Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Karongi: Amafuku arabarembeje none ibyo bayakorera ntibihagije barasaba ubufasha buturutse hejuru

radiotv10by radiotv10
07/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Karongi: Amafuku arabarembeje none ibyo bayakorera ntibihagije barasaba ubufasha buturutse hejuru
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi bavuga ko imbeba zizwiho kona imyaka zizwi nk’amafuku zibarembeje zibonera imyaka, ariko bakavuga ko guhangana na zo bakoresheje imitego ya gakondo batabibonamo umuti urambye, none barifuza ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi gishyira akacyo.

Aba bahinzi bavugana agahinda, babwiye RADIOTV10 ko izi fuku iyo zigeze mu myaka ihinze mu mirima zisya zitanzitse, zikayona ku buryo bamwe batirirwa basubira mu murima gusarura.

Umwe ati “Iyo amafuku ageze mu mateke nk’aya, ararimbagura, yagera mu ntsina akarimbagura, ku buryo ushiduka mu gihe cyo kwera ntacyo usaruye.”

Aba baturage bavuga ko ikibi cy’utu tunyamaswa ari uko tunyura mu butaka ku buryo utapfa no kumenya igihe twoneye iyo myaka.

Undi ati “Ifuku iyo ikugereye mu myaka nta kintu usarura, noneho iyo ikugereye mu bintu by’imboga, byose irarandagura ku buryo ntacyo waramura.”

Utu dusimba iyo tugeze mu myaka turarandagura

Muri uyu Murenge wa Murambi, hari abaturage bahise bihangira umurimo wo gutega amafuku, gusa bavuga ko uburyo bakoresha butatanga umuti urambye kuko bakoresha imitego ya gakondo ku buryo itapfa kumara izi fukuru zirembeje abahinzi.

Umwe ati “Uburyo bwa gakondo ntabwo buhagije kandi uyitega ayitegera inote y’Igihumbi (1 000 Frw). Ashobora kuza agatega ifuku inshuro eshanu itarafatwa kandi iyo atega hari imyaka arandura kugira ngo abone uko atega, ugasanga ntinafashwe.”

Aba bahinzi bavuga ko nkuko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) gifasha abahinzi kubona imiti yica udukoko twona imyaka, na bo cyabagoboka kuko n’izi fuku ari ibyonnyi by’imyaka.

Undi muturage ati “Turasaba uburyo bugezweho, nk’abashinzwe iby’ubuhinzi cyangwa RAB hari imiti batera udukoko tugenda twona natwe turasaba ko baduha umuti ugezweho wo mu ruganda twajya dukoresha tukica aya mafuku kuko amaze kudutera igihombo cyane.”

Uburyo bakoresha bahangana n’amafuku ngo ntibuhagije

Umuyobozi ushinzwe gahunda yo kurwanya indwara n’ibyonnyi by’ibihingwa muri RAB, Dr Athanase Hategekimana yamenyeshe RADIOTV10 ko ibiri gusabwa n’aba baturage bidashoboka kuko nta miti yica utu dusimba tw’amafuku.

Mu butumwa yoherereje umunyamakuru, yagize ati “Ibi rwose ntitujya tubikoraho. Uburyo bukoreshwa ni imiti, aho bishoboka hatarimo imyaka barahacukura bagakurikirana umwobo wayo.”

Amafuku ari mu bwoko bw’imbeba, azwiho kona imyaka iba iri mu bukata nk’ibijumba, aho acukura ubundi agakegeta umusaruro w’imyaka akarya ibiri mu butaka ku buryo umuhinzi aba atakibonye umusaruro.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 17 =

Previous Post

Musanze: Mu nzu ikorerwamo imyitozo ngororamubiri habaye inkuru y’incamugongo

Next Post

Uwari ukurikiranyweho kwica umuvandimwe we akanamuhamba hamenyekanye ibyamubayeho bitari byiza

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari ukurikiranyweho kwica umuvandimwe we akanamuhamba hamenyekanye ibyamubayeho bitari byiza

Uwari ukurikiranyweho kwica umuvandimwe we akanamuhamba hamenyekanye ibyamubayeho bitari byiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.