Saturday, September 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Israel itorohewe yatangaje icyo igiye gukora nyuma yuko Iran iyisutseho ibisaru biremereye

radiotv10by radiotv10
02/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Israel itorohewe yatangaje icyo igiye gukora nyuma yuko Iran iyisutseho ibisaru biremereye
Share on FacebookShare on Twitter

Igihugu cya Israel cyatangaje ko kigiye kohereza ingabo n’intwaro mu majyepfo ya Liban guhangana n’umutwe wa Hezbollah ushyigikiwe na Iran yayisutseho ibisasu bya misile.

Byatangajwe kuri uyu wa Gatatu, nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri Iran isutse ibisasu biremereye kuri Israel, byari bigamije guha isomo igisirikare cya Israel.

Nanone kandi Israel yatangaje ko Iran yakoze ikosa rikomeye, ndetse ko yiteguye kwihorera kuri iki Gihugu cyayirasheho ibisasu bikomeye.

Iki cyemezo cya Israel cyo kohereza ingabo n’intwaro mu majyepfo ya Liban, byateye impungenge akarere k’uburasirazuba bwo Hagati, gakungahaye kuri peteroli gashobora kwisanga mu ntambara yeruye.

Icyakora Igisirikare cya Israel cyatangaje ko imirwano yo ku butaka yimuriye mu majyepfo ya Liban, igamije ahanini gusenya inzira zo munsi y’ubutaka n’ibindi bikorwa remezo bya Hezbollah biri ku mupaka uhuza Israel na Liban, kandi ko nta mugambi uhari wo gutera umujyi wa Beirut cyangwa indi mijyi minini yo mu majyepfo ya Liban.

Kuri uyu wa Gatatu, Iraninayo yatangaje nyuma y’igitero cya misile yagabye kuri Israeli, ari cyo gitero cyonyine igabye kuri iki Gihugu, ndetse ko ntakindi iteganya kukigabago, keretse habayeho ubundi bushotoranyi, icyakora Israel na Leta Zunze Ubumwe za America bo barahiye kwihimura kuri Iran.

Nubwo umuryango w’abibumbye, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndetse n’Ubumwe bw’u Burayi basabye ko habaho guhagarika intambara,
imirwano hagati ya Israeli na Hezbollah ikorera muri Liban yo yakomeje kuri uyu wa Gatatu.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − ten =

Previous Post

Basketball: Menya amakipe ahabwa amahirwe yo kugera kuri ‘Final’ ya shampiyona y’abagore

Next Post

Amakuru agezweho nyuma yuko hari abigabije abaturage muri Kamonyi bagatemamo 12

Related Posts

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

by radiotv10
13/09/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyemeje urupfu rwa General Muaku Mbuluku Daniel wari ukuriye Ingabo muri rejiyo...

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

by radiotv10
12/09/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko ukekwaho kwica Charlie Kirk, yatawe muri yombi. Trump atangaza...

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe Iperereza muri Leta Zunze Ubumwe za America FBI, rwashyize hanze amafoto n’amashusho agaragaza ukekwaho kwica arasiye mu ruhame...

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

by radiotv10
12/09/2025
0

Inzego z’ubutabera muri Sudani y’Epfo, zatangaje ko Riek Machar-Visi Perezida w’iki Gihugu akurikiranyweho ibyaha byo kugambirira kugambanira Igihugu, n’ibindi byaha bikomeye....

Ubutabera bwa Afurika y’Epfo bwafatiye icyemezo Abashinwa barindwi baregwa gucuruza abantu

Ubutabera bwa Afurika y’Epfo bwafatiye icyemezo Abashinwa barindwi baregwa gucuruza abantu

by radiotv10
12/09/2025
0

Urukiko rwo mu mujyi wa Johannesburg muri Afurika y’Epfo rwakatiye Abashinwa barindwi igifungo cy’imyaka 20 kuri buri umwe, nyuma yo...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Abaturage barasaba kwegerezwa ibikorwaremezo

Amakuru agezweho nyuma yuko hari abigabije abaturage muri Kamonyi bagatemamo 12

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.