Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KAMONYI: Barasaba gusanirwa amateme n’ibiraro byasenywe n’ibiza

radiotv10by radiotv10
24/06/2021
in MU RWANDA
0
KAMONYI: Barasaba gusanirwa amateme n’ibiraro byasenywe n’ibiza
Share on FacebookShare on Twitter

Mu karere ka Kamonyi abatuye mu mirenge ya Ngamba na Runda barasaba Leta kubasanira ibiraro kuri ubu byangijwe n’ibiza bigatuma mu bihe by’imvura urujya n’uruza muri aka gace rudashoboka ndetse ngo hamwe na hamwe abanyeshuri bagahagarika kwiga kubera kubura aho baca.

Kuri ubu ariko bamwe mu bahatuye bahangayikishijwe n’uko hatakiri nyabagendwa bitewe n’uko bimwe mu biraro bifashishaga byatwawe n’ibiza urugero n’ikiraro cya Nyamagana na Cyogo byamaze kwangirika kuburyo ngo mu bihe by’imvura abantu bahera aho imvura iguye baherereye.

Umwe muri abo waganiriye na Radio&TV10 yagize ati”Ubu ni uko muje mu zuba ari mu gihe cy’imvura nti mwari kubona aho muca kuko n’abanyeshuri iyo imvura yaguye ntibajya kwiga”

Image

Abatuye muri Runda na Ngamba bakeneye imihanda ibafasha mu buhahirane

Undi nawe yagize ati” Ubuse ko bavuga ngo umuturage ku isonga ubu twebwe turi ku isonga?… hano muri Ngamba abaturage turi mu bibazo duterwa n’ibi biraro byangiritse ubu ntiwakweza amasaka ngo ubone uko uyageza ku isoko kandi turabibaza abayobozi bakatubwira ko ntagisubizo cya vuba bafite”

Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’akarere ka Kamonyi bavuga ko uretse ubuvugizi bakomeje gukora kugirango leta ibafashe kongera kubaka ibi biraro ariko ngo kumbaraga z’akarere ubushobozi ntibwaboneka.

Tuyizere Thadée umuyobozi w’agateganyo w’akarere ka Kamonyi yagize ati” Muri Kamonyi dufite ibiraro bisaga 40 byangijwe n’ibiza turacyakora ubuvugizi kuko kubisana birenze ubushobozi bw’akarere”

Image

Imihanda yi Runda na Ngamba ikomeje kubangamira abaturiye utu duce

Ibice binini by’imirenge ya Ngamba na Runda byo mu karere ka Kamonyi akenshi usanga bitandukanywa n’imigezi iyi abayizi bavuga ko mu bihe bishize yabaga ifite ibiraro n’amateme byafashaga abantu kwambuka iyi migezi.

Image

Umumotari ahetse umunyeshuri amwambutsa ibizenga

Kugeza ubu mu karere ka Kamonyi harabarurwa ibiraro bisaga 40 byatwawe n’ibiza ukurikije ibyo umuyobozi w’aka karere atangaza kuri iki kibazo birashimangira ko aba baturage bagikomeje guhura n’ingaruka zitandukanye zirimo ko uwifuje kwerekeza mu mujyi wa Kigali inzira yonyine aba asigaranye ari imwambutsa umugezi wa Nyabarongo bikamusaba kujya kuzenguruka mu karere ka Rulindo.

Pacifique NTAKIRUTIMANA

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 6 =

Previous Post

RUBAVU : Ku irimbi rya Karundo habereye imirwano hagati y’abaje gushyingura-VIDEO

Next Post

Umuryango w’ibihugu by’ubumwe by’u Burayi wamaganye abahutaza uburenganzira bw’abatinganyi

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuryango w’ibihugu by’ubumwe by’u Burayi wamaganye abahutaza uburenganzira bw’abatinganyi

Umuryango w’ibihugu by’ubumwe by’u Burayi wamaganye abahutaza uburenganzira bw’abatinganyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.