Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Itsinda rya RDF riri muri Centrafrique ryasuye Komanda w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye

radiotv10by radiotv10
07/03/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Itsinda rya RDF riri muri Centrafrique ryasuye Komanda w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa za RDF ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi ziri mu ruzinduko muri Repubulika ya Centrafrique, zasuye Umuyobozi w’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri iki Gihugu (MINUSCA), Lt Gen Humphrey Nyone.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 06 Werurwe 2025, aho Maj Gen Vincent Nyakarundi, ari kumwe n’Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga ndetse n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imyitozo muri RDF, Lt Col Laurent Kabutura basuye ukuriye MINUSCA ku Cyicaro Gikuru.

Ni igikorwa cyabanjirijwe no kuba iri tsinda ry’Ingabo z’u Rwanda, ryabanje gusura ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro zigize itsinda rya RWANBATT 2 mu gace ka Bossembele.

Komanda wa MINUSCA, Lt Gen Humphrey Nyone yashimiye inzego z’umutekano z’u Rwanda ku kazi zikora gakomeye mu gushyira mu bikorwa inshingano z’Umuryango w’Abibumbye, avuga ko ingabo z’u Rwanda zifite umwihariko.

Agaruka nko ku zigize itsinda rya RWANBATT 1, zinarinda umutekano w’Umukuru w’Igihugu, Lt Gen Humphrey Nyone yagize ati “Ibyo ubwabyo, ni inyongera, hari ingabo nyinshi Bangui, ariko kugira ngo utoranywe mu bashinzwe umutekano w’Umukuru w’Igihugu, ni umwihariko.”

Naho kuri RWANBATT 2, uyu ukuriye MINUSCA, yavuze ko na zo ari ingabo zifatiye runini umutekano muri iki Gihugu cya Centrafrique, kuko zirinda umutekano mu bice byinjira i Bangui mu Murwa Mukuru w’iki Gihugu. Ati “Ni ipfundo ry’ubu butumwa kuko bakora neza.”

Ubwo Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuraga RWANBATT 2 ku cyicaro Gikuru, yabagejejeho Ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, ubashimira ku kazi bakora mu gutanga umusanzu wabo mu kubungabunga amahoro n’ituze muri Centrafrique.

Uretse kuba RWANBATT 2 ifite inshingano zo kurinda umutekano mu bice byerecyeza i Bangui haba mu bikorwa byo gucunga umutekano wa nijoro, izi ngabo zinagaragara mu bikorwa bigamije imibereho myiza y’abaturage, nk’Umuganda ndetse no guha ubuvuzi ku buntu abaturage.

Komanda wa MINUSCA yagaragaje umwihariko wa RDF muri Centrafrique
Maj Gen Nyakarundi yanasuye RWANDABATT 2 abagezaho ubutumwa bwa Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 7 =

Previous Post

Abakinnyi ba Bugesera FC bigumuye banga gukora imyitozo…Menya impamvu

Next Post

Umwe mu banyarwenya bagezweho yavuze ingorane yakuriyemo zatumaga yumva ko ntawamukunda

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe mu banyarwenya bagezweho yavuze ingorane yakuriyemo zatumaga yumva ko ntawamukunda

Umwe mu banyarwenya bagezweho yavuze ingorane yakuriyemo zatumaga yumva ko ntawamukunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.