Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kagame yagaragarije abaturage impamvu amahitamo y’uzabayobora adakwiye kubagora

radiotv10by radiotv10
11/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kagame yagaragarije abaturage impamvu amahitamo y’uzabayobora adakwiye kubagora
Share on FacebookShare on Twitter

Chairman w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Paul Kagame akaba n’umukandida wawo mu matora ya Perezida wa Repubulika, yavuze ko Abanyarwanda basubije amaso inyuma, bakareba aho bavuye n’aho bageze, ubundi batagakwiye kugorwa no guhitamo uzabayobora. Ati “uko gutora ubundi biba bikwiye koroha.”

Umukandida wa FPR-Inkotanyi, yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 11 Nyakanga 2024, kuri Site ya Gakenke ahari hateraniye Abanyamuryango babarirwa mu bihumbi 200 baturutse mu Turere twa Gakenke, Burera na Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru.

Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame yavuze ko habura iminsi micye ngo amatora abe, kandi ko uwo gutora bamuzi, kandi bakaba bafite n’impamvu bazamuhitamo.

Ati “Gutora ni uguhitamo ku gipfunsi, kuri FPR. Icyo bivuze uko guhitamo, usubije amaso inyuma mu mateka yacu, ukareba aho tuvuye, nanone ukareba urugendo tumaze kugenda kugeza uyu munsi, uko gutora ubundi biba bikwiye koroha.”

Yavuze ko abantu bakwiye kureba ibyo bifuza kugeraho, bakareba inzira yazabafasha kuzabigeraho, ubundi bagakora amahitamo meza azatuma babigeraho.

Yagarutse ku buhamya bwatanzwe na bamwe mu banyamuryango ba FPR-Inkotanyi bagaragaje ibyagezweho muri iyi myaka 30, u Rwanda ruvuye mu mateka mabi yaranzwe n’ubutegetsi bubi bwari bwaroretse Igihugu.

Yasabye abantu kutemera kobohwa n’aya mateka mabi yabayeho yagizwemo uruhare n’ubutegetsi bubi, ahubwo bagahanga amaso ibyiza bifuza kugeraho.

Ati “Wibanze ku byo tumaze kunyuramo n’ibyo dusize inyuma, byagutesha umutwe, ibyiza rero ibyo byashize tumaze kunyuramo, tubivanamo isomo, tukareba imbere aho tujya, n’ibyiza byavuzwe bimaze kugerwaho, ibyiza kurusha inshuro nyinshi biri imbere aho tujya.” Abaturage bati “biracyaza biracyaza, dufitanye igihango dufitanye igihango.” Chairman wa FPR na we ati “Muzi n’impamvu ariko? Icyo gihango ni cyo twubakiraho, indi mpamvu, ubushobozi bwariyongere, ubumenyi bwariyongereye, ndetse n’umubare w’Abanyarwanda wariyongereye.”

Yakomeje agaragaza ko uku kwiyongera kw’Abanyarwanda ari amahirwe kuko bamaze kwihitiramo uko bagomba kubaka Igihugu cyabo, ndetse bakanagena inzira bagomba kunyuramo zirimo iyi yo kuzihitiramo umuyobozi ubabereye mu matora azaba mu cyumweru gitaha.

Ati “Ibyo ntabwo igikorwa cyo ku itariki 15 z’uku kwezi turimo cyaba ari cyo kitubera imbogamizi ahubwo kwa gutera igikumwe icyo bivuze ni ukuvuga ngo turakomeye, ni ukuvuga ngo turiteguye.”

Yavuze ko ibyagezweho byose byavuzwe yaba amashuri, imihanda, amavuriro, iterambere ry’ubuhinzi, n’ubundi ari byo bibereye Abanyarwanda nubwo bari barabyimwe igihe kinini n’ubutegetsi bwabanje, ariko ubu imiyoborere ya FPR ikaba ishyize imbere imisingi ifasha Abanyarwanda kugera ku byiza.

 

Ubunyarwanda buze imbere ya byose

Chairman wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame yavuze ko uyu Muryango ushyira imbere ubumwe bw’Abanyarwanda kandi ko ari bwo bakesha ibyo bagezeho byose.

Ati “Turi Abanyarwanda, hanyuma yo kuba Abanyarwanda tukaba n’ibindi twaba dushaka kuba byo, u Rwanda ni rwo ruza imbere rero, ni bwo bwa bumwe tuvuga, ibindi uko dutandukanye, nabyo biduha imbaraga zisumbye iyo tubishyize hamwe.”

Nanone politiki nziza yubakiye ku Majyambere, ndetse byose bikagira umutekano wo kubirinda, kandi na wo ukaba waramaze kubakwa ku buryo butajegajega.

Ati “Wowe wakubaka inzu, ejo ukifuza ko ikugwa hejuru cyangwa ko igwa? Oya, tugomba kurinda ibyo twubatse, umutekano rero ni ngombwa.”

Yavuze kandi ko mu kurinda uyu mutekano, abaturage ari bo babifitemo uruhare runini by’umwihariko abakiri bato bagifite imbaraga kurusha abari gukura babyina bavamo.

Yibukije Abanyamuryango ko igihe bazaba binjiye mu cyumba cy’itora, bagomba kuzirikana ibi byose. Ati “Ku itariki 15 nujya gutora ushyiraho igikumwe, aho ugishyira, ni ukwibuka aya mateka yose twavugaga agomba guhinduka, n’imbere aho tugomba kujya ibihatugeza. Ni icyo gipfunsi, ni FPR, ni mwebwe. Turabizeye rero no muri cya gihango, igihango ntabwo kiberaho ubusa, kiberaho kugira ngo kivemo ibikorwa bizima bigeza abantu kure.”

Paul Kagame yabwiye aba baturage ko ajyanye icyizere ko gahunda y’amatora izagenda neza, kandi bakazagira amahitamo meza nk’uko n’ubundi batahwemye kuyagira, anabasezeranya ko azasubirayo bakishimira intsinzi, na bo bamwizeza kuzamuhishira, ubundi bakazatarama.

Paul Kagame, Chairman wa FPR-Inkotanyi ubwo yageraga kuri site yabanje gusuhuza abaturage

Yasuhuje umwana muto amuha chance

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + six =

Previous Post

Hasobanuwe uko Rwanda rwabyitwaramo igihe u Bwongereza bwarusaba kubusubiza amafaranga bwaruhaye

Next Post

IFOTO Y’UMUNSI: Kagame yatunguye umwana muto wari wambariye byuzuye umuryango FPR-Inkotanyi

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kagame yagaragarije abaturage impamvu amahitamo y’uzabayobora adakwiye kubagora

IFOTO Y’UMUNSI: Kagame yatunguye umwana muto wari wambariye byuzuye umuryango FPR-Inkotanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.