Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kagura miliyoni 6Frw: Abafite ubumuga bwo kutumva bagaragaje inzitizi z’igiciro gihanitse cy’agakoresha kabafasha

radiotv10by radiotv10
08/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kagura miliyoni 6Frw: Abafite ubumuga bwo kutumva bagaragaje inzitizi z’igiciro gihanitse cy’agakoresha kabafasha
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bagaragaza ko bagihura n’imbogamizi zirimo no kuba inyunganirangingo zibafasha kumva, zihenze ku buryo nk’akuma kabafasha gashobora kugeza no muri miliyoni 6 Frw.

Bizimana Jean Damascene, ni umukozi mu muryango nyarwanda w’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kuvuga, avuga ko abafite ubu bumuga bari bakwiye gufashwa kubona ibi bikoresho byabafasha kuva mu bwingunge.

Ati “Ibiciro birahanitse cyane. Akuma kamwe gashobora kugura miliyoni esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda kuzamura bitewe n’ubwoko waguze, rero urumva ko uw’amikoro macye kukigondera biragora.”

Akomeza avuga ko kuko Leta isanzwe ari umubyeyi w’abaturage, yari ikwiye gutekereza ku bafite ubu bumuga kugira ngo babashe kubona utwo twuma mu buryo buboroheye.

Ati “Dushyizwe kuri mituweli, buri wese yajya agashaka akakabona bitamugoye.”

Gusa Bizimana Jean Damascene avuga ko uretse kuba utu twuma tunahenze hari n’ubwo abo batuguraho bashobora kudatunganya neza, ku buryo dushobora no kugira izindi ngaruka ku badukoresha.

Umuyobozi w’Inama y’Igihugu y’Abantu bafite ubumuga mu Rwanda, Emmanuel Ndayisaba avuga ko barimo kuganira na Ministeri y’Ubuzima ndetse n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize RSSB kugira ngo insimburangingo n’inyunganirangingo zikenerwa zijye zishyurwa hakoreshejwe ubwishingizi. Ati “Vuba cyane bizaba byagiye mu buryo.”

Emmanuel Ndayisaba anagira inama bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga kujya begera inzego zibishinzwe zikabapima bakamenya igipimo cy’uburyo bajya bashyiraho utwi twuma bagiye kubambika kugira ngo tutabangiza amatwi.

Abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga baba mu byiciro bitandukanye, harimo umuntu ubasha kuba yakumva ariko atavuga, hakaba ushobora kuba yavuga ariko atumva, hakabamo utabasha kumva ntanabashe no kuvuga, hakabamo n’ushobora kuba yakumvamo gacye ari na we ushobora gukenera utwuma two mu matwi dushobora gukurura ijwi riri hafi ye akaba yaryumva neza.

Imibare y’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga neza ntiratangazwa, gusa Inama y’Igihugu y’Abantu bafite ubumuga ivuga ko umubare wabo uza ku mwanya wa kabiri mu kugira  abantu benshi mu bafite ubumuga mu Rwanda babarirwa mu bihumbi 70.

Mu Rwanda kanzi hamaze iminsi hatangiye igikorwa cyo kubarura abafite ubumuga kugira ngo imibare yabo imenyekane, binafashe mu bikorwa byo kubafasha n’igenamigambi ryabo.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + eighteen =

Previous Post

Polisi y’u Rwanda igiye kunguka Abapolisi Bakuru 34 bafite ubumenyi mu kurwanya ruswa

Next Post

Udushya dutegerejwe mu gitaramo cyo gutarama umuhanzi Nyarwanda umaze imyaka ibiri yitabye Imana

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Udushya dutegerejwe mu gitaramo cyo gutarama umuhanzi Nyarwanda umaze imyaka ibiri yitabye Imana

Udushya dutegerejwe mu gitaramo cyo gutarama umuhanzi Nyarwanda umaze imyaka ibiri yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.