Friday, July 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Isomo rireba buri wese: Ubutumwa bwa Dr Sabin ku buzima buzira umuze

radiotv10by radiotv10
01/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Isomo rireba buri wese: Ubutumwa bwa Dr Sabin ku buzima buzira umuze
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana yagaragaje ibyakorwa n’abantu kugira ngo bagire ubuzima buzira umuze, agaragaza ko benshi babyirengagiza bikaba ari na byo ntandaro y’indwara zitandura nka cancer, diabetes n’iz’umutima ziza ku isonga mu guhitana Abanyarwanda benshi.

Ni ikiganiro yatanze kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gashyantare 2023 mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano cyagarukaga ku mibereho y’imiryango.

Dr Sabin Nsanzimana yateruye ubutumwa bwe agira ati “Umuryango utekanye ukeneye ubuzima bwiza kandi nta buzima ntagishoboka, twaranabibonye mu myaka itatu ishize ubwo akavirusi gato [COVID-19] katanagaragara n’amaso kaduhezaga mu rugo.”

Minisitiri w’Ubuzima yagarutse ku byagiye bigerwaho mu rwego rw’ubuzima mu Rwanda mu myaka 29 ishize birimo kuba icyizere cyo kubaho ku Banyarwanda cyarageze ku myaka 69.

Ati “Iyo usubije inyuma usanga cyarikubye [icyizere] inshuro ebyiri kubaho k’Umunyarwanda ndetse Umunyarwanda ari kubaho imyaka icumi y’inyongera kurusha undi Munyafurika. Ni ikintu kidasanzwe.”

Dr Sabin avuga ko yagerageje gukora ubushakashatsi agasanga u Rwanda ari rwo rukumbi ku Isi rubashije kugera kuri iyi ntambwe yo gukuba kabiri imyaka yo kubaho mu gihe cy’imyaka itarenga 30.

 

Ariko hari ibiteye inkeke

Dr Sabin avuga ko indwara zishobora guhitana abantu mu gihe gito zagabanutse mu Rwanda ariko indwara umuntu ashobora kumarana igihe kirekire zitandura, zo ziri kwiyongera cyane.

Yatanze urugero yifashishije ibyavuye mu bushakashatsi bwa RBC bwakozwe umwaka ushize, nk’indwara y’umuvuduko ukabije yazamutse ikava kuri 15% ikagera kuri 17% mu myaka ibiri gusa, diabetes iri kuri 3%, umubyibuho ukabije na wo wikubye kabiri.

Akomeza agira ati “Indwara za Cancer, ubu turabarura hafi ibihumbi icumi ziba mu Banyarwanda buri mwaka, muri izo 1/2 ni zo tubona kwa muganga zibasha gupimwa, ikindi 1/2 ntitukimenye ubona umuntu bigeze kure kandi no muri abo ibihumbi bitanu dupima, 1/2 baza bari ku gipimo cya gatatu n’icya kane.”

 

Ingamba zireba buri wese

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzima yakomeje agaragaza impamvu zitera izamuka ry’imibare y’abibasirwa n’izi ndwara na zo zagaragajwe muri ubu bushakashatsi bwa RBC.

Ati “Muri ubwo bushakashatsi twagerageje kubaza ibindi bibazo ‘ese abantu bazi ko ibyo barya bishobora kubatera ubwo burwayi, ese bakora siporo’ twatangajwe no kumva ko abantu 40% batazi Siporo batajya banayikora na rimwe batanayikozwa, rwose bumva ko ari ikintu cyagenewe abandi.

Kandi haka ikibazo cyo kwicara abantu baricara amasaha maremare, ubundi umuntu ntakwiye kurenza amasaha abiri yicaye adahagurutse nibura iminota 20 ariko bakicara amasaha umunani ku munsi.”

Avuga ko ubushakashatsi bugaragaza ko umuntu wicara amasaha arenze umunani ku munsi agira ibyago byiyongeraho 50% byo kurwara indwara zitanduka no gupfa kurusha uwicaye ariya masaha abiri akanyuzamo agahaguruka.

Ku bijyanye n’ibyo kurya, Dr Sabin yavuze ko muri ubu bushakashatsi, abantu bagaragaje ko barya imboga rimwe mu cyumweru kandi ziboneka hafi, ahubwo bakarya ibyangiza umubiri wabo.

Avuga ko ingaruka z’ibi bibazo zikomeje kwigaragaza, ati “Indwara zitanduka nk’iz’umutima, diabetes na cancer ubu ni zo ziza ku mwanya wa mbere mu guhitana Abanyarwanda benshi.”

Dr Sabin yavuze ko uburyo bwo kwirinda izi ndwara bworoshye kandi bwashoborwa na buri wese, burimo gukora siporo ndetse no kurya indyo iboneye irimo imboga zisanzwe ziboneka hafi n’isuku y’ibiribwa n’aho abantu batuye.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 1 =

Previous Post

Si Sunrise yatsinze: I Nyagatare bamwe ntibaryamye baraye babyinana n’Umuyobozi wabo

Next Post

Umunyamakuru w’Igitangazamakuru kimwe cyo mu Rwanda yahuye n’uruva gusenya

Related Posts

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo mu Karere ka Kayonza bari bamaze igihe bataka ibibazo uruhuri baterwaga n’aho bacururizaga, ubu bari...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
03/07/2025
5

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
03/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

IZIHERUKA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma
IMIBEREHO MYIZA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

03/07/2025
AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

03/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

03/07/2025
Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru w’Igitangazamakuru kimwe cyo mu Rwanda yahuye n’uruva gusenya

Umunyamakuru w’Igitangazamakuru kimwe cyo mu Rwanda yahuye n’uruva gusenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.