Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Israel itorohewe yatangaje icyo igiye gukora nyuma yuko Iran iyisutseho ibisaru biremereye

radiotv10by radiotv10
02/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Israel itorohewe yatangaje icyo igiye gukora nyuma yuko Iran iyisutseho ibisaru biremereye
Share on FacebookShare on Twitter

Igihugu cya Israel cyatangaje ko kigiye kohereza ingabo n’intwaro mu majyepfo ya Liban guhangana n’umutwe wa Hezbollah ushyigikiwe na Iran yayisutseho ibisasu bya misile.

Byatangajwe kuri uyu wa Gatatu, nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri Iran isutse ibisasu biremereye kuri Israel, byari bigamije guha isomo igisirikare cya Israel.

Nanone kandi Israel yatangaje ko Iran yakoze ikosa rikomeye, ndetse ko yiteguye kwihorera kuri iki Gihugu cyayirasheho ibisasu bikomeye.

Iki cyemezo cya Israel cyo kohereza ingabo n’intwaro mu majyepfo ya Liban, byateye impungenge akarere k’uburasirazuba bwo Hagati, gakungahaye kuri peteroli gashobora kwisanga mu ntambara yeruye.

Icyakora Igisirikare cya Israel cyatangaje ko imirwano yo ku butaka yimuriye mu majyepfo ya Liban, igamije ahanini gusenya inzira zo munsi y’ubutaka n’ibindi bikorwa remezo bya Hezbollah biri ku mupaka uhuza Israel na Liban, kandi ko nta mugambi uhari wo gutera umujyi wa Beirut cyangwa indi mijyi minini yo mu majyepfo ya Liban.

Kuri uyu wa Gatatu, Iraninayo yatangaje nyuma y’igitero cya misile yagabye kuri Israeli, ari cyo gitero cyonyine igabye kuri iki Gihugu, ndetse ko ntakindi iteganya kukigabago, keretse habayeho ubundi bushotoranyi, icyakora Israel na Leta Zunze Ubumwe za America bo barahiye kwihimura kuri Iran.

Nubwo umuryango w’abibumbye, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndetse n’Ubumwe bw’u Burayi basabye ko habaho guhagarika intambara,
imirwano hagati ya Israeli na Hezbollah ikorera muri Liban yo yakomeje kuri uyu wa Gatatu.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Basketball: Menya amakipe ahabwa amahirwe yo kugera kuri ‘Final’ ya shampiyona y’abagore

Next Post

Amakuru agezweho nyuma yuko hari abigabije abaturage muri Kamonyi bagatemamo 12

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize
MU RWANDA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Abaturage barasaba kwegerezwa ibikorwaremezo

Amakuru agezweho nyuma yuko hari abigabije abaturage muri Kamonyi bagatemamo 12

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.