Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iyo bavuze ko mu Nteko y’u Rwanda abagore ari 60% bintera ibinezaneza- Umuyobozi wo muri Somalia

radiotv10by radiotv10
14/02/2022
in MU RWANDA
0
Iyo bavuze ko mu Nteko y’u Rwanda abagore ari 60% bintera ibinezaneza- Umuyobozi wo muri Somalia
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bagize itsinda ry’abayobozi baturutse muri Somalia bari i Kigali mu biganiro byo kwigira ku miyoborere y’u Rwanda, yavuze ko iyo bavuze ko mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda harimo abagore 60%, yumva bimuteye ishyari ryiza akibaza impamvu iwabo bitameze uko.

Aba bayobozi 33 bagize itsinda ry’abayobozi barimo ab’Uturere muri Somalia ndetse no mu nzego nkuru z’iki Gihugu, batangiye ibiganiro bibahuza na bagenzi babo bo mu Rwanda biri kubera i Kigali.

Muri aba bayobozi uko ari 33, abagore muri bo ntibarenze batandatu (6), kimwe mu bigaragaza ko umubare w’abagore mu nzego z’ubuyobozi muri Somalia ukiri hasi.

itsinda ry’abayobozi bo muri Somalia riri mu Rwanda, ryavuze ko abagore bo muri icyo gihugu bafite ubumenyi ariko ntibahabwa imyanya munzego zifata ibyemezo. icyo ni nacyo goverinoma y’u Rwanda ivuga ko igiye kubasangiza. icyakora ngo u Rwanda na rwo rushobora kugira icyo rukura kuri Somalia.

Asha Omar Muhammud uri mu nzego z’ibanze muri Somalia, yavuze ko bishimishije kuba u Rwanda rugeze ku rwego rushimishije mu buringanire bityo ko no mu Gihugu cyabo byari bikwiye kugenda uko.

Yagize ati “Iyo bavuze uburyo u Rwanda rwashyize imbere abagore ku ijanisha riri hejuru mu nzego z’ibanze, byageza no mu Nteko ishinga Amategeko bakaba ku kigero cya 60%; ibinezaneza birandenga nk’umva narira.”

Yakomeje agira ati “Nifuza ko n’iwacu byagenda bityo. Birumvikana ko hario byinshi tugomba kwigira ku Rwanda. tugomba no gukora uko dushoboye ku buryo nko mu myaka 10 iri imbere, twaba twarenze n’u Rwanda kubera ko abagore bo muri Somalia ni inyangamugayo, ni abahanga kandi banakunda abantu.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney avuga ko hari byinshi u Rwanda rufite byo kubera urugero iki Gihugu cya Somalia.

Ati “Icya mbere tubapfunyikira nk’impamba ni uburyo Abanyarwanda bakorera hamwe, uburyo Abanyarwanda bahisemo kugira ngo igihugu cyacu kigire agaciro haba mu iterambere haba mu mibereho myiza y’abaturage. Icya gatatu ni iyo miyoborere myiza iha buri wese ijambo, dufite abagore mu nteko, mu nzego zose hafi 50%.”

Minisitiri Gatabazi avuga ko uretse amasomo u Rwanda ruzaha aba bayobozi bo muri Somalia, ariko u Rwanda na rwo rufite byinshi rwakwigira ku iki Gihugu cyo mu ihembe rya Africa.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yagaragarije aba bayobozi ibyo u Rwanda rwakoze mu guteza imbere imiyoborere
Bari mu biganiro byo kwigira ku miyoborere y’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − five =

Previous Post

RIB yaburiye abumva ko ‘Saint Valentin’ ari umunsi wo kugira uko bigenza mu buriri

Next Post

Mu rubanza rwa Miliyoni 42 rw’uwari umuyobozi muri ADEPR hagarutswe ku mafaranga yahawe Abanyamakuru

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu rubanza rwa Miliyoni 42 rw’uwari umuyobozi muri ADEPR hagarutswe ku mafaranga yahawe Abanyamakuru

Mu rubanza rwa Miliyoni 42 rw’uwari umuyobozi muri ADEPR hagarutswe ku mafaranga yahawe Abanyamakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.