Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku makuru agoretse yatanzwe n’ubutegetsi bwa Congo bwuririye ku byago byishe abarenga 200

radiotv10by radiotv10
02/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku makuru agoretse yatanzwe n’ubutegetsi bwa Congo bwuririye ku byago byishe abarenga 200
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryavuze ko ryababajwe bikomeye n’imyitwarire y’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku makuru y’ikinyoma bwatanze ku mpanuka y’ikirombe cy’amabuye y’agaciro muri Rubaya cyagwiriye abantu, rigaragaza ko byose bishinze iminzi ku micungire mibi yabwo muri uru rwego rw’ubucukuzi.

Ni nyuma yuko ku wa Gatatu w’icyumweru gishize, iki kirombe kigwiriye abantu ubwo bari mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ubwo hagwaga imvura nyinshi, bikaba bivugwa ko abarenga 200 bahaburiye ubuzima.

Nyuma y’iyi mpanuka yabereye muri kariya gace ko muri Kivu ya Ruguru kari mu bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23, ubutegetsi bwa Congo, bwegetse kuri iri huriro uruhare ku mpfu z’aba bantu.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na AFC/M23 kuri iki Cyumweru, iri Huriro ryavuze ko “ryifuza kugaragaza ko ribabajwe bikomeye n’imyitwarire idakwiye, yo kwihunza inshingano, ya kinyapolitiki kandi yuzuye gutangaza amakuru y’ibinyoma y’ubutegetsi bwa Kinshasa, bwifuza gukoresha mu buryo bwa politiki impanuka ikomeye yatewe n’imvura n’inkangu byabaye mu birombe bya Rubaya.”

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, rikomeza rivuga ko bibabaje kuba ubutegetsi bwa Congo bwitwara kuriya, “nyamara ari bwo bwari bukwiye kubazwa inshingano mu buryo bukomeye imicungire mibi yaburanze mu rwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.”

Kanyuka yavuze ko ubutegetsi bwa Congo bwahisemo inzira yo gukwirakwiza amakuru y’ibinyoma kuri iriya mpanuka bwirengagije izindi mpanuka nk’iriya zabayeho na mbere yuko iri huriro rifata biriya bice, bikiri mu maboko yabwo, kimwe n’iziba mu bice biri mu maboko yabwo.

AFC/M23 yatanze ingero z’impanuka nk’iriya zabayeho, zirimo iy’ikirombe cya Mabaya muri Haut-Katanga, yabaye muri Nzeri 2015, yaguyemo abacukuzi 13.

Mu ngero z’impanuka zigera kuri 15 zatanzwe na AFC/M23, harimo kandi izabaye tariki 04 Gicurasi 2023 mu bice bya Nyamukubi na Bushushu, ahabaye inkangu yahitanye abantu barenga 500.

Nanone tariki 15 Ugushyingo 2025, ku kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro ya cuivre na cobalt cya Kalando mu gace ka Lualaba, ikiraro cy’abanyamaguru cyaridukiye abariho bacukura, abari hagati ya 30 na 40 bahasiga ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + sixteen =

Previous Post

Mu nkambi y’impunzi z’Abanyekongo i Burundi imibereho mibi n’ingaruka zayo byafashe urundi rwego

Next Post

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.