Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kagura miliyoni 6Frw: Abafite ubumuga bwo kutumva bagaragaje inzitizi z’igiciro gihanitse cy’agakoresha kabafasha

radiotv10by radiotv10
08/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kagura miliyoni 6Frw: Abafite ubumuga bwo kutumva bagaragaje inzitizi z’igiciro gihanitse cy’agakoresha kabafasha
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bagaragaza ko bagihura n’imbogamizi zirimo no kuba inyunganirangingo zibafasha kumva, zihenze ku buryo nk’akuma kabafasha gashobora kugeza no muri miliyoni 6 Frw.

Bizimana Jean Damascene, ni umukozi mu muryango nyarwanda w’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kuvuga, avuga ko abafite ubu bumuga bari bakwiye gufashwa kubona ibi bikoresho byabafasha kuva mu bwingunge.

Ati “Ibiciro birahanitse cyane. Akuma kamwe gashobora kugura miliyoni esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda kuzamura bitewe n’ubwoko waguze, rero urumva ko uw’amikoro macye kukigondera biragora.”

Akomeza avuga ko kuko Leta isanzwe ari umubyeyi w’abaturage, yari ikwiye gutekereza ku bafite ubu bumuga kugira ngo babashe kubona utwo twuma mu buryo buboroheye.

Ati “Dushyizwe kuri mituweli, buri wese yajya agashaka akakabona bitamugoye.”

Gusa Bizimana Jean Damascene avuga ko uretse kuba utu twuma tunahenze hari n’ubwo abo batuguraho bashobora kudatunganya neza, ku buryo dushobora no kugira izindi ngaruka ku badukoresha.

Umuyobozi w’Inama y’Igihugu y’Abantu bafite ubumuga mu Rwanda, Emmanuel Ndayisaba avuga ko barimo kuganira na Ministeri y’Ubuzima ndetse n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize RSSB kugira ngo insimburangingo n’inyunganirangingo zikenerwa zijye zishyurwa hakoreshejwe ubwishingizi. Ati “Vuba cyane bizaba byagiye mu buryo.”

Emmanuel Ndayisaba anagira inama bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga kujya begera inzego zibishinzwe zikabapima bakamenya igipimo cy’uburyo bajya bashyiraho utwi twuma bagiye kubambika kugira ngo tutabangiza amatwi.

Abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga baba mu byiciro bitandukanye, harimo umuntu ubasha kuba yakumva ariko atavuga, hakaba ushobora kuba yavuga ariko atumva, hakabamo utabasha kumva ntanabashe no kuvuga, hakabamo n’ushobora kuba yakumvamo gacye ari na we ushobora gukenera utwuma two mu matwi dushobora gukurura ijwi riri hafi ye akaba yaryumva neza.

Imibare y’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga neza ntiratangazwa, gusa Inama y’Igihugu y’Abantu bafite ubumuga ivuga ko umubare wabo uza ku mwanya wa kabiri mu kugira  abantu benshi mu bafite ubumuga mu Rwanda babarirwa mu bihumbi 70.

Mu Rwanda kanzi hamaze iminsi hatangiye igikorwa cyo kubarura abafite ubumuga kugira ngo imibare yabo imenyekane, binafashe mu bikorwa byo kubafasha n’igenamigambi ryabo.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + four =

Previous Post

Polisi y’u Rwanda igiye kunguka Abapolisi Bakuru 34 bafite ubumenyi mu kurwanya ruswa

Next Post

Udushya dutegerejwe mu gitaramo cyo gutarama umuhanzi Nyarwanda umaze imyaka ibiri yitabye Imana

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Udushya dutegerejwe mu gitaramo cyo gutarama umuhanzi Nyarwanda umaze imyaka ibiri yitabye Imana

Udushya dutegerejwe mu gitaramo cyo gutarama umuhanzi Nyarwanda umaze imyaka ibiri yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.