Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Kapiteni wa Rayon yageneye ubutumwa KNC wita ikipe yabo umugore wa Gasogi ye

radiotv10by radiotv10
17/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Kapiteni wa Rayon yageneye ubutumwa KNC wita ikipe yabo umugore wa Gasogi ye
Share on FacebookShare on Twitter

Kapiteni w’ikipe ya Rayon Sports, Muhire Kevin yageneye ubutumwa Perezida wa wa Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles (KNC), wahize kubatsinda, amumenyesha ko nubwo bagiye gukina Perezida w’ikipe yabo yareguye ndetse arwaye, ariko biteguye intsinzi bakanayimutura.

Ni umukino umaze igihe ugarukwaho mu isi ya ruhago Nyarwanda, by’umwihariko ku mbuga nkoranyambaga, aho ibyamamare binyuranye biri gutanga ubutumwa birarikira abantu kuzawitabira ngo kuko ari w’ishiraniro.

Uyu mukino uzaba ku wa Gatandatu tariki 21 Nzeri 2024 kuri Sitade Amahoro, ni Gasogi United izaba yawakiriye, ndetse Perezida wayo KNC akaba amaze iminsi ararikira abantu kuzawitabira kuko bazabona umukino wa mbere uzaba uryoshye muri ruhago y’u Rwanda.

KNC kandi anyuzamo agakoresha imvugo zisekeje akavuga ko uko byagenda kose ikipe ye ya Gasogi United izatsinda uyu mukino kuko yiteguye neza, mu gihe Rayon Sports bagiye guhura iri mu bibazo birimo kuba Jean Fidele Uwayezu wari Perezida wayo aherutse kwegura ku mpamvu z’uburwayi.

Kapiteni wa Rayon Sports, Muhire Kevin yasabye abafana b’iyi kipe kuzaza kubashyigikira, kuko na bo biteguye kubashimisha, bagatsinda Gasogi United, bagahinyuza Perezida wayo KNC ukomeje kuvuga ko ikipe ye izabatsinda.

Muhire Kevin avuga ko nubwo umuyobozi wabo aherutse kwegura ndetse akaba arwaye, ariko ko bitakoma mu nkokora imigambi y’iyi kipe.

Yagize ati “Perezida yaragiye, turamwifuriza gukira, gusa ikipe yo ntiyasenyutse, abasigaye tugiye gukotana kugira ngo umukino wa Gasogi United tuzawutsinde tuwumuture.”

Muhire Kevin yakomeje agira ati “Abakunzi turabatumiye muzaze muri benshi turashaka gutsinda umukino tukawukoresha twiyunga ariko nanone tukazabonera umwanya wo kunyomoza amagambo amaze iminsi atangazwa na Perezida wa Gasogi United ko turi abagore ba Gasogi.”

Umukino uhuza Rayon Sports na Gasogi United, usanzwe ubanzirizwa n’amagambo menshi, byumwihariko Perezida wa Gasogi aba avuga ko ikipe ye ari yo ikunze gushobora iyi isanzwe ifite abakunzi benshi mu Rwanda.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Rubavu: Ubuyobozi bwihaye umuhigo ku kibazo buvuga ko kigayitse kikigaragara mu baturage bamwe

Next Post

Umuraperi w’ikirangirire ku Isi yatawe muri yombi

Related Posts

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

by radiotv10
09/05/2025
0

Abazitabira imikino nyafurika ya BAL 2025, bazasusurutswa n’abahanzi barimo uzwi ku Mugabane wa Afurika, King Promise wamenyekanye mu ndirimbo nka...

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

by radiotv10
08/05/2025
0

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Ombolenga Fitina yandikiye iyi kipe iherutse kumugura, ayisaba ko basesa amasezerano kubera kutubahiriza...

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

by radiotv10
07/05/2025
0

Ndayishimiye Thierry wakinaga mu bwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali, yahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, aho yerecyeje ku Mugabane w’u...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi w’ikirangirire ku Isi yatawe muri yombi

Umuraperi w’ikirangirire ku Isi yatawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.