Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kabila akomeje kugaragaza ko yahagurukiye ubutegetsi bwa Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
06/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kabila akomeje kugaragaza ko yahagurukiye ubutegetsi bwa Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, n’undi munyapolitiki wo muri iki Gihugu utavuga rumwe n’ubutegetsi buriho bwa Tshisekedi, bagaragaje amakosa bukora, ari na yo nyirabayazana y’ibibazo bicyugarije.

Ni nyuma yuko Joseph Kabila Kabange na Claudel André Lubaya wigeze kuba Umudepite mu Nteko ya DRC, bahuriye i Addis Ababa muri Ethiopia, bakaba bashyize hanze itangazo dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD, ryasohotse kuri uyu wa Mbere tariki 06 Mutarama 2025.

Muri iri tangazo, Joseph Kabila na Lubaya, banenga ibyemezo bifatwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi, aho bavuga ko ari “ibyemezo birimo guhubuka kandi byuzuye amakosa, ari na byo ntandaro yo kuzana ingabo z’amahanga zikomeje kujegeza FARDC.”

Muri iri tangazo, izi mpande zombi zivuga ko imbaraga nke z’ubutegetsi buriho muri Congo, no kuba budashoboye, ari na byo bikomeje gutuma ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu, bikomeza kuzamba.

Iri tangazo rigira riti “Ku bijyanye n’ibibazo by’umutekano, tubona bikomeje gukara bitewe n’iburabusha ryo kubishakira umuti. Imbaraga nke mu miyoborere zigaragara mu bikorwa bya gisirikare, ibya politiki, ibya dipolomasi mu kujyana n’aho igihe kigeze. Guhitamo no gufata ibyemezo byuzuyemo guhuzagurikia, biri mu ntandaro y’ihungabana ry’umutekano tubona ubu.”

Baboneyeho kandi kunenga uburyo ubutegetsi bwa Tshisekedi, bukomeje gukoresha ingabo z’amahanga zirimo inyeshyamba ndetse n’abacancuro, bakavuga ko ibi bikomeje kwangiza igisirikare cy’iki Gihugu cya Congo.

Bati “Nk’uko tubizi, amateka atwereka ko gushaka gukoresha ingabo z’amahanga, byagiye bigira ingaruka, kandi FARDC ifite ubushobozi bwo kurinda ubusugire bw’Igihugu cyacu no guhangana n’icyashaka kubuhungabanya aho cyaba gituruka hose.”

Bakomeje kandi bagaragaza ikibazo cy’abaturage bakomeje kugirwaho ingaruka n’ibi bibazo by’umutekano, basaba ko hashyirwaho uburyo bwo gutabara abakuwe mu byabo n’intambara, aho bagaragaje ko abagera kuri miliyoni 7 bavuye mu byabo bagahungira mu bice binyuranye by’iki Gihugu cya Congo, mu gihe abandi bagera muri Miliyoni 1 bahungiye mu Bihugu by’ibituranyi.

Itangazo rya Joseph Kabila na Claudel André Lubaya, rigiye hanze nyuma yuko uyu wayoboye DRC, mu mpera z’umwaka ushize anahuye n’umunyapolitiki, Moïse Katumbi Chapwe wanahatanye na Tshisekedi mu matora y’Umukuru w’Igihugu, na bo bakagaragaza inenge zidakwiye kwihanganirwa zigaragazwa n’ubutegetsi buriho muri Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + seven =

Previous Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Nyamasheke: Ahatwaye ubuzima bw’uwiteguraga kurushinga n’ubu haracyateje impungenge zajemo n’urujijo

Related Posts

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Nyuma y’ibitero by’indege z’intambara, uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwagabye mu gace ka Mikenke gatuwemo n’abaturage...

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

by radiotv10
13/11/2025
0

Ubwo urubyiruko rwinshi rwari ruteraniye kuri sitade El-Wak Sports Stadium i Accra  muri Ghana mu gikorwa cyo kureba abashaka kwinjira...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma yatangaje ibanga iri Huriro ryakoresheje kugira ngo ibice bigaruriye bibone ituze...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Eng.-Col.Willy Ngoma of M23 clarifies rumors, says FARDC did not retake even a single centimeter

by radiotv10
12/11/2025
0

The spokesperson of M23’s armed wing, Col. Willy Ngoma, revealed the strategy that the alliance used to stabilize areas it...

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

by radiotv10
12/11/2025
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ryasabye ko hakorwa iperereza ku mpfu z’abantu amagana bivugwa ko bishwe n’inzego...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Ahatwaye ubuzima bw’uwiteguraga kurushinga n’ubu haracyateje impungenge zajemo n’urujijo

Nyamasheke: Ahatwaye ubuzima bw’uwiteguraga kurushinga n’ubu haracyateje impungenge zajemo n’urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.