Monday, February 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku makuru agoretse yatanzwe n’ubutegetsi bwa Congo bwuririye ku byago byishe abarenga 200

radiotv10by radiotv10
02/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku makuru agoretse yatanzwe n’ubutegetsi bwa Congo bwuririye ku byago byishe abarenga 200
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryavuze ko ryababajwe bikomeye n’imyitwarire y’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku makuru y’ikinyoma bwatanze ku mpanuka y’ikirombe cy’amabuye y’agaciro muri Rubaya cyagwiriye abantu, rigaragaza ko byose bishinze iminzi ku micungire mibi yabwo muri uru rwego rw’ubucukuzi.

Ni nyuma yuko ku wa Gatatu w’icyumweru gishize, iki kirombe kigwiriye abantu ubwo bari mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ubwo hagwaga imvura nyinshi, bikaba bivugwa ko abarenga 200 bahaburiye ubuzima.

Nyuma y’iyi mpanuka yabereye muri kariya gace ko muri Kivu ya Ruguru kari mu bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23, ubutegetsi bwa Congo, bwegetse kuri iri huriro uruhare ku mpfu z’aba bantu.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na AFC/M23 kuri iki Cyumweru, iri Huriro ryavuze ko “ryifuza kugaragaza ko ribabajwe bikomeye n’imyitwarire idakwiye, yo kwihunza inshingano, ya kinyapolitiki kandi yuzuye gutangaza amakuru y’ibinyoma y’ubutegetsi bwa Kinshasa, bwifuza gukoresha mu buryo bwa politiki impanuka ikomeye yatewe n’imvura n’inkangu byabaye mu birombe bya Rubaya.”

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, rikomeza rivuga ko bibabaje kuba ubutegetsi bwa Congo bwitwara kuriya, “nyamara ari bwo bwari bukwiye kubazwa inshingano mu buryo bukomeye imicungire mibi yaburanze mu rwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.”

Kanyuka yavuze ko ubutegetsi bwa Congo bwahisemo inzira yo gukwirakwiza amakuru y’ibinyoma kuri iriya mpanuka bwirengagije izindi mpanuka nk’iriya zabayeho na mbere yuko iri huriro rifata biriya bice, bikiri mu maboko yabwo, kimwe n’iziba mu bice biri mu maboko yabwo.

AFC/M23 yatanze ingero z’impanuka nk’iriya zabayeho, zirimo iy’ikirombe cya Mabaya muri Haut-Katanga, yabaye muri Nzeri 2015, yaguyemo abacukuzi 13.

Mu ngero z’impanuka zigera kuri 15 zatanzwe na AFC/M23, harimo kandi izabaye tariki 04 Gicurasi 2023 mu bice bya Nyamukubi na Bushushu, ahabaye inkangu yahitanye abantu barenga 500.

Nanone tariki 15 Ugushyingo 2025, ku kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro ya cuivre na cobalt cya Kalando mu gace ka Lualaba, ikiraro cy’abanyamaguru cyaridukiye abariho bacukura, abari hagati ya 30 na 40 bahasiga ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku makuru agoretse yatanzwe n’ubutegetsi bwa Congo bwuririye ku byago byishe abarenga 200
AMAHANGA

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku makuru agoretse yatanzwe n’ubutegetsi bwa Congo bwuririye ku byago byishe abarenga 200

by radiotv10
02/02/2026
0

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

02/02/2026
Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

02/02/2026
Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

01/02/2026
Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica umwana we wari ufite uburwayi bwo mu mutwe

01/02/2026
Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

01/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku makuru agoretse yatanzwe n’ubutegetsi bwa Congo bwuririye ku byago byishe abarenga 200

Rusizi: Old mutual iravugwaho amananiza yatumye uwagonzwe n’imodoka yishingiye ahera ku kirago

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.