Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KAMONYI: Barasaba gusanirwa amateme n’ibiraro byasenywe n’ibiza

radiotv10by radiotv10
24/06/2021
in MU RWANDA
0
KAMONYI: Barasaba gusanirwa amateme n’ibiraro byasenywe n’ibiza
Share on FacebookShare on Twitter

Mu karere ka Kamonyi abatuye mu mirenge ya Ngamba na Runda barasaba Leta kubasanira ibiraro kuri ubu byangijwe n’ibiza bigatuma mu bihe by’imvura urujya n’uruza muri aka gace rudashoboka ndetse ngo hamwe na hamwe abanyeshuri bagahagarika kwiga kubera kubura aho baca.

Kuri ubu ariko bamwe mu bahatuye bahangayikishijwe n’uko hatakiri nyabagendwa bitewe n’uko bimwe mu biraro bifashishaga byatwawe n’ibiza urugero n’ikiraro cya Nyamagana na Cyogo byamaze kwangirika kuburyo ngo mu bihe by’imvura abantu bahera aho imvura iguye baherereye.

Umwe muri abo waganiriye na Radio&TV10 yagize ati”Ubu ni uko muje mu zuba ari mu gihe cy’imvura nti mwari kubona aho muca kuko n’abanyeshuri iyo imvura yaguye ntibajya kwiga”

Image

Abatuye muri Runda na Ngamba bakeneye imihanda ibafasha mu buhahirane

Undi nawe yagize ati” Ubuse ko bavuga ngo umuturage ku isonga ubu twebwe turi ku isonga?… hano muri Ngamba abaturage turi mu bibazo duterwa n’ibi biraro byangiritse ubu ntiwakweza amasaka ngo ubone uko uyageza ku isoko kandi turabibaza abayobozi bakatubwira ko ntagisubizo cya vuba bafite”

Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’akarere ka Kamonyi bavuga ko uretse ubuvugizi bakomeje gukora kugirango leta ibafashe kongera kubaka ibi biraro ariko ngo kumbaraga z’akarere ubushobozi ntibwaboneka.

Tuyizere Thadée umuyobozi w’agateganyo w’akarere ka Kamonyi yagize ati” Muri Kamonyi dufite ibiraro bisaga 40 byangijwe n’ibiza turacyakora ubuvugizi kuko kubisana birenze ubushobozi bw’akarere”

Image

Imihanda yi Runda na Ngamba ikomeje kubangamira abaturiye utu duce

Ibice binini by’imirenge ya Ngamba na Runda byo mu karere ka Kamonyi akenshi usanga bitandukanywa n’imigezi iyi abayizi bavuga ko mu bihe bishize yabaga ifite ibiraro n’amateme byafashaga abantu kwambuka iyi migezi.

Image

Umumotari ahetse umunyeshuri amwambutsa ibizenga

Kugeza ubu mu karere ka Kamonyi harabarurwa ibiraro bisaga 40 byatwawe n’ibiza ukurikije ibyo umuyobozi w’aka karere atangaza kuri iki kibazo birashimangira ko aba baturage bagikomeje guhura n’ingaruka zitandukanye zirimo ko uwifuje kwerekeza mu mujyi wa Kigali inzira yonyine aba asigaranye ari imwambutsa umugezi wa Nyabarongo bikamusaba kujya kuzenguruka mu karere ka Rulindo.

Pacifique NTAKIRUTIMANA

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 4 =

Previous Post

RUBAVU : Ku irimbi rya Karundo habereye imirwano hagati y’abaje gushyingura-VIDEO

Next Post

Umuryango w’ibihugu by’ubumwe by’u Burayi wamaganye abahutaza uburenganzira bw’abatinganyi

Related Posts

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
17/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

by radiotv10
17/12/2025
0

Igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade cyishe giturikanye abana batatu b’umuryango wo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi,...

IZIHERUKA

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuryango w’ibihugu by’ubumwe by’u Burayi wamaganye abahutaza uburenganzira bw’abatinganyi

Umuryango w’ibihugu by’ubumwe by’u Burayi wamaganye abahutaza uburenganzira bw’abatinganyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.