Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Abagabo baravugwaho kwadukana ingeso idakwiye ababyeyi idasanzwe mu muco nyarwanda

radiotv10by radiotv10
05/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Abagabo baravugwaho kwadukana ingeso idakwiye ababyeyi idasanzwe mu muco nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bashinja abagabo gushuka abana b’abakobwa batarageza imyaka y’ubukure bakabashora mu ngeso mbi zirimo ubusinzi n’izindi zidakwiye.

Bamwe mu babyeyi bo mu Mudugudu wa Kabarondo mu Kagari ka Cyabajwa mu Murenge wa Kabarondo barashyira mu majwi abagabo gushuka abana babo b’abakobwa bari munsi y’imyaka y’ubukure bakabajyana mu mico mibi, kugeza ubwo bamwe muri abo bana b’abakobwa bagenda bakamara igihe bataragaruka mu ngo.

Ibi binengwa n’ababyeyi b’abamama, bavuga ko abagabo babikorwa bitwaje ubukene buba buri mu miryango y’aba bana b’abakobwa baba batarageza igihe cyo kwifatira ibyemezo.

Consolete Nyiramisago yagize ati “Barabashuka cyane, ugasanga umwana w’imyaka cumi n’ibiri, cumi n’itatu cyangwa cumi n’ine ari kumwe n’umugabo w’imyaka mirongo itatu cyangwa mirongo ine.”

Undi utifuje ko amazina ye ajya hanze, yagize ati “Ukajya kubona ukabona umuhungu araje ngo vayo hano nkubwire, ngo vayo hano uvugane na Telefoni. Nk’ubungubu ndamufite w’imyaka 14 ariko yiberaga hanze rowse namubonye ejo, yari yarigendeye. Hari umubyeyi w’umukene pe uba udafite icyo umwana arya noneho umwana akakunanira bitewe n’amikoro ahagije umubyeyi adafite, ubwo rero iyo utabifite ajya kubishakira aho yabibona.”

Bamwe mu bagabo badahakana ko bajya bajya mu ngeso mbi, bavuga ko iyo bafite amafaranga batabura uko bigenza, ariko ko batabikorera abana, ahubwo bareba abakuze.

Umwe ati “Amafaranga ufite ayo ari yo yose umugore ushatse uramubona kugira ngo urebe ko bwacya nyine. Ntabwo baba ari abana baba ari abantu bakuze murumvikana. Nta gufata abana ku ngufu.”

Umukozi ushinzwe Imari n’Abakozi mu Murenge wa Kabarondo, Munyentwari Josebert avuga ko abana b’abakobwa badakwiye guhohoterwa muri ubu buryo, bityo ko inzego zigiye kubyinjiramo kugira ngo zibishakire umuti.

Ati “Nk’inzego tugomba gufatikanya yaba ari namwe tukareba ko abana batahutazwa. Rero ayo makuru muduhaye turayakiriye kandi reka turebe ko ari byo.

Uyu muyobozi avuga ko nibigaragara ko hari abagabo bakora ibi bikorwa, bazafatwa bagashyikirizwa inzego zibishinzwe kugira ngo babiryozwe, kuko biramutse bikorwa, byaba bigize ibyaha.

Ababyeyi b’abamama banenga abagabo bakora ibi bidakwiye

Abagabo bemera ko hari bagenzi babo batari shyashya ariko ngo bajya mu bagore bakuze

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − fourteen =

Previous Post

Eng: Rwanda shares updates about efforts to restore its relationship with Burundi

Next Post

Seven tips for a happy marriage

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Seven tips for a happy marriage

Seven tips for a happy marriage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.