Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kagura miliyoni 6Frw: Abafite ubumuga bwo kutumva bagaragaje inzitizi z’igiciro gihanitse cy’agakoresha kabafasha

radiotv10by radiotv10
08/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kagura miliyoni 6Frw: Abafite ubumuga bwo kutumva bagaragaje inzitizi z’igiciro gihanitse cy’agakoresha kabafasha
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bagaragaza ko bagihura n’imbogamizi zirimo no kuba inyunganirangingo zibafasha kumva, zihenze ku buryo nk’akuma kabafasha gashobora kugeza no muri miliyoni 6 Frw.

Bizimana Jean Damascene, ni umukozi mu muryango nyarwanda w’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kuvuga, avuga ko abafite ubu bumuga bari bakwiye gufashwa kubona ibi bikoresho byabafasha kuva mu bwingunge.

Ati “Ibiciro birahanitse cyane. Akuma kamwe gashobora kugura miliyoni esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda kuzamura bitewe n’ubwoko waguze, rero urumva ko uw’amikoro macye kukigondera biragora.”

Akomeza avuga ko kuko Leta isanzwe ari umubyeyi w’abaturage, yari ikwiye gutekereza ku bafite ubu bumuga kugira ngo babashe kubona utwo twuma mu buryo buboroheye.

Ati “Dushyizwe kuri mituweli, buri wese yajya agashaka akakabona bitamugoye.”

Gusa Bizimana Jean Damascene avuga ko uretse kuba utu twuma tunahenze hari n’ubwo abo batuguraho bashobora kudatunganya neza, ku buryo dushobora no kugira izindi ngaruka ku badukoresha.

Umuyobozi w’Inama y’Igihugu y’Abantu bafite ubumuga mu Rwanda, Emmanuel Ndayisaba avuga ko barimo kuganira na Ministeri y’Ubuzima ndetse n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize RSSB kugira ngo insimburangingo n’inyunganirangingo zikenerwa zijye zishyurwa hakoreshejwe ubwishingizi. Ati “Vuba cyane bizaba byagiye mu buryo.”

Emmanuel Ndayisaba anagira inama bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga kujya begera inzego zibishinzwe zikabapima bakamenya igipimo cy’uburyo bajya bashyiraho utwi twuma bagiye kubambika kugira ngo tutabangiza amatwi.

Abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga baba mu byiciro bitandukanye, harimo umuntu ubasha kuba yakumva ariko atavuga, hakaba ushobora kuba yavuga ariko atumva, hakabamo utabasha kumva ntanabashe no kuvuga, hakabamo n’ushobora kuba yakumvamo gacye ari na we ushobora gukenera utwuma two mu matwi dushobora gukurura ijwi riri hafi ye akaba yaryumva neza.

Imibare y’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga neza ntiratangazwa, gusa Inama y’Igihugu y’Abantu bafite ubumuga ivuga ko umubare wabo uza ku mwanya wa kabiri mu kugira  abantu benshi mu bafite ubumuga mu Rwanda babarirwa mu bihumbi 70.

Mu Rwanda kanzi hamaze iminsi hatangiye igikorwa cyo kubarura abafite ubumuga kugira ngo imibare yabo imenyekane, binafashe mu bikorwa byo kubafasha n’igenamigambi ryabo.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Polisi y’u Rwanda igiye kunguka Abapolisi Bakuru 34 bafite ubumenyi mu kurwanya ruswa

Next Post

Udushya dutegerejwe mu gitaramo cyo gutarama umuhanzi Nyarwanda umaze imyaka ibiri yitabye Imana

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Udushya dutegerejwe mu gitaramo cyo gutarama umuhanzi Nyarwanda umaze imyaka ibiri yitabye Imana

Udushya dutegerejwe mu gitaramo cyo gutarama umuhanzi Nyarwanda umaze imyaka ibiri yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.