Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Karongi: Amafuku arabarembeje none ibyo bayakorera ntibihagije barasaba ubufasha buturutse hejuru

radiotv10by radiotv10
07/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Karongi: Amafuku arabarembeje none ibyo bayakorera ntibihagije barasaba ubufasha buturutse hejuru
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi bavuga ko imbeba zizwiho kona imyaka zizwi nk’amafuku zibarembeje zibonera imyaka, ariko bakavuga ko guhangana na zo bakoresheje imitego ya gakondo batabibonamo umuti urambye, none barifuza ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi gishyira akacyo.

Aba bahinzi bavugana agahinda, babwiye RADIOTV10 ko izi fuku iyo zigeze mu myaka ihinze mu mirima zisya zitanzitse, zikayona ku buryo bamwe batirirwa basubira mu murima gusarura.

Umwe ati “Iyo amafuku ageze mu mateke nk’aya, ararimbagura, yagera mu ntsina akarimbagura, ku buryo ushiduka mu gihe cyo kwera ntacyo usaruye.”

Aba baturage bavuga ko ikibi cy’utu tunyamaswa ari uko tunyura mu butaka ku buryo utapfa no kumenya igihe twoneye iyo myaka.

Undi ati “Ifuku iyo ikugereye mu myaka nta kintu usarura, noneho iyo ikugereye mu bintu by’imboga, byose irarandagura ku buryo ntacyo waramura.”

Utu dusimba iyo tugeze mu myaka turarandagura

Muri uyu Murenge wa Murambi, hari abaturage bahise bihangira umurimo wo gutega amafuku, gusa bavuga ko uburyo bakoresha butatanga umuti urambye kuko bakoresha imitego ya gakondo ku buryo itapfa kumara izi fukuru zirembeje abahinzi.

Umwe ati “Uburyo bwa gakondo ntabwo buhagije kandi uyitega ayitegera inote y’Igihumbi (1 000 Frw). Ashobora kuza agatega ifuku inshuro eshanu itarafatwa kandi iyo atega hari imyaka arandura kugira ngo abone uko atega, ugasanga ntinafashwe.”

Aba bahinzi bavuga ko nkuko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) gifasha abahinzi kubona imiti yica udukoko twona imyaka, na bo cyabagoboka kuko n’izi fuku ari ibyonnyi by’imyaka.

Undi muturage ati “Turasaba uburyo bugezweho, nk’abashinzwe iby’ubuhinzi cyangwa RAB hari imiti batera udukoko tugenda twona natwe turasaba ko baduha umuti ugezweho wo mu ruganda twajya dukoresha tukica aya mafuku kuko amaze kudutera igihombo cyane.”

Uburyo bakoresha bahangana n’amafuku ngo ntibuhagije

Umuyobozi ushinzwe gahunda yo kurwanya indwara n’ibyonnyi by’ibihingwa muri RAB, Dr Athanase Hategekimana yamenyeshe RADIOTV10 ko ibiri gusabwa n’aba baturage bidashoboka kuko nta miti yica utu dusimba tw’amafuku.

Mu butumwa yoherereje umunyamakuru, yagize ati “Ibi rwose ntitujya tubikoraho. Uburyo bukoreshwa ni imiti, aho bishoboka hatarimo imyaka barahacukura bagakurikirana umwobo wayo.”

Amafuku ari mu bwoko bw’imbeba, azwiho kona imyaka iba iri mu bukata nk’ibijumba, aho acukura ubundi agakegeta umusaruro w’imyaka akarya ibiri mu butaka ku buryo umuhinzi aba atakibonye umusaruro.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 4 =

Previous Post

Musanze: Mu nzu ikorerwamo imyitozo ngororamubiri habaye inkuru y’incamugongo

Next Post

Uwari ukurikiranyweho kwica umuvandimwe we akanamuhamba hamenyekanye ibyamubayeho bitari byiza

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari ukurikiranyweho kwica umuvandimwe we akanamuhamba hamenyekanye ibyamubayeho bitari byiza

Uwari ukurikiranyweho kwica umuvandimwe we akanamuhamba hamenyekanye ibyamubayeho bitari byiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.