Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Itsinda rya RDF riri muri Centrafrique ryasuye Komanda w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye

radiotv10by radiotv10
07/03/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Itsinda rya RDF riri muri Centrafrique ryasuye Komanda w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa za RDF ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi ziri mu ruzinduko muri Repubulika ya Centrafrique, zasuye Umuyobozi w’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri iki Gihugu (MINUSCA), Lt Gen Humphrey Nyone.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 06 Werurwe 2025, aho Maj Gen Vincent Nyakarundi, ari kumwe n’Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga ndetse n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imyitozo muri RDF, Lt Col Laurent Kabutura basuye ukuriye MINUSCA ku Cyicaro Gikuru.

Ni igikorwa cyabanjirijwe no kuba iri tsinda ry’Ingabo z’u Rwanda, ryabanje gusura ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro zigize itsinda rya RWANBATT 2 mu gace ka Bossembele.

Komanda wa MINUSCA, Lt Gen Humphrey Nyone yashimiye inzego z’umutekano z’u Rwanda ku kazi zikora gakomeye mu gushyira mu bikorwa inshingano z’Umuryango w’Abibumbye, avuga ko ingabo z’u Rwanda zifite umwihariko.

Agaruka nko ku zigize itsinda rya RWANBATT 1, zinarinda umutekano w’Umukuru w’Igihugu, Lt Gen Humphrey Nyone yagize ati “Ibyo ubwabyo, ni inyongera, hari ingabo nyinshi Bangui, ariko kugira ngo utoranywe mu bashinzwe umutekano w’Umukuru w’Igihugu, ni umwihariko.”

Naho kuri RWANBATT 2, uyu ukuriye MINUSCA, yavuze ko na zo ari ingabo zifatiye runini umutekano muri iki Gihugu cya Centrafrique, kuko zirinda umutekano mu bice byinjira i Bangui mu Murwa Mukuru w’iki Gihugu. Ati “Ni ipfundo ry’ubu butumwa kuko bakora neza.”

Ubwo Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuraga RWANBATT 2 ku cyicaro Gikuru, yabagejejeho Ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, ubashimira ku kazi bakora mu gutanga umusanzu wabo mu kubungabunga amahoro n’ituze muri Centrafrique.

Uretse kuba RWANBATT 2 ifite inshingano zo kurinda umutekano mu bice byerecyeza i Bangui haba mu bikorwa byo gucunga umutekano wa nijoro, izi ngabo zinagaragara mu bikorwa bigamije imibereho myiza y’abaturage, nk’Umuganda ndetse no guha ubuvuzi ku buntu abaturage.

Komanda wa MINUSCA yagaragaje umwihariko wa RDF muri Centrafrique
Maj Gen Nyakarundi yanasuye RWANDABATT 2 abagezaho ubutumwa bwa Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − eight =

Previous Post

Abakinnyi ba Bugesera FC bigumuye banga gukora imyitozo…Menya impamvu

Next Post

Umwe mu banyarwenya bagezweho yavuze ingorane yakuriyemo zatumaga yumva ko ntawamukunda

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe mu banyarwenya bagezweho yavuze ingorane yakuriyemo zatumaga yumva ko ntawamukunda

Umwe mu banyarwenya bagezweho yavuze ingorane yakuriyemo zatumaga yumva ko ntawamukunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.