Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karasira yasabye Urukiko ikintu gikomeye ngo nikidakurikizwa azafa icyemezo nk’icya Rusesabagina

radiotv10by radiotv10
08/07/2022
in MU RWANDA
0
Karasira yasabye Urukiko ikintu gikomeye ngo nikidakurikizwa azafa icyemezo nk’icya Rusesabagina
Share on FacebookShare on Twitter

Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ubu uregwa ibyaha birimo gukurura amacakubiri mu Banyarwanda, yongeye kugaragariza Urukiko inzitizi afite zirimo kuba akubitwa iyo avuye kuburana, yishinganisha ku rukiko rumuburanisha, avuga ko ibyo asaba nibidakurikizwa, azikura mu rubanza.

Byari biteganyijwe ko Aimable Karasira atangira kuburana mu mizi kuri uyu wa Kane tariki Indwi Nyakanga 2022, ariko abwira Urukiko ko afite inzitizi zitatuma atangira kuburana.

Uyu mugabo wakunze kubwira ubucamanza ko afite uburwayi bwo mu mutwe bityo ko adakwiye gukorerwa uburyozwacyaha, yavuze ko muri Gereza aho afungiye, amerewe nabi kuko arwaye indwara y’Igisukari (Diabetes) ndetse akaba afite n’uburwayi bw’ihungabana rikabije.

Karasira wabwiye Urukiko ko atanahabwa ubuvuzi buhagije, yongeye gusaba Urukiko ko rwamurekura akaburana ari hanze.

Akomeza kugaragaza inzitizi zituma atabasha gutegura urubanza, yavuze ko atemererwa kubonana bihagije n’umunyamategeko we ngo bategure urubanza.

Aimable Karasira yabwiye Urukiko ko iyo ageze muri Gereza avuye kuburana, ahatwa ikiboko ngo bamuziza kuburana mu buryo badashaka [nta bimenyetso yagaragaje] ahita avuga ko yishinganishije ku Rukiko ko ubuzima bwe buri mu kaga.

Uyu mugabo uregwa ibyaha bishingiye ku biganiro yatangaga kuri YouTube birimo amagambo aremereye, yavuze ko ibi bibazo byose nibikomeza kumubaho azafata icyemezo cyo kwikura mu rubanza.

Icyemezo nk’iki cyafashwe na Paul Rusesabagina mu rubanza yaregwagamo n’abantu 20 rwavuzwe cyane mu Rwanda ndetse no ku Isi.

Me Gatera Gashabana na we yabwiye Urukiko ko umukiliya we afunzwe nabi bikaba biri no mu bituma ubuzima bwe bukomeza kujya mu kaga.

Ubushinjacyaha bwo bwavuze ko Karasira ari imfungwa nk’izindi kandi ko afunzwe nk’abandi ndetse ko ahabwa ubuvuzi buhabwa imfungwa n’abagororwa bose.

Urukiko rwahise rusubika urubanza rutegeka ko ruzasoma icyemezo cyarwo kuri izi nzitizi ku wa Mbere w’Icyumweru gitaha tariki 11 Nyakanga 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 12 =

Previous Post

Uwabonye iraswa ry’uwabaye Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani yavuze uko byagenze

Next Post

Abarimu basabwe kugarura amafaranga bahawe habayeho kwibeshya, umwe ati “Nta nkoko iruka”

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarimu basabwe kugarura amafaranga bahawe habayeho kwibeshya, umwe ati “Nta nkoko iruka”

Abarimu basabwe kugarura amafaranga bahawe habayeho kwibeshya, umwe ati “Nta nkoko iruka”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.