Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
21/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu, gitangaza ko Indangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangwa, itazagaragaza amakuru menshi ya nyirayo, kuko izaba iriho ifoto na nimero gusa, kandi igafasha abantu kubona serivisi byihuse, ku buryo nk’iyo babonaga nyuma y’ukwezi bashobora kuzajya bayibona mu masaha abarirwa ku ntoki.

Byatangajwe na Manago Dieudonné, Umuyobozi Mukuru Ushinzwe ikorwa n’ikwirakwizwa ry’Irangamuntu-Koranabuhanga mu Kigo cy’Igihugu cy’Irangamuntu NIDA.

Avuga ko uyu mushinga w’Indangamuntu Koranabuhanga, watangiye mu mwaka wa 2023 ari na bwo hagiyeho itegeko riyiteganya, hagahita hatangira ibikorwa byo kwitegura kurishyira mu bikorwa.

Iyi Ndangamuntu ijyanye n’itegeko rijyanye no kubungabunga amakuru bwite y’umuntu ndetse n’Itegeko ryo muri uriya mwaka wa 2023 ry’Indangamuntu-Koranabuhanga.

Ati “Ni Indangamuntu rero ije tugeze mu gihe cy’ikoranabuhanga rigeze ku rwego rwo hejuru aho bifuza ko iyo ndangamuntu-koranabuhanga izagira uruhare rukomeye mu itangwa rya serivisi cyane cyane ko niba tuvuga ngo twateye imbere mu ikoranabuhanga, serivisi yakagombye guhabwa umuturage yihuse cyane mu buryo bwose bushoboka ugereranyije n’igihe tuvuyemo.”

Akomeza agira ati “Tuvuge niba wabonaga serivisi mu gihe cy’iminsi itanu cyangwa se mu gihe cy’ukwezi, ya serivisi washoboraga kubona mu gihe cy’ukwezi ukaba wayibona mu masaha nk’atatu cyangwa nk’atanu, cyangwa se ukaba wayibona ako kanya kubera ko hariho ikoranabuhanga ryorohereza itangwa rya serivisi.”

Akomeza avuga ko iyi Ndangamuntu izaza iha imbaraga ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga, nk’uko byifashishwa mu buryo bw’ubukungu, aho umuntu aba ashobora gukura amafaranga kuri konti ye atavuye aho ari, cyangwa umuntu akayoherereza undi yibereye mu rugo cyangwa ngo agire undi muntu umufasha mu rugendo rwo guhabwa iyo serivisi.

Ati “Muri iyo digital economy hakenewe iyo Ndangamuntu koranabuhanga kugira ngo yihutishe izo serivisi.”

 

Imiterere yayo irihariye

Manago Dieudonné avuga ko Indangamuntu yari isanzwe ikoreshwa na yo yari iy’ikoranabuhanga, ariko ko igiye gukoreshwa ubu ifite iryisumbuyeho.

Ati “Cyane cyane ko yari ishingiye ku bikumwe bibiri, wenda akarusho ni uko tugiye kujya ku ntoki icumi n’imboni z’amaso, n’isura, kandi ibyo byose bikaba bifite sisiteme ibigenzura.”

Avuga ko ibi bizanarandura uburiganya bwashoboraga kubaho bwatumaga hari umuntu ushobora gukoresha irangamuntu ebyiri.

Avuga ko iyi Ndangamuntu-Koranabuhanga, ku bayisanganywe, bazakomeza kugira nimero z’iyari isanzwe, kandi umuntu akazagira amahitamo y’uburyo yifuza kuyitunga.

Ati “Wowe nyiri ubwite ushobora guhitamo bakayigushyirira muri smart phone cyangwa bakayigupuritingira (Printing). Ni indangamuntu izaba iriho ifoto yawe na nimero y’irangamuntu, ntayandi makuru ariho. Wayita utayita, nimero yayo izakomeza kuba ya yindi, bitandukanye n’iyari iriho.”

Manago avuga ko mu gutanga iyi Ndangamuntu Koranabuhanga, umuntu azaba anafite uburyo bworoshye bwo gukosoza amakosa yaba yakozwe mu gukora iyi Ndangamuntu, kimwe no kujyanisha amakuru y’imyirondoro igezweho, ku buryo umuntu nazajya ashaka gukora ‘update’ y’aho atuye cyangwa andi makuru agezweho kuri we, bizajya bikorwa mu buryo bworoshye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − fourteen =

Previous Post

APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

Next Post

Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.