Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Isomo rireba buri wese: Ubutumwa bwa Dr Sabin ku buzima buzira umuze

radiotv10by radiotv10
01/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Isomo rireba buri wese: Ubutumwa bwa Dr Sabin ku buzima buzira umuze
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana yagaragaje ibyakorwa n’abantu kugira ngo bagire ubuzima buzira umuze, agaragaza ko benshi babyirengagiza bikaba ari na byo ntandaro y’indwara zitandura nka cancer, diabetes n’iz’umutima ziza ku isonga mu guhitana Abanyarwanda benshi.

Ni ikiganiro yatanze kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gashyantare 2023 mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano cyagarukaga ku mibereho y’imiryango.

Dr Sabin Nsanzimana yateruye ubutumwa bwe agira ati “Umuryango utekanye ukeneye ubuzima bwiza kandi nta buzima ntagishoboka, twaranabibonye mu myaka itatu ishize ubwo akavirusi gato [COVID-19] katanagaragara n’amaso kaduhezaga mu rugo.”

Minisitiri w’Ubuzima yagarutse ku byagiye bigerwaho mu rwego rw’ubuzima mu Rwanda mu myaka 29 ishize birimo kuba icyizere cyo kubaho ku Banyarwanda cyarageze ku myaka 69.

Ati “Iyo usubije inyuma usanga cyarikubye [icyizere] inshuro ebyiri kubaho k’Umunyarwanda ndetse Umunyarwanda ari kubaho imyaka icumi y’inyongera kurusha undi Munyafurika. Ni ikintu kidasanzwe.”

Dr Sabin avuga ko yagerageje gukora ubushakashatsi agasanga u Rwanda ari rwo rukumbi ku Isi rubashije kugera kuri iyi ntambwe yo gukuba kabiri imyaka yo kubaho mu gihe cy’imyaka itarenga 30.

 

Ariko hari ibiteye inkeke

Dr Sabin avuga ko indwara zishobora guhitana abantu mu gihe gito zagabanutse mu Rwanda ariko indwara umuntu ashobora kumarana igihe kirekire zitandura, zo ziri kwiyongera cyane.

Yatanze urugero yifashishije ibyavuye mu bushakashatsi bwa RBC bwakozwe umwaka ushize, nk’indwara y’umuvuduko ukabije yazamutse ikava kuri 15% ikagera kuri 17% mu myaka ibiri gusa, diabetes iri kuri 3%, umubyibuho ukabije na wo wikubye kabiri.

Akomeza agira ati “Indwara za Cancer, ubu turabarura hafi ibihumbi icumi ziba mu Banyarwanda buri mwaka, muri izo 1/2 ni zo tubona kwa muganga zibasha gupimwa, ikindi 1/2 ntitukimenye ubona umuntu bigeze kure kandi no muri abo ibihumbi bitanu dupima, 1/2 baza bari ku gipimo cya gatatu n’icya kane.”

 

Ingamba zireba buri wese

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzima yakomeje agaragaza impamvu zitera izamuka ry’imibare y’abibasirwa n’izi ndwara na zo zagaragajwe muri ubu bushakashatsi bwa RBC.

Ati “Muri ubwo bushakashatsi twagerageje kubaza ibindi bibazo ‘ese abantu bazi ko ibyo barya bishobora kubatera ubwo burwayi, ese bakora siporo’ twatangajwe no kumva ko abantu 40% batazi Siporo batajya banayikora na rimwe batanayikozwa, rwose bumva ko ari ikintu cyagenewe abandi.

Kandi haka ikibazo cyo kwicara abantu baricara amasaha maremare, ubundi umuntu ntakwiye kurenza amasaha abiri yicaye adahagurutse nibura iminota 20 ariko bakicara amasaha umunani ku munsi.”

Avuga ko ubushakashatsi bugaragaza ko umuntu wicara amasaha arenze umunani ku munsi agira ibyago byiyongeraho 50% byo kurwara indwara zitanduka no gupfa kurusha uwicaye ariya masaha abiri akanyuzamo agahaguruka.

Ku bijyanye n’ibyo kurya, Dr Sabin yavuze ko muri ubu bushakashatsi, abantu bagaragaje ko barya imboga rimwe mu cyumweru kandi ziboneka hafi, ahubwo bakarya ibyangiza umubiri wabo.

Avuga ko ingaruka z’ibi bibazo zikomeje kwigaragaza, ati “Indwara zitanduka nk’iz’umutima, diabetes na cancer ubu ni zo ziza ku mwanya wa mbere mu guhitana Abanyarwanda benshi.”

Dr Sabin yavuze ko uburyo bwo kwirinda izi ndwara bworoshye kandi bwashoborwa na buri wese, burimo gukora siporo ndetse no kurya indyo iboneye irimo imboga zisanzwe ziboneka hafi n’isuku y’ibiribwa n’aho abantu batuye.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Si Sunrise yatsinze: I Nyagatare bamwe ntibaryamye baraye babyinana n’Umuyobozi wabo

Next Post

Umunyamakuru w’Igitangazamakuru kimwe cyo mu Rwanda yahuye n’uruva gusenya

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru w’Igitangazamakuru kimwe cyo mu Rwanda yahuye n’uruva gusenya

Umunyamakuru w’Igitangazamakuru kimwe cyo mu Rwanda yahuye n’uruva gusenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.