Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KAMONYI: Barasaba gusanirwa amateme n’ibiraro byasenywe n’ibiza

radiotv10by radiotv10
24/06/2021
in MU RWANDA
0
KAMONYI: Barasaba gusanirwa amateme n’ibiraro byasenywe n’ibiza
Share on FacebookShare on Twitter

Mu karere ka Kamonyi abatuye mu mirenge ya Ngamba na Runda barasaba Leta kubasanira ibiraro kuri ubu byangijwe n’ibiza bigatuma mu bihe by’imvura urujya n’uruza muri aka gace rudashoboka ndetse ngo hamwe na hamwe abanyeshuri bagahagarika kwiga kubera kubura aho baca.

Kuri ubu ariko bamwe mu bahatuye bahangayikishijwe n’uko hatakiri nyabagendwa bitewe n’uko bimwe mu biraro bifashishaga byatwawe n’ibiza urugero n’ikiraro cya Nyamagana na Cyogo byamaze kwangirika kuburyo ngo mu bihe by’imvura abantu bahera aho imvura iguye baherereye.

Umwe muri abo waganiriye na Radio&TV10 yagize ati”Ubu ni uko muje mu zuba ari mu gihe cy’imvura nti mwari kubona aho muca kuko n’abanyeshuri iyo imvura yaguye ntibajya kwiga”

Image

Abatuye muri Runda na Ngamba bakeneye imihanda ibafasha mu buhahirane

Undi nawe yagize ati” Ubuse ko bavuga ngo umuturage ku isonga ubu twebwe turi ku isonga?… hano muri Ngamba abaturage turi mu bibazo duterwa n’ibi biraro byangiritse ubu ntiwakweza amasaka ngo ubone uko uyageza ku isoko kandi turabibaza abayobozi bakatubwira ko ntagisubizo cya vuba bafite”

Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’akarere ka Kamonyi bavuga ko uretse ubuvugizi bakomeje gukora kugirango leta ibafashe kongera kubaka ibi biraro ariko ngo kumbaraga z’akarere ubushobozi ntibwaboneka.

Tuyizere Thadée umuyobozi w’agateganyo w’akarere ka Kamonyi yagize ati” Muri Kamonyi dufite ibiraro bisaga 40 byangijwe n’ibiza turacyakora ubuvugizi kuko kubisana birenze ubushobozi bw’akarere”

Image

Imihanda yi Runda na Ngamba ikomeje kubangamira abaturiye utu duce

Ibice binini by’imirenge ya Ngamba na Runda byo mu karere ka Kamonyi akenshi usanga bitandukanywa n’imigezi iyi abayizi bavuga ko mu bihe bishize yabaga ifite ibiraro n’amateme byafashaga abantu kwambuka iyi migezi.

Image

Umumotari ahetse umunyeshuri amwambutsa ibizenga

Kugeza ubu mu karere ka Kamonyi harabarurwa ibiraro bisaga 40 byatwawe n’ibiza ukurikije ibyo umuyobozi w’aka karere atangaza kuri iki kibazo birashimangira ko aba baturage bagikomeje guhura n’ingaruka zitandukanye zirimo ko uwifuje kwerekeza mu mujyi wa Kigali inzira yonyine aba asigaranye ari imwambutsa umugezi wa Nyabarongo bikamusaba kujya kuzenguruka mu karere ka Rulindo.

Pacifique NTAKIRUTIMANA

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

RUBAVU : Ku irimbi rya Karundo habereye imirwano hagati y’abaje gushyingura-VIDEO

Next Post

Umuryango w’ibihugu by’ubumwe by’u Burayi wamaganye abahutaza uburenganzira bw’abatinganyi

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

by radiotv10
20/01/2026
0

Abakoresha umuhanda Mahoko–Nkomane mu Karere ka Rubavu, bavuga ko wangiritse cyane, nyamara ari wo bifashishaga mu kugeza umusaruro ku isoko,...

IZIHERUKA

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair
AMAHANGA

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuryango w’ibihugu by’ubumwe by’u Burayi wamaganye abahutaza uburenganzira bw’abatinganyi

Umuryango w’ibihugu by’ubumwe by’u Burayi wamaganye abahutaza uburenganzira bw’abatinganyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.