Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Abantu 14 biyise ‘Imparata’ baguwe gitumo bari mu kirombe cyari cyarafunzwe

radiotv10by radiotv10
29/10/2024
in MU RWANDA
0
Kayonza: Abantu 14 biyise ‘Imparata’ baguwe gitumo bari mu kirombe cyari cyarafunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 14 bafatiwe mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe, ubwo bacukuraga mu kirombe cyari cyarafunzwe mu buryo bwo kwirinda impanuka giherereye mu Murenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza.

Aba bantu bafashwe na Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kayonza mu gitondo cyo ku ya 27 Ukwakira 2024, batahuwe nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana yavuze ko aba bantu biyita izina ry’Imparata, bigabije iki kirombe nyamara cyari cyarafunzwe.

Ati “Tugendeye ku makuru yizewe yagiye atangwa n’abaturage ko hari abantu bagenda bakigabiza kiriya kirombe cyari cyarafunzwe mu rwego rwo kwirinda ingaruka cyateza, nyamara bo bakarenga bakakijyamo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, hateguwe umukwabu tuza gusangamo abantu 14 barimo gucukura bifashishije ibikoresho bya gakondo.”

Ni mu gihe abaturage baturiye ibirombe byagiye bifungwa, bagiye bagirwa inama kenshi ko badakwiye kubijyamo mu buryo butemewe kuko bishobora kubaviramo kuhaburira ubuzima.

Ati “Bashishikarizwa kureka kubyishoramo ndetse no kwigabiza imirima y’abaturage, bakanibutswa ko uretse kuba bitemewe n’amategeko, bashobora kugwirwa n’ibirombe bakaba bahatakariza ubuzima.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Twizeyimana yatangaje ko muri uku kwezi k’Ukwakira kuri kugana ku musozo, hamaze gufatwa abantu 40 bafatiwe mu bikorwa by’ubucukuzi butemewe n’amategeko.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Ingingo ya 63 y’Itegeko n° 072/2024 ryo ku wa 26/06/2024 rigenga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri ivuga ko; Umuntu ku giti cye ukora ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro nta ruhushya, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 2 ariko kitarenze imyaka 5 n’ihazabu itari munsi ya 25.000.000 Frw ariko itarenze 50.000.000 Frw cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − four =

Previous Post

Huye: Abiyise ‘Abaryakariho’ baravugwaho gukora ibitemewe bakanagerekaho kubangamira abaturage

Next Post

Umukinnyi wa filimi uzwi muri sinema Nyarwanda yarize amarira y’ibyishimo by’urukundo (AMAFOTO)

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi wa filimi uzwi muri sinema Nyarwanda yarize amarira y’ibyishimo by’urukundo (AMAFOTO)

Umukinnyi wa filimi uzwi muri sinema Nyarwanda yarize amarira y’ibyishimo by’urukundo (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.