• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Karongi: Urujijo ku bujura butemenyerewe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
21/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Karongi: Urujijo ku bujura butemenyerewe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abataramenyekana bazindutse mu gitondo bigabiza urusengero ruherereye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, biba ibikoresho byarimo basiga ibirimo umusaraba. Hari abavuga ko byaba byakozwe na bamwe mu basengera aha, bagiye gushinga urundi rusengero.

Ubu bujura bwabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Werurwe 2023, ubwo abantu bataramenyekana bajyaga muri uru rusengero bishe ingufuri, bakarwiba.

Uru rusengero ruherereye mu Kagari ka Kibirizi, rusanzwe rukoreshwa n’amatorera atatu; ari yo Restoration Church, Anglican na Zion temple, aho bagenda bahana amasaha yo guterana.

Umuyobozi wa Restoration Church Rubengera, Hakizimana Pacifique, yavuze ko abibye uru rusengero, nta gikoresho basizemo, mu gihe bari baherutse kugura ibikoresho bishya.

Yagize ati “Mu gitondo nibwo twamenye ko badusahuye, batwaye intebe 72 nshya twari tumaze iminsi micye tuguze, ndetse banatwara bafure (indangururamajwi) ebyiri, imikeka ibiri, microfone zitagira imigozi ebyiri zifite agaciro k’ibihumbi 80, ndetse n’aka matela gatoya.”

Bamwe mu bakristu basengera muri uru rusengero, bavuga ko ubu busahuzi bushobora kuba bwakozwe na bamwe mu ba Pasiteri basengera muri uru rusengero.

Babishingira ku kuba ibi bikoresho byakuwe muri uru rusengero, byapakiwe mu modoka bikajyanwa n’uwo bigaragara ko yari yarabiteguye.

Umwe yagize ati “Iyo aba ari ibisambo bisanzwe byari gutwara bafure. Bigaragara ko umuntu wabitwaye ntacyo yikangaga, buriya ni umwe muri bo wigiriye gushinga urusengero ahandi.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Kibirizi, Habimana Viateur, yavuze ko inzego z’ubuyobozi zageze kuri uru rusengero zitabajwe n’umwe mu bakozi b’Imana kuri uru rusengero.

Yagize ati “Twazanye na RIB ngo iperereza ritangire ariko na bo bagize uburangare, nta na serire yarimo, n’akagufuri gato baciye.”

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − five =

Previous Post

Moses yongeye kunyeganyeza imbuga nkoranyambaga kubera ifoto yifashe ukuntu kudasanzwe

Next Post

IFOTO: Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yatunguranye akora udukoryo nk’utuzwi kuri Neymar

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
IFOTO: Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yatunguranye akora udukoryo nk’utuzwi kuri Neymar

IFOTO: Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yatunguranye akora udukoryo nk’utuzwi kuri Neymar

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.