Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iyo bavuze ko mu Nteko y’u Rwanda abagore ari 60% bintera ibinezaneza- Umuyobozi wo muri Somalia

radiotv10by radiotv10
14/02/2022
in MU RWANDA
0
Iyo bavuze ko mu Nteko y’u Rwanda abagore ari 60% bintera ibinezaneza- Umuyobozi wo muri Somalia
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bagize itsinda ry’abayobozi baturutse muri Somalia bari i Kigali mu biganiro byo kwigira ku miyoborere y’u Rwanda, yavuze ko iyo bavuze ko mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda harimo abagore 60%, yumva bimuteye ishyari ryiza akibaza impamvu iwabo bitameze uko.

Aba bayobozi 33 bagize itsinda ry’abayobozi barimo ab’Uturere muri Somalia ndetse no mu nzego nkuru z’iki Gihugu, batangiye ibiganiro bibahuza na bagenzi babo bo mu Rwanda biri kubera i Kigali.

Muri aba bayobozi uko ari 33, abagore muri bo ntibarenze batandatu (6), kimwe mu bigaragaza ko umubare w’abagore mu nzego z’ubuyobozi muri Somalia ukiri hasi.

itsinda ry’abayobozi bo muri Somalia riri mu Rwanda, ryavuze ko abagore bo muri icyo gihugu bafite ubumenyi ariko ntibahabwa imyanya munzego zifata ibyemezo. icyo ni nacyo goverinoma y’u Rwanda ivuga ko igiye kubasangiza. icyakora ngo u Rwanda na rwo rushobora kugira icyo rukura kuri Somalia.

Asha Omar Muhammud uri mu nzego z’ibanze muri Somalia, yavuze ko bishimishije kuba u Rwanda rugeze ku rwego rushimishije mu buringanire bityo ko no mu Gihugu cyabo byari bikwiye kugenda uko.

Yagize ati “Iyo bavuze uburyo u Rwanda rwashyize imbere abagore ku ijanisha riri hejuru mu nzego z’ibanze, byageza no mu Nteko ishinga Amategeko bakaba ku kigero cya 60%; ibinezaneza birandenga nk’umva narira.”

Yakomeje agira ati “Nifuza ko n’iwacu byagenda bityo. Birumvikana ko hario byinshi tugomba kwigira ku Rwanda. tugomba no gukora uko dushoboye ku buryo nko mu myaka 10 iri imbere, twaba twarenze n’u Rwanda kubera ko abagore bo muri Somalia ni inyangamugayo, ni abahanga kandi banakunda abantu.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney avuga ko hari byinshi u Rwanda rufite byo kubera urugero iki Gihugu cya Somalia.

Ati “Icya mbere tubapfunyikira nk’impamba ni uburyo Abanyarwanda bakorera hamwe, uburyo Abanyarwanda bahisemo kugira ngo igihugu cyacu kigire agaciro haba mu iterambere haba mu mibereho myiza y’abaturage. Icya gatatu ni iyo miyoborere myiza iha buri wese ijambo, dufite abagore mu nteko, mu nzego zose hafi 50%.”

Minisitiri Gatabazi avuga ko uretse amasomo u Rwanda ruzaha aba bayobozi bo muri Somalia, ariko u Rwanda na rwo rufite byinshi rwakwigira ku iki Gihugu cyo mu ihembe rya Africa.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yagaragarije aba bayobozi ibyo u Rwanda rwakoze mu guteza imbere imiyoborere
Bari mu biganiro byo kwigira ku miyoborere y’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

RIB yaburiye abumva ko ‘Saint Valentin’ ari umunsi wo kugira uko bigenza mu buriri

Next Post

Mu rubanza rwa Miliyoni 42 rw’uwari umuyobozi muri ADEPR hagarutswe ku mafaranga yahawe Abanyamakuru

Related Posts

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

IZIHERUKA

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda
MU RWANDA

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu rubanza rwa Miliyoni 42 rw’uwari umuyobozi muri ADEPR hagarutswe ku mafaranga yahawe Abanyamakuru

Mu rubanza rwa Miliyoni 42 rw’uwari umuyobozi muri ADEPR hagarutswe ku mafaranga yahawe Abanyamakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.