Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Bahawe ubutaka bwo guhingaho ariko bafite ikindi basaba

radiotv10by radiotv10
26/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Bahawe ubutaka bwo guhingaho ariko bafite ikindi basaba
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’ibigori bo mu Murenge wa Ruramira mu Karere ka Kayonza, bahawe ubutaka bwo guhingaho, barasaba n’ubwanikiro kuko ubwo bakoresha bwababanye buto bagereranyije n’umusaruro bateganya kuzabona.

Aba bahinzi bari kwitegura guhinga ibigori kuri Site ya Kajembe mu Kagari k’Umubugam Igihembwe cy’ihinga 2026A, baravuga ko biteguye bihagije ariko basaba gufashwa kubona ubwanikiro buzabafasha kubungabunga umusaruro wabo dore ko uburyo busanzwe bakoresha butanoze kandi byafasha kuzabungabunga umusaruro mu buryo bwiza.

Kayitesi Christine ati “Iyo dusaruye tugura ibiti tukabishinga aha, tukabisharikaho. Ubwo iyo imvura iguye birangirika.”

Undi witwa Twayigize Augustin Perezida wa Koperative Ikizere ati “Twishakamo ibisubizo tukubaka ubwanikiro bw’igihe gito tugura ibiti tugasharikaho ariko bikivaho tugahita dusenya kandi byaratwaye amafaranga.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco aravuga ko mu gutegura iki gihembwe cy’ihinga cya 2026A hari gahunda ivuguruye yashyizweho mu gufasha abahinzi kuri Site zivuguruye bityo ko babagezaho ixyifuzo cyabo bakaba babasha kubafasha binyuze no muri Nkunganire.

Ati “Ubu hagiyeho ingamba zihariye za Leta turimo binyuze muri gahunda ya FOBASI (Food Basket Sites) ahantu hari Site zigaragara ko zavamo umusaruro mwinshi. Hakaba hari gutangwa serivisi za Egisitansiyo n’Ikigoronome kugira ngo za site zibone ibisabwa byose zitegure n’umusaruro tuhateze uziyingere. Ubu turimo turasaba abaturage gushyiramo ingufu cyane cyane Amakoperative kugira ngo bwaba ari ubwanikiro cyangwa ubuhunikiro abafite ibyifuzo babizane.”

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi RAB kivuga ko ikibazo cy’ubwanikiro n’ubuhunikiro hirya no hino mu Gihugu ngo kizitabwaho nyuma yo guhinga intabire ku masite yatoranyijwe kugira ngo umusaruro mbumbe w’Igihugu witezwe ungana na 5.7% uzagerweho.

Benshi mu bahinzi bitegura iki gihembwe cy’ihinga cya 2026A kuri Site ya Kajembe muri uyu Murenge wa Ruramira, n’abagize Koperative Ikizere yatijwe ubutaka na Leta ngo izahahingeho ibigori, aho basabwa kongera umusaruro w’ibigori ukava kuri Toni 12 ziboneka kuri Hegitari Enye basanzwe bahingaho.

Bavuga ko ubutaka bahawe bukwiye kuzana n’ubwanikiro
Bizeye kuzabona umusaruro utubutse

Barasaba ubwanikiro

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 13 =

Previous Post

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa iririmbirwa mu Rwanda

Next Post

Is Kigali becoming too expensive for its youth?

Related Posts

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

by radiotv10
06/11/2025
0

Mu ishyamba riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habonetse umurambo w’umugore bivugwa ko...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

by radiotv10
06/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu bice byanyuzemo umuhanda mushya wa Nyanza-Bugesera barasaba ko basubirizwaho imiyoboro y’amazi yangiritse ubwo wakorwaga, kuko nubwo...

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

by radiotv10
06/11/2025
0

In recent years, entrepreneurship has become one of the most popular dreams among young people. The idea of being your...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Is Kigali becoming too expensive for its youth?

Is Kigali becoming too expensive for its youth?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.