Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kabila akomeje kugaragaza ko yahagurukiye ubutegetsi bwa Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
06/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kabila akomeje kugaragaza ko yahagurukiye ubutegetsi bwa Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, n’undi munyapolitiki wo muri iki Gihugu utavuga rumwe n’ubutegetsi buriho bwa Tshisekedi, bagaragaje amakosa bukora, ari na yo nyirabayazana y’ibibazo bicyugarije.

Ni nyuma yuko Joseph Kabila Kabange na Claudel André Lubaya wigeze kuba Umudepite mu Nteko ya DRC, bahuriye i Addis Ababa muri Ethiopia, bakaba bashyize hanze itangazo dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD, ryasohotse kuri uyu wa Mbere tariki 06 Mutarama 2025.

Muri iri tangazo, Joseph Kabila na Lubaya, banenga ibyemezo bifatwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi, aho bavuga ko ari “ibyemezo birimo guhubuka kandi byuzuye amakosa, ari na byo ntandaro yo kuzana ingabo z’amahanga zikomeje kujegeza FARDC.”

Muri iri tangazo, izi mpande zombi zivuga ko imbaraga nke z’ubutegetsi buriho muri Congo, no kuba budashoboye, ari na byo bikomeje gutuma ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu, bikomeza kuzamba.

Iri tangazo rigira riti “Ku bijyanye n’ibibazo by’umutekano, tubona bikomeje gukara bitewe n’iburabusha ryo kubishakira umuti. Imbaraga nke mu miyoborere zigaragara mu bikorwa bya gisirikare, ibya politiki, ibya dipolomasi mu kujyana n’aho igihe kigeze. Guhitamo no gufata ibyemezo byuzuyemo guhuzagurikia, biri mu ntandaro y’ihungabana ry’umutekano tubona ubu.”

Baboneyeho kandi kunenga uburyo ubutegetsi bwa Tshisekedi, bukomeje gukoresha ingabo z’amahanga zirimo inyeshyamba ndetse n’abacancuro, bakavuga ko ibi bikomeje kwangiza igisirikare cy’iki Gihugu cya Congo.

Bati “Nk’uko tubizi, amateka atwereka ko gushaka gukoresha ingabo z’amahanga, byagiye bigira ingaruka, kandi FARDC ifite ubushobozi bwo kurinda ubusugire bw’Igihugu cyacu no guhangana n’icyashaka kubuhungabanya aho cyaba gituruka hose.”

Bakomeje kandi bagaragaza ikibazo cy’abaturage bakomeje kugirwaho ingaruka n’ibi bibazo by’umutekano, basaba ko hashyirwaho uburyo bwo gutabara abakuwe mu byabo n’intambara, aho bagaragaje ko abagera kuri miliyoni 7 bavuye mu byabo bagahungira mu bice binyuranye by’iki Gihugu cya Congo, mu gihe abandi bagera muri Miliyoni 1 bahungiye mu Bihugu by’ibituranyi.

Itangazo rya Joseph Kabila na Claudel André Lubaya, rigiye hanze nyuma yuko uyu wayoboye DRC, mu mpera z’umwaka ushize anahuye n’umunyapolitiki, Moïse Katumbi Chapwe wanahatanye na Tshisekedi mu matora y’Umukuru w’Igihugu, na bo bakagaragaza inenge zidakwiye kwihanganirwa zigaragazwa n’ubutegetsi buriho muri Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Nyamasheke: Ahatwaye ubuzima bw’uwiteguraga kurushinga n’ubu haracyateje impungenge zajemo n’urujijo

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Ahatwaye ubuzima bw’uwiteguraga kurushinga n’ubu haracyateje impungenge zajemo n’urujijo

Nyamasheke: Ahatwaye ubuzima bw’uwiteguraga kurushinga n’ubu haracyateje impungenge zajemo n’urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.