Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Karongi: Urujijo ku bujura butemenyerewe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
21/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Karongi: Urujijo ku bujura butemenyerewe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abataramenyekana bazindutse mu gitondo bigabiza urusengero ruherereye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, biba ibikoresho byarimo basiga ibirimo umusaraba. Hari abavuga ko byaba byakozwe na bamwe mu basengera aha, bagiye gushinga urundi rusengero.

Ubu bujura bwabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Werurwe 2023, ubwo abantu bataramenyekana bajyaga muri uru rusengero bishe ingufuri, bakarwiba.

Uru rusengero ruherereye mu Kagari ka Kibirizi, rusanzwe rukoreshwa n’amatorera atatu; ari yo Restoration Church, Anglican na Zion temple, aho bagenda bahana amasaha yo guterana.

Umuyobozi wa Restoration Church Rubengera, Hakizimana Pacifique, yavuze ko abibye uru rusengero, nta gikoresho basizemo, mu gihe bari baherutse kugura ibikoresho bishya.

Yagize ati “Mu gitondo nibwo twamenye ko badusahuye, batwaye intebe 72 nshya twari tumaze iminsi micye tuguze, ndetse banatwara bafure (indangururamajwi) ebyiri, imikeka ibiri, microfone zitagira imigozi ebyiri zifite agaciro k’ibihumbi 80, ndetse n’aka matela gatoya.”

Bamwe mu bakristu basengera muri uru rusengero, bavuga ko ubu busahuzi bushobora kuba bwakozwe na bamwe mu ba Pasiteri basengera muri uru rusengero.

Babishingira ku kuba ibi bikoresho byakuwe muri uru rusengero, byapakiwe mu modoka bikajyanwa n’uwo bigaragara ko yari yarabiteguye.

Umwe yagize ati “Iyo aba ari ibisambo bisanzwe byari gutwara bafure. Bigaragara ko umuntu wabitwaye ntacyo yikangaga, buriya ni umwe muri bo wigiriye gushinga urusengero ahandi.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Kibirizi, Habimana Viateur, yavuze ko inzego z’ubuyobozi zageze kuri uru rusengero zitabajwe n’umwe mu bakozi b’Imana kuri uru rusengero.

Yagize ati “Twazanye na RIB ngo iperereza ritangire ariko na bo bagize uburangare, nta na serire yarimo, n’akagufuri gato baciye.”

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Moses yongeye kunyeganyeza imbuga nkoranyambaga kubera ifoto yifashe ukuntu kudasanzwe

Next Post

IFOTO: Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yatunguranye akora udukoryo nk’utuzwi kuri Neymar

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yatunguranye akora udukoryo nk’utuzwi kuri Neymar

IFOTO: Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yatunguranye akora udukoryo nk’utuzwi kuri Neymar

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.