• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Isomo ry’ubuzima rya Miss Jolly yagaruyemo ijambo ryigeze gutuma bamuhagurukana

radiotv10by radiotv10
24/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Isomo ry’ubuzima rya Miss Jolly yagaruyemo ijambo ryigeze gutuma bamuhagurukana
Share on FacebookShare on Twitter

Mutesi Jolly wabaye Miss Rwanda, yatanze ubutumwa, avugamo ko umuntu akwiye guhitamo hagati yo kuba “Imbwa no kuba umugabo” ariko ko byombi umuntu abizira, bityo ko amahitamo ari aya buri wese, bamwe bongera kumwibutsa ijambo “inyana z’imbwa” yigeze gukoresha ntiryakirwe neza.

Ni ubutumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Gicurasi 2023, agira ati “Mu buzima, iyo ubaye imbwa urabizira, ariko n’iyo ubaye umugabo urabizira. Uzahitemo neza icyo uzira.”

Ni ubutumwa bamwe bakunze, ndetse bamugaragariza ko bishimiye kuba yabibukije ko bakwiye guhitamo neza.

Umunyamakuru witwa Samuel Byansi Baker uri mu batangaje bwa mbere amakuru yiriwe acicikana ku munsi w’ejo hashize ko hari Minisitiri wo muri Guverinoma y’u Rwanda watawe muri yombi, ari mu batanze ibitekerezo kuri ubu butumwa bwa Miss Jolly, agaragaza ko abushyigikiye, ati “Ongera ijwi Jolly!! Ibi ndabikunze kabisa.”

Uwitwa Rwamucyo Nsengimana Jean de Dieu kuri Twitter, na we yagize ati “Jolly Ongera volume bigere kuri buri wese! Gusa aha harimo Equation, unsubije mu mubare!”

Abandi batanze ibitekerezo kuri ubu butumwa bwa Miss Jolly, bongeye kumwibutsa ijambo yigeze gukoresha rigatuma bamwe bamunenga, aho yari yakoresheje ijambo ‘Inyana y’imbwa’ avuga ko hari abagabo bashaka abagore bakababera babi.

Bamwe mu bamwibukije ibi yavuze muri 2022, barimo uwitwa Hirya y’Ibigaragara kuri Twitter, wagize ati “Urongeye ugaruye imbwa kandi?!” Arangije akurikizaho ikibazo tutifuje gutambutsa mu nkuru yacu tugendeye ku mahame y’igitangazamakuru.

Uwitwa Aphrodis Bizimaziki na we yagize ati “Ubanza ufitanye umubano mubi n’imbwa kabisa.”

Uwitwa Intama na we yagize ati “Shahu Jolly Mutesi ukunda imbwa. Uzi ko iryo zina mu mwaka urivuga inshuro nyinshi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + thirteen =

Previous Post

Abagabo banze gukomeza kubihishira bavuga ingeso abagore babo badukanye ngo idakwiye Umunyarwandakazi

Next Post

Umubyeyi w’umuhanzi wapfiriye ku rubyirino bigashengura benshi yatangaje andi makuru

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Umubyeyi w’umuhanzi wapfiriye ku rubyirino bigashengura benshi yatangaje andi makuru

Umubyeyi w’umuhanzi wapfiriye ku rubyirino bigashengura benshi yatangaje andi makuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.