Saturday, June 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Abagabo baravugwaho kwadukana ingeso idakwiye ababyeyi idasanzwe mu muco nyarwanda

radiotv10by radiotv10
05/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Abagabo baravugwaho kwadukana ingeso idakwiye ababyeyi idasanzwe mu muco nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bashinja abagabo gushuka abana b’abakobwa batarageza imyaka y’ubukure bakabashora mu ngeso mbi zirimo ubusinzi n’izindi zidakwiye.

Bamwe mu babyeyi bo mu Mudugudu wa Kabarondo mu Kagari ka Cyabajwa mu Murenge wa Kabarondo barashyira mu majwi abagabo gushuka abana babo b’abakobwa bari munsi y’imyaka y’ubukure bakabajyana mu mico mibi, kugeza ubwo bamwe muri abo bana b’abakobwa bagenda bakamara igihe bataragaruka mu ngo.

Ibi binengwa n’ababyeyi b’abamama, bavuga ko abagabo babikorwa bitwaje ubukene buba buri mu miryango y’aba bana b’abakobwa baba batarageza igihe cyo kwifatira ibyemezo.

Consolete Nyiramisago yagize ati “Barabashuka cyane, ugasanga umwana w’imyaka cumi n’ibiri, cumi n’itatu cyangwa cumi n’ine ari kumwe n’umugabo w’imyaka mirongo itatu cyangwa mirongo ine.”

Undi utifuje ko amazina ye ajya hanze, yagize ati “Ukajya kubona ukabona umuhungu araje ngo vayo hano nkubwire, ngo vayo hano uvugane na Telefoni. Nk’ubungubu ndamufite w’imyaka 14 ariko yiberaga hanze rowse namubonye ejo, yari yarigendeye. Hari umubyeyi w’umukene pe uba udafite icyo umwana arya noneho umwana akakunanira bitewe n’amikoro ahagije umubyeyi adafite, ubwo rero iyo utabifite ajya kubishakira aho yabibona.”

Bamwe mu bagabo badahakana ko bajya bajya mu ngeso mbi, bavuga ko iyo bafite amafaranga batabura uko bigenza, ariko ko batabikorera abana, ahubwo bareba abakuze.

Umwe ati “Amafaranga ufite ayo ari yo yose umugore ushatse uramubona kugira ngo urebe ko bwacya nyine. Ntabwo baba ari abana baba ari abantu bakuze murumvikana. Nta gufata abana ku ngufu.”

Umukozi ushinzwe Imari n’Abakozi mu Murenge wa Kabarondo, Munyentwari Josebert avuga ko abana b’abakobwa badakwiye guhohoterwa muri ubu buryo, bityo ko inzego zigiye kubyinjiramo kugira ngo zibishakire umuti.

Ati “Nk’inzego tugomba gufatikanya yaba ari namwe tukareba ko abana batahutazwa. Rero ayo makuru muduhaye turayakiriye kandi reka turebe ko ari byo.

Uyu muyobozi avuga ko nibigaragara ko hari abagabo bakora ibi bikorwa, bazafatwa bagashyikirizwa inzego zibishinzwe kugira ngo babiryozwe, kuko biramutse bikorwa, byaba bigize ibyaha.

Ababyeyi b’abamama banenga abagabo bakora ibi bidakwiye

Abagabo bemera ko hari bagenzi babo batari shyashya ariko ngo bajya mu bagore bakuze

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 8 =

Previous Post

Eng: Rwanda shares updates about efforts to restore its relationship with Burundi

Next Post

Seven tips for a happy marriage

Related Posts

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro akurikiranyweho kwica ateraguye ibyuma umugore bari bamaranye amezi abiri babana,...

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

by radiotv10
13/06/2025
0

Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, yahamijwe ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku byo yatangazaga ku byamamare birimo gutangaza amakuru y’ibihuha,...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu...

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

by radiotv10
13/06/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere...

IZIHERUKA

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso
MU RWANDA

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

14/06/2025
Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

14/06/2025
Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

14/06/2025
Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

13/06/2025
Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Seven tips for a happy marriage

Seven tips for a happy marriage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.