Saturday, May 17, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka29: Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse bagenera ubutumwa abapfobya Jenoside

radiotv10by radiotv10
22/05/2023
in MU RWANDA
0
Kwibuka29: Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse bagenera ubutumwa abapfobya Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango n’ubuyobozi bwa Koperatice CODACE y’abahoze ari abashoferi ba Leta, bavuga ko igihe cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ari umwanya wo kuzirikana ibyabaye no guharanira ko bitazongera ukundi, no guha ubutumwa abayipfobya ko imigambi yabo itazagira aho ibageza.

Byagarutsweho kuri iki Cyumweru tariki 21 Gicurasi ubwo ubuyobozi n’abanyamuryango b’iyi Koperative ya CODACE bakoraga igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, cyaranzwe n’igikorwa cyo gusura Urwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 zishwe muri Jenoside.

Bamwe mu banyamuryango b’iyi Koperative bavuga ko uyu ari umwanya wo gusubiza amaso inyuma bagaharanira icyatuma ibyabaye bitazongera kubaho ukundi.

Rutayisire Rose “Iki gikorwa cyadushimishije cyane nk’abacitse ku cumu rya Jenoside, cyadusubijemo ibyishimo kiturinda kwiheba no kwigunga kuko hano kuri uru Rwibutso rwa Gisozi mpafite abavandimwe banjye, kuba rero CODACE yamfashije kuza kubibuka ndetse n’abandi bahashyinguye ni igikorwa gikomeye cyane.”

Akomeza avuga ko nubwo Jenoside yamusigiye ingaruka zikomeye, ariko ataheranywe n’agahinda kuko yaharaniye kubaho kandi neza nkuko Leta y’ubumwe bw’Abanyarwanda itahwemye kubikangurira Abanyarwanda.

Ati “Abatwiciye bakadutwikira n’amazu bari bazi ko birangiye, ariko ubu mfite inzu yannjye, mfite n’imodoka yannjye n’abana nabashije kubarihira bariga. Ibyo byose byavuye mu kwiyubaka kandi ndabikesha Leta y’ubumwe.”

Muhumuza Iddi, na we ni umwe mu banyamuryango ba CODACE avuga ko Kwibuka Jenoside bibaha gutekereza ku byahise bityo bagafata ingamba zo guharanira icyatuma hatongera kuba amacakubiri.

Ygize ati “Kwibuka biduha gutekereza ku byahise bikaduha kwibuka uko u Rwanda twarusanze kuko njye nari umwe mu Nkotanyi. Kwibuka aho u Rwanda rwari ruri muri kiriya gihe nkongera nkareba aho rugeze rwiyubaka mu iterambere n’ibindi byinshi, bimpa rero kwibuka umuvu w’amaraso watembaga mu 1994. Ibyo byose bimpa kumenya agaciro ko kwibuka n’uko bifasha buri Munyarwanda.”

Umuyobozi wa Koperative CODACE, Nkusi Assier avuga ko abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatusti bakwiye kubihagarika kuko ntacyo bizabagezaho.

Yagize ati “Abapfobya Jenoside bo nibasubize amerwe mu isaho kuko nta gihe batayipfobeje ariko bamenye ko kuyipfobya no kuyihakana bitazigera bibaha imbaraga zo kugira icyo bageraho kandi bibuke ko n’abayihagaritse ntaho bagiye baracyahari, rero nemera ntashidikanya ko uhakana n’upfobya, umugambi wabo utazagerwaho.”

Mu rugamba rwo kwiyubaka no kwiteza imbere, Assier avuga ko bageze kuri byinshi bafatanyije nk’abanyamuryango, bahuje amateka kuko bamwe muri bo bari mu ngabo zahoze ari iza RPA, zabohoye u Rwanda zikanahagarika Jenoside yakorewe Abatutsi.

Utetiwabo Christine ahagarariye Ibuka mu Murenge wa Kanombe, avuga ko kwibuka kuri iyi nshuro ari ibyagaciro kwifatanya na CODACE kuko bamwe muri bo bari mu ngabo zabohoye Igihugu.

Yagize ati “kwifatanya na codace muri iki gikorwa cyo kwibuka ni iby’agaciro gakomeye kuri twe nk’abacitse ku icumu cyane ko CODACE igizwe n’abanyamuryango bari Inkotanyi ari nazo zagize uruhare mu kubohora iki Gihugu, zikarokora Abatutsi bicwaga zikanasubiza Igihugu kongera kubaho.”

CODACE ni Koperatice igizwe n’abanyamuryango basaga mirongo inani (80) bahoze ari abashoferi ba Leta, bamaze gusezererwa ubwo hashyirwagaho ikiswe zero sharuwa, bakishyira hamwe bagashinga iyi Koperative igamije gutwara abantu mu modoka ntoya.

Basuye Urwibutso rwa Kigali
Bunamira inzirakarengane ziharuhukiye
Habayeho n’umwanya wo gutanga ubuhamya

Muhumuza Iddi
Nkusi Assier yibukije abahakana n’abapfobya Jenoside ko ntacyo bazageraho
Utetiwabo Christine

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 12 =

Previous Post

Kamonyi: Ahakomeje gutwara ubuzima bw’abantu hatumye abaturage bagenera ubuyobozi ubutumwa bukomeye

Next Post

Hatahuwe inzoga y’inkorano ifite izina ridasanzwe ivugwaho gukoresha amahano abayinywa

Related Posts

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

by radiotv10
17/05/2025
0

Abazi umugabo ufite akabari mu Mudugudu wa Mukazanyana mu Kagari ka Sazange mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye,...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

by radiotv10
16/05/2025
0

Dosiye y’ikirego kiregwamo Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’, yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha kugira ngo buyisuzume buzayiregere Urukiko. Bishop Gafaranga...

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

by radiotv10
16/05/2025
0

Umugabo ufite akabari acururizamo inzoga yitwa ‘Indege’ mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, arakekwaho kwica mugenzi we amukubise...

America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

by radiotv10
16/05/2025
0

Massad Boulos, Umujyanama Mukuru wa Perezida Trump ku bijyanye na Afurika, yatangaje ko yavuganye na Perezida Paul Kagame na Felix...

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

Umuturage wishyuza ikigo cya Leta Miliyoni 280Frw yavuze icyo yavuzweho kikamubabaza

by radiotv10
16/05/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana wishyuza Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize miliyoni 282 Frw y’imisanzu y’umubyeyi we,...

IZIHERUKA

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho
MU RWANDA

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

by radiotv10
17/05/2025
0

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

17/05/2025
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

16/05/2025
Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

16/05/2025
Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

16/05/2025
Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

16/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatahuwe inzoga y’inkorano ifite izina ridasanzwe ivugwaho gukoresha amahano abayinywa

Hatahuwe inzoga y’inkorano ifite izina ridasanzwe ivugwaho gukoresha amahano abayinywa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.