Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KAGUGU: Mukantabana wonsa umwuzukuru we arasaba ubufasha

radiotv10by radiotv10
18/10/2021
in MU RWANDA
0
KAGUGU: Mukantabana wonsa umwuzukuru we arasaba ubufasha
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage witwa Mukantabana Marie Jeanne wo mu mudugudu wa Rukingu mu kagali ka Kagugu mu murenge wa Kinyinya ho mu karere ka Gasabo arasaba ubuyobozi kumutera inkunga kuko yahuye n’ikibazo umwana we w’umukobwa wari umaze ukwezi abyaye akaza gufatwa n’uburwayi bwo mu mutwe kuri ubu akaba ariwe usigaye yonsa uruhinja rw’uyu murwayi.

Uyu Mukantabana Marie Jeanne atuye mu mudugudu wa Rukingu mu murenge wa Kinyinya ho mu karere ka Gasabo uyu arasaba ubufasha bitewe n’uko umwana we w’umukobwa nyuma yo gushaka amaze kubyara yafashwe n’uburwayi bwo mu mutwe kuri ubu akaba ari mu bitaro byita kubafite uburwayi bwo mu mutwe i Ndera ibi byatumye uyu mukecuru w’abana batanu ariwe usigara yonsa uru ruhinja rw’amezi ane bikaniyongeraho ko we n’umugabo we bahoranaga amakimbirane magingo aya nawe akaba afunzwe ari nabyo aheraho asaba ubufasha kuko ngo atorohewe no kurera uru ruhinja rwiyongereye kubana asanganywe

Yagize ati”umwana akimara gushaka yahise afatwa n’uburwayi umugabo aramutuzunira nkomeza kumwitaho jyenyine kuko umugabo wanjye twamubyaranye nawe ntitwari tubanye neza ibaze ko iyo umwana yagiraga ikibazo papa we yahitagamo kumuboha amaguru n’amaboko akanamukubita ibyo byose bikambabaza ninabyo byatumye murega agafungwa”

Uyu mugore avuga ko atorohewe no kurera urwo ruhinja cyimwe n’abana umugabo yamusigiye.

Ati” ubu kwita kuri uru ruhinja n’abana batanu mfite ntabwo binyoroheye rwose munkorere ubuvugizi abagiraneza bantabare ndagowe”

Bamwe mu baturanyi ba Mukantabana bavuganye na Radio&TV10 nabo bemeza ko akwiye gufashwa kuko ngo abayeho mu buzima busharirirye

Umwe yagize ati”uyu muntu ni uwo gutabarwa reba abana bamuri ku mutwe n’umugabo we ntacyo amumariye”.

Mugenzi we ati”reta nirebe uko ifasha uyu mubyeyi kuko ntiyorohewe ubuse koko azikorera ibibazo afite abishobore?”

Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’akagari ka Kagugu twabashije kuvugana bavuga ko nabo icyo bari gukora ari ubuvugizi uyu muturage agafashwa gukomeza kwita kuri uru ruhinja no kubona ubushobozi bwo kuvuza uriya murwayi.

Mazimpaka Patric umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Kagugu uyu muturage atuyemo yagize ati” icyo kibazo turakizi rero icyo tugiye gukora ni ukohereza abajyanama b’ubuzima bagakurikirana uyu mwana kugirango atazahura n’ikibazo cy’imirire mibi ikindi natwe turakomeza dukore ubuvugizi uyu mukecuru afashwe gukurikirana uriya mu rwayi”.

Amakuru Radio TV10 yamenye ni uko umugabo wari warashakanye n’uriya mu rwayi amaze gufatwa n’indwara yahise aburirwa irengero.

Inkuru ya Ntakirutimana Pacifique/Radio&Tv10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 8 =

Previous Post

CRCKET: Imikino y’amajonjora y’igikombe cy’isi mu bagabo ikomeje kubera mu Rwanda, U Rwanda rwatsinzwe na Uganda

Next Post

NYAGATARE: Abatuye mu murenge wa Karangazi bafite impamvu ituma bashyingura mu ngo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
NYAGATARE: Abatuye mu murenge wa Karangazi bafite impamvu ituma bashyingura mu ngo

NYAGATARE: Abatuye mu murenge wa Karangazi bafite impamvu ituma bashyingura mu ngo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.