Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Izindi Ngabo za SADC n’intwaro zakuwe muri Congo zinyuzwa mu Rwanda mu masaha y’ijoro

radiotv10by radiotv10
05/05/2025
in MU RWANDA
0
Izindi Ngabo za SADC n’intwaro zakuwe muri Congo zinyuzwa mu Rwanda mu masaha y’ijoro
Share on FacebookShare on Twitter

Ikindi cyiciro cy’Ingabo zari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bwa SADC (SAMIDRC) cyacyuwe kinyujijwe mu Rwanda mu masaha y’ijoro, ahongeye kugaragara imodoka zari zitwaye ibikoresho byinshi byazo.

Iki cyiciro cya kabiri cyacyuwe mu ijoro ryacyeye ryo kuri iki Cyumweru tariki 04 Gicurasi 2025, aho izi ngabo n’ibikoresho byazo, n’ubundi banyujijwe ku mupaka munini uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ahagana ku isaha ya saa moya n’igice (19:30’) ni bwo mu imodoka zitwaye abasirikare n’ibikoresho byabo, zahagurutse mu Karere ka Rubavu, nyuma yo kwinjira mu Rwanda.

Umunyamakuru rwa RADIOTV10 ukorera mu Karere ka Rubavu, wari mu Mujyi wa Gisenyi ubwo izi modoka zatambukaga, aratangaz ako hanyuze nk’amakamyo 30 yari atwaye ibikoresho by’izi ngabo, byagaragaraga ko ari intwaro zirimo iza rutura.

Iki cyiciro cya kabiri kije gikurikira icya mbere cyagiye tariki 29 Mata 2025, aho na bwo hacyuwe ibikoresho byinshi, ndetse bikaba bivugwa ko hagiye abasirikare 57 bari banaherekeje ibyo bikoresho ndetse banagiye gutegurira bagenzi babo aho bagomba kuzakirirwa.

Iki cyiciro na cyo cyanyujijwe mu Rwanda, cyahise cyerekeza muri Tanzania, aho izi ngabo zigomba kuzabanza gushyirwa mu kigo zose kugira ngo zizagende zoherezwa mu Bihugu zaturutsemo birimo iki cya Tanzania, Afurika y’Epfo ndetse na Malawi.

Gen Rudzani Maphwanya, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Afurika y’Epfo ziri mu zifite abasirikare benshi muri ubu butumwa bwa SAMIDRC, yatangaje ko abasirikare bavuye i Goma, bamaze kugera muri Tanzania.

Yavuze ko abasirikare bageze muri Tanzania mu cyiciro cya mbere, bagomba gutegurira bagenzi babo bahategerejwe kugira ngo bazaze bahabasanga.

Hagaragaye amakamyo bigaragara ko yari atwaye intwaro za rutura

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − two =

Previous Post

Rubavu: Yaje kwitambika ubukwe bw’umugabo bigeze kubana baranabyarana Padiri arahagoboka

Next Post

Amagambo aryohereye Umuhanzikazi Vestine yakoresheje ataka umugabo we yanagaragaje itariki y’ubukwe bwabo

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Amagambo aryohereye Umuhanzikazi Vestine yakoresheje ataka umugabo we yanagaragaje itariki y’ubukwe bwabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.