Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karasira yasabye Urukiko ikintu gikomeye ngo nikidakurikizwa azafa icyemezo nk’icya Rusesabagina

radiotv10by radiotv10
08/07/2022
in MU RWANDA
0
Karasira yasabye Urukiko ikintu gikomeye ngo nikidakurikizwa azafa icyemezo nk’icya Rusesabagina
Share on FacebookShare on Twitter

Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ubu uregwa ibyaha birimo gukurura amacakubiri mu Banyarwanda, yongeye kugaragariza Urukiko inzitizi afite zirimo kuba akubitwa iyo avuye kuburana, yishinganisha ku rukiko rumuburanisha, avuga ko ibyo asaba nibidakurikizwa, azikura mu rubanza.

Byari biteganyijwe ko Aimable Karasira atangira kuburana mu mizi kuri uyu wa Kane tariki Indwi Nyakanga 2022, ariko abwira Urukiko ko afite inzitizi zitatuma atangira kuburana.

Uyu mugabo wakunze kubwira ubucamanza ko afite uburwayi bwo mu mutwe bityo ko adakwiye gukorerwa uburyozwacyaha, yavuze ko muri Gereza aho afungiye, amerewe nabi kuko arwaye indwara y’Igisukari (Diabetes) ndetse akaba afite n’uburwayi bw’ihungabana rikabije.

Karasira wabwiye Urukiko ko atanahabwa ubuvuzi buhagije, yongeye gusaba Urukiko ko rwamurekura akaburana ari hanze.

Akomeza kugaragaza inzitizi zituma atabasha gutegura urubanza, yavuze ko atemererwa kubonana bihagije n’umunyamategeko we ngo bategure urubanza.

Aimable Karasira yabwiye Urukiko ko iyo ageze muri Gereza avuye kuburana, ahatwa ikiboko ngo bamuziza kuburana mu buryo badashaka [nta bimenyetso yagaragaje] ahita avuga ko yishinganishije ku Rukiko ko ubuzima bwe buri mu kaga.

Uyu mugabo uregwa ibyaha bishingiye ku biganiro yatangaga kuri YouTube birimo amagambo aremereye, yavuze ko ibi bibazo byose nibikomeza kumubaho azafata icyemezo cyo kwikura mu rubanza.

Icyemezo nk’iki cyafashwe na Paul Rusesabagina mu rubanza yaregwagamo n’abantu 20 rwavuzwe cyane mu Rwanda ndetse no ku Isi.

Me Gatera Gashabana na we yabwiye Urukiko ko umukiliya we afunzwe nabi bikaba biri no mu bituma ubuzima bwe bukomeza kujya mu kaga.

Ubushinjacyaha bwo bwavuze ko Karasira ari imfungwa nk’izindi kandi ko afunzwe nk’abandi ndetse ko ahabwa ubuvuzi buhabwa imfungwa n’abagororwa bose.

Urukiko rwahise rusubika urubanza rutegeka ko ruzasoma icyemezo cyarwo kuri izi nzitizi ku wa Mbere w’Icyumweru gitaha tariki 11 Nyakanga 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + ten =

Previous Post

Uwabonye iraswa ry’uwabaye Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani yavuze uko byagenze

Next Post

Abarimu basabwe kugarura amafaranga bahawe habayeho kwibeshya, umwe ati “Nta nkoko iruka”

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarimu basabwe kugarura amafaranga bahawe habayeho kwibeshya, umwe ati “Nta nkoko iruka”

Abarimu basabwe kugarura amafaranga bahawe habayeho kwibeshya, umwe ati “Nta nkoko iruka”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.