• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karongi: Ubushyamirane bw’abakora ibikorwa binyuranyije n’amategeko bwasize akababaro

radiotv10by radiotv10
05/05/2025
in MU RWANDA
0
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu babiri barimo umukecuru, bitabye Imana nyuma y’urugomo rwashyamiranyije abantu basanzwe bakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko mu Murenge wa Gitesi mu Karere ka Karongi.

Ubu bushyamirane bwabaye kuri iki Cyumweru tariki 04 Gicurasi 2025, ubwo insoresore zisanzwe zikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko zagiranaga urugomo.

Ibi byabereye mu kabari k’umuturage wo muri uyu Murenge wa Gitesi, aho uwitwa Nsekanabo Michel wari muri uru rugomo yakomeretswaga bikabije akagwa hasi, akaza guhamagarizwa imbangukiragutabara ngo imujyane kwa muganga, ariko igasanga yashizemo umwuka.

Ubwo ibi byabaga, umukecuru wo muri aka gace, bivugwa ko asanzwe arwara indwara y’umuvuduko w’amaraso, yabonye umuntu agwa hasi, na we ahita agwa igihumure ashiramo umwuka.

Amakuru y’uru rugomo n’impfu z’aba bantu babiri, yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Bonaventure Twizere.

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru cyitwa Igihe dukesha aya makuru, SP Bonaventure Twizere yavuze ko ubwo ibi byabaga, Polisi y’u Rwanda yatabaye ndetse igahita ita muri yombi abantu batatu bagize uruhare muri uru rugomo, ubu bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Bwishyura mu gihe hagikomeje gukorwa iperereza.

Yasabye abantu kwirinda gukemura ibibazo bagiranye bakoreshejwe n’umujinya kuko bishobora gutera ingaruka nk’izi z’abantu bahasiga ubuzima.

Yagize ati “Turakangurira buri wese kujya atanga amakuru ku gihe kugira ngo haburizwemo icyaga no kwirinda ikintu cyose cyahungabanya umutekano w’abandi.”

Ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze byumwiharuko Umurenge, bwahise bukoranya inama n’abaturage, kugira ngo babahe ubutumwa bw’ihumure kuri ibi byago byatumye hari abahasiga ubuzima, bunabaha ubutumwa bwo kujya batangira amakuru ku gihe ku bikorwa nk’ibi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − ten =

Previous Post

Seven tips for a happy marriage

Next Post

Huye: Ikigo Nderabuzima kivugwamo ikibazo bw’ubwambuzi cyagize icyo kikivugaho

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Huye: Ikigo Nderabuzima kivugwamo ikibazo bw’ubwambuzi cyagize icyo kikivugaho

Huye: Ikigo Nderabuzima kivugwamo ikibazo bw'ubwambuzi cyagize icyo kikivugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.