Ihuriro AFC/M23 ryavuze ko ryababajwe bikomeye n’imyitwarire y’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku makuru y’ikinyoma bwatanze ku mpanuka y’ikirombe cy’amabuye y’agaciro muri Rubaya cyagwiriye abantu, rigaragaza ko byose bishinze iminzi ku micungire mibi yabwo muri uru rwego rw’ubucukuzi.
Ni nyuma yuko ku wa Gatatu w’icyumweru gishize, iki kirombe kigwiriye abantu ubwo bari mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ubwo hagwaga imvura nyinshi, bikaba bivugwa ko abarenga 200 bahaburiye ubuzima.
Nyuma y’iyi mpanuka yabereye muri kariya gace ko muri Kivu ya Ruguru kari mu bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23, ubutegetsi bwa Congo, bwegetse kuri iri huriro uruhare ku mpfu z’aba bantu.
Mu itangazo ryashyizwe hanze na AFC/M23 kuri iki Cyumweru, iri Huriro ryavuze ko “ryifuza kugaragaza ko ribabajwe bikomeye n’imyitwarire idakwiye, yo kwihunza inshingano, ya kinyapolitiki kandi yuzuye gutangaza amakuru y’ibinyoma y’ubutegetsi bwa Kinshasa, bwifuza gukoresha mu buryo bwa politiki impanuka ikomeye yatewe n’imvura n’inkangu byabaye mu birombe bya Rubaya.”
Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, rikomeza rivuga ko bibabaje kuba ubutegetsi bwa Congo bwitwara kuriya, “nyamara ari bwo bwari bukwiye kubazwa inshingano mu buryo bukomeye imicungire mibi yaburanze mu rwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.”
Kanyuka yavuze ko ubutegetsi bwa Congo bwahisemo inzira yo gukwirakwiza amakuru y’ibinyoma kuri iriya mpanuka bwirengagije izindi mpanuka nk’iriya zabayeho na mbere yuko iri huriro rifata biriya bice, bikiri mu maboko yabwo, kimwe n’iziba mu bice biri mu maboko yabwo.
AFC/M23 yatanze ingero z’impanuka nk’iriya zabayeho, zirimo iy’ikirombe cya Mabaya muri Haut-Katanga, yabaye muri Nzeri 2015, yaguyemo abacukuzi 13.
Mu ngero z’impanuka zigera kuri 15 zatanzwe na AFC/M23, harimo kandi izabaye tariki 04 Gicurasi 2023 mu bice bya Nyamukubi na Bushushu, ahabaye inkangu yahitanye abantu barenga 500.
Nanone tariki 15 Ugushyingo 2025, ku kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro ya cuivre na cobalt cya Kalando mu gace ka Lualaba, ikiraro cy’abanyamaguru cyaridukiye abariho bacukura, abari hagati ya 30 na 40 bahasiga ubuzima.
RADIOTV10











