Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kamonyi: Ahakomeje gutwara ubuzima bw’abantu hatumye abaturage bagenera ubuyobozi ubutumwa bukomeye

radiotv10by radiotv10
22/05/2023
in MU RWANDA
0
Kamonyi: Ahakomeje gutwara ubuzima bw’abantu hatumye abaturage bagenera ubuyobozi ubutumwa bukomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye hafi n’abagenda ku kiraro cya Kayumbu giherereye mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi ku muhanda Kigali- Huye- Akanyaru, bavuga ko batumva icyabuze ngo gisubizweho ibyuma byatangiraga abantu byavuyeho bigatuma hakomeje kugwa abantu bakahasiga ubuzima.

Ibi babivuze nyuma y’uko mu gitondo cyo wa Kane w’iki cyumweru tariki 18 Gicurasi 2023, iki kiraro cyaguyemo umusaza wari uri ku igare akikanga imodoka, agahita ahasiga ubuzima.

Uyu musaza ngo si we wa mbere wituye muri iki kiraro kuko ngo mu bihe bitandukanye hagiye hagwamo n’ abandi.

Bifuza ko ibi byuma byasubizwaho kuko ngo byagabanya impanuka zibera kuri iki kiraro.

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Dr. Nahayo Sylvere avuga ko ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi mu Rwanda, RTDA ibi byuma bisubizwa kuri iki kiraro mu gihe cya vuba.

Uretse kuba ibyuma abanyamaguru bafatagaho bambuka iki kiraro byaracitse ari cyo gituma abantu bakigwamo cyane, kuba ntawe ugwamo ngo arokoke biterwa nuko ari kirekire mu bujyakuzimu.

Ikindi kandi harimo amabuye manini ku buryo uryikubiseho bitakoroha ko avamo ari muzima.

Iki kiraro giherereye mu ikorosi ku buryo bigoranye ko umuntu yamenya ko imbere ye cyangwa inyuma ye hari guturuka ikinyabiziga, ibituma benshi bagihuriraho na byo.

Bavuga batumva icyabuze ngo ibyuma byahozeho bisubizweho

Callixte NDAGIJIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 20 =

Previous Post

Bwa mbere Israel Mbonyi yahishuye aho Imana yamweretse azakura umugore mwiza

Next Post

Kwibuka29: Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse bagenera ubutumwa abapfobya Jenoside

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka29: Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse bagenera ubutumwa abapfobya Jenoside

Kwibuka29: Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse bagenera ubutumwa abapfobya Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.