Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kabila akomeje kugaragaza ko yahagurukiye ubutegetsi bwa Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
06/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kabila akomeje kugaragaza ko yahagurukiye ubutegetsi bwa Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, n’undi munyapolitiki wo muri iki Gihugu utavuga rumwe n’ubutegetsi buriho bwa Tshisekedi, bagaragaje amakosa bukora, ari na yo nyirabayazana y’ibibazo bicyugarije.

Ni nyuma yuko Joseph Kabila Kabange na Claudel André Lubaya wigeze kuba Umudepite mu Nteko ya DRC, bahuriye i Addis Ababa muri Ethiopia, bakaba bashyize hanze itangazo dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD, ryasohotse kuri uyu wa Mbere tariki 06 Mutarama 2025.

Muri iri tangazo, Joseph Kabila na Lubaya, banenga ibyemezo bifatwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi, aho bavuga ko ari “ibyemezo birimo guhubuka kandi byuzuye amakosa, ari na byo ntandaro yo kuzana ingabo z’amahanga zikomeje kujegeza FARDC.”

Muri iri tangazo, izi mpande zombi zivuga ko imbaraga nke z’ubutegetsi buriho muri Congo, no kuba budashoboye, ari na byo bikomeje gutuma ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu, bikomeza kuzamba.

Iri tangazo rigira riti “Ku bijyanye n’ibibazo by’umutekano, tubona bikomeje gukara bitewe n’iburabusha ryo kubishakira umuti. Imbaraga nke mu miyoborere zigaragara mu bikorwa bya gisirikare, ibya politiki, ibya dipolomasi mu kujyana n’aho igihe kigeze. Guhitamo no gufata ibyemezo byuzuyemo guhuzagurikia, biri mu ntandaro y’ihungabana ry’umutekano tubona ubu.”

Baboneyeho kandi kunenga uburyo ubutegetsi bwa Tshisekedi, bukomeje gukoresha ingabo z’amahanga zirimo inyeshyamba ndetse n’abacancuro, bakavuga ko ibi bikomeje kwangiza igisirikare cy’iki Gihugu cya Congo.

Bati “Nk’uko tubizi, amateka atwereka ko gushaka gukoresha ingabo z’amahanga, byagiye bigira ingaruka, kandi FARDC ifite ubushobozi bwo kurinda ubusugire bw’Igihugu cyacu no guhangana n’icyashaka kubuhungabanya aho cyaba gituruka hose.”

Bakomeje kandi bagaragaza ikibazo cy’abaturage bakomeje kugirwaho ingaruka n’ibi bibazo by’umutekano, basaba ko hashyirwaho uburyo bwo gutabara abakuwe mu byabo n’intambara, aho bagaragaje ko abagera kuri miliyoni 7 bavuye mu byabo bagahungira mu bice binyuranye by’iki Gihugu cya Congo, mu gihe abandi bagera muri Miliyoni 1 bahungiye mu Bihugu by’ibituranyi.

Itangazo rya Joseph Kabila na Claudel André Lubaya, rigiye hanze nyuma yuko uyu wayoboye DRC, mu mpera z’umwaka ushize anahuye n’umunyapolitiki, Moïse Katumbi Chapwe wanahatanye na Tshisekedi mu matora y’Umukuru w’Igihugu, na bo bakagaragaza inenge zidakwiye kwihanganirwa zigaragazwa n’ubutegetsi buriho muri Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − ten =

Previous Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Nyamasheke: Ahatwaye ubuzima bw’uwiteguraga kurushinga n’ubu haracyateje impungenge zajemo n’urujijo

Related Posts

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na...

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe...

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Ahatwaye ubuzima bw’uwiteguraga kurushinga n’ubu haracyateje impungenge zajemo n’urujijo

Nyamasheke: Ahatwaye ubuzima bw’uwiteguraga kurushinga n’ubu haracyateje impungenge zajemo n’urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.