Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Isomo ry’ubuzima rya Miss Jolly yagaruyemo ijambo ryigeze gutuma bamuhagurukana

radiotv10by radiotv10
24/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Isomo ry’ubuzima rya Miss Jolly yagaruyemo ijambo ryigeze gutuma bamuhagurukana
Share on FacebookShare on Twitter

Mutesi Jolly wabaye Miss Rwanda, yatanze ubutumwa, avugamo ko umuntu akwiye guhitamo hagati yo kuba “Imbwa no kuba umugabo” ariko ko byombi umuntu abizira, bityo ko amahitamo ari aya buri wese, bamwe bongera kumwibutsa ijambo “inyana z’imbwa” yigeze gukoresha ntiryakirwe neza.

Ni ubutumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Gicurasi 2023, agira ati “Mu buzima, iyo ubaye imbwa urabizira, ariko n’iyo ubaye umugabo urabizira. Uzahitemo neza icyo uzira.”

Ni ubutumwa bamwe bakunze, ndetse bamugaragariza ko bishimiye kuba yabibukije ko bakwiye guhitamo neza.

Umunyamakuru witwa Samuel Byansi Baker uri mu batangaje bwa mbere amakuru yiriwe acicikana ku munsi w’ejo hashize ko hari Minisitiri wo muri Guverinoma y’u Rwanda watawe muri yombi, ari mu batanze ibitekerezo kuri ubu butumwa bwa Miss Jolly, agaragaza ko abushyigikiye, ati “Ongera ijwi Jolly!! Ibi ndabikunze kabisa.”

Uwitwa Rwamucyo Nsengimana Jean de Dieu kuri Twitter, na we yagize ati “Jolly Ongera volume bigere kuri buri wese! Gusa aha harimo Equation, unsubije mu mubare!”

Abandi batanze ibitekerezo kuri ubu butumwa bwa Miss Jolly, bongeye kumwibutsa ijambo yigeze gukoresha rigatuma bamwe bamunenga, aho yari yakoresheje ijambo ‘Inyana y’imbwa’ avuga ko hari abagabo bashaka abagore bakababera babi.

Bamwe mu bamwibukije ibi yavuze muri 2022, barimo uwitwa Hirya y’Ibigaragara kuri Twitter, wagize ati “Urongeye ugaruye imbwa kandi?!” Arangije akurikizaho ikibazo tutifuje gutambutsa mu nkuru yacu tugendeye ku mahame y’igitangazamakuru.

Uwitwa Aphrodis Bizimaziki na we yagize ati “Ubanza ufitanye umubano mubi n’imbwa kabisa.”

Uwitwa Intama na we yagize ati “Shahu Jolly Mutesi ukunda imbwa. Uzi ko iryo zina mu mwaka urivuga inshuro nyinshi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 14 =

Previous Post

Abagabo banze gukomeza kubihishira bavuga ingeso abagore babo badukanye ngo idakwiye Umunyarwandakazi

Next Post

Umubyeyi w’umuhanzi wapfiriye ku rubyirino bigashengura benshi yatangaje andi makuru

Related Posts

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

IZIHERUKA

Ibyo wamanye byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3
MU RWANDA

Ibyo wamanye byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubyeyi w’umuhanzi wapfiriye ku rubyirino bigashengura benshi yatangaje andi makuru

Umubyeyi w’umuhanzi wapfiriye ku rubyirino bigashengura benshi yatangaje andi makuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo wamanye byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.