Wednesday, March 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga

radiotv10by radiotv10
11/03/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga
Share on FacebookShare on Twitter

Israel yatangaje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran, yakomeretse amaguru yombi, umunsi se yiciweho, ari na byo bituma atagaragara mu ruhame.

Israel ifite umugambi n’ubundi wo kwica Mojtaba Khamenei, umuhungu wa Ayatollah Ali Khamenei wishwe mu bitero bya Israel na Leta Zunze Ubumwe za America.

Mojtaba Khamenei w’imyaka 56, utaragaragara mu ruhame cyangwa mu mufoto kuva yasimbura se Ayatollah Ali Khamenei ku Cyumweru, bivugwa ko yakomeretse.

Mojtaba yakomeretse amaguru ye yombi uko ari abiri ku munsi watangiriye intambara, nk’uko bivugwa n’abayobozi ba Israel na Iran babyemereye ikinyamakuru the New York Times.

Amakuru avuga ko ibikomere bye bishobora kuba ari byo byatumye kuva kiriya gihe, ataragaragara mu ruhame nubwo hari n’abandi bavuga ko ashaka kwihisha ko Israel na America bamufitiye umugambi wo kumwivugana.

Abayobozi ba Iran bavuga ko uyu Muyobozi w’Ikirenga mushya akomeje gukurikiranira hafi ibiri kuba kandi ko acumbitse ahantu hari umutekano uhambaye hari n’itumanaho ricye kugira ngo atanekwa nk’uko byakorewe se.

Mojtaba Khamenei, kuva yagirwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, yashyizwe ahantu hihariye, nyuma yuko Israel yiyemeje ‘kwivugana’ uwo ari we wese wasimbuye Ayatollah wishwe, nyuma yo kumwica, mu bitero byahitanye n’umugore wa Mojtaba Zahra Haddad-Adel n’umwe mu bahungu be byagabwe i Tehran ku munsi wa mbere w’intambara.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump na we yakajije amagambo yo gutera ubwoba uyu Muyobozi w’Ikirenga, kuva yakwimikwa, aho yavuze ko adashobora “kubaho mu mahoro” ndetse anaburira Iran kwitegura “urupfu rwe, n’umuriro n’uburakari.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Umusirikare wa Congo yishe arashe abarwanyi b’umutwe ukorana na FARDC

Related Posts

BREAKING: Uwo bikekwa ko ari umusirikare wa Congo yarashe urufaya rw’amasasu mu Rwanda

Umusirikare wa Congo yishe arashe abarwanyi b’umutwe ukorana na FARDC

by radiotv10
11/03/2026
0

Ubushyamirane bwahuje umusirikare mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo muri Gurupoma ya Luberike...

Agezweho: AFC/M23 yerekanye inzu yashwanyagujwe n’igitero cyagabwe i Goma inavuga umwe mu bo cyahitanye

Agezweho: AFC/M23 yerekanye inzu yashwanyagujwe n’igitero cyagabwe i Goma inavuga umwe mu bo cyahitanye

by radiotv10
11/03/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryagaragaje inyubako yangijwe n’igitero cy’indege zitagira abapilote cyagabwe n’uruhande bahanganye...

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
11/03/2026
0

Abayobozi banyuranye mu Ihuriro AFC/M23, baravuga ko ibibombe byarashwe mu mujyi wa Goma n’uruhande bahanganye rukoresheje indege zitagira abapilote (drônes)...

Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

by radiotv10
11/03/2026
0

Different leaders within the AFC/M23 coalition say that bombs that were fired in the city of Goma by the opposing...

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

by radiotv10
10/03/2026
0

Imiryango itari iya Leta iravuga ko ibitero by’indege zitagira abapilote zo mu bwoko bwa Kamikaze, byagabwe mu gace ka Minembwe...

IZIHERUKA

Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga
AMAHANGA

Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga

by radiotv10
11/03/2026
0

BREAKING: Uwo bikekwa ko ari umusirikare wa Congo yarashe urufaya rw’amasasu mu Rwanda

Umusirikare wa Congo yishe arashe abarwanyi b’umutwe ukorana na FARDC

11/03/2026
U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

11/03/2026
Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

11/03/2026
Agezweho: AFC/M23 yerekanye inzu yashwanyagujwe n’igitero cyagabwe i Goma inavuga umwe mu bo cyahitanye

Agezweho: AFC/M23 yerekanye inzu yashwanyagujwe n’igitero cyagabwe i Goma inavuga umwe mu bo cyahitanye

11/03/2026
BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

11/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga

Umusirikare wa Congo yishe arashe abarwanyi b’umutwe ukorana na FARDC

U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.