu bigeze kure kandi no muri abo ibihumbi bitanu dupima, 1/2 baza bari ku gipimo cya gatatu n’icya kane.”

 

Ingamba zireba buri wese

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzima yakomeje agaragaza impamvu zitera izamuka ry’imibare y’abibasirwa n’izi ndwara na zo zagaragajwe muri ubu bushakashatsi bwa RBC.

Ati “Muri ubwo bushakashatsi twagerageje kubaza ibindi bibazo ‘ese abantu bazi ko ibyo barya bishobora kubatera ubwo burwayi, ese bakora siporo’ twatangajwe no kumva ko abantu 40% batazi Siporo batajya banayikora na rimwe batanayikozwa, rwose bumva ko ari ikintu cyagenewe abandi.

Kandi haka ikibazo cyo kwicara abantu baricara amasaha maremare, ubundi umuntu ntakwiye kurenza amasaha abiri yicaye adahagurutse nibura iminota 20 ariko bakicara amasaha umunani ku munsi.”

Avuga ko ubushakashatsi bugaragaza ko umuntu wicara amasaha arenze umunani ku munsi agira ibyago byiyongeraho 50% byo kurwara indwara zitanduka no gupfa kurusha uwicaye ariya masaha abiri akanyuzamo agahaguruka.

Ku bijyanye n’ibyo kurya, Dr Sabin yavuze ko muri ubu bushakashatsi, abantu bagaragaje ko barya imboga rimwe mu cyumweru kandi ziboneka hafi, ahubwo bakarya ibyangiza umubiri wabo.

Avuga ko ingaruka z’ibi bibazo zikomeje kwigaragaza, ati “Indwara zitanduka nk’iz’umutima, diabetes na cancer ubu ni zo ziza ku mwanya wa mbere mu guhitana Abanyarwanda benshi.”

Dr Sabin yavuze ko uburyo bwo kwirinda izi ndwara bworoshye kandi bwashoborwa na buri wese, burimo gukora siporo ndetse no kurya indyo iboneye irimo imboga zisanzwe ziboneka hafi n’isuku y’ibiribwa n’aho abantu batuye.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 10 =

Previous Post

Si Sunrise yatsinze: I Nyagatare bamwe ntibaryamye baraye babyinana n’Umuyobozi wabo

Next Post

Umunyamakuru w’Igitangazamakuru kimwe cyo mu Rwanda yahuye n’uruva gusenya

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru w’Igitangazamakuru kimwe cyo mu Rwanda yahuye n’uruva gusenya

Umunyamakuru w’Igitangazamakuru kimwe cyo mu Rwanda yahuye n’uruva gusenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.