Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Bahawe ubutaka bwo guhingaho ariko bafite ikindi basaba

radiotv10by radiotv10
26/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Bahawe ubutaka bwo guhingaho ariko bafite ikindi basaba
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’ibigori bo mu Murenge wa Ruramira mu Karere ka Kayonza, bahawe ubutaka bwo guhingaho, barasaba n’ubwanikiro kuko ubwo bakoresha bwababanye buto bagereranyije n’umusaruro bateganya kuzabona.

Aba bahinzi bari kwitegura guhinga ibigori kuri Site ya Kajembe mu Kagari k’Umubugam Igihembwe cy’ihinga 2026A, baravuga ko biteguye bihagije ariko basaba gufashwa kubona ubwanikiro buzabafasha kubungabunga umusaruro wabo dore ko uburyo busanzwe bakoresha butanoze kandi byafasha kuzabungabunga umusaruro mu buryo bwiza.

Kayitesi Christine ati “Iyo dusaruye tugura ibiti tukabishinga aha, tukabisharikaho. Ubwo iyo imvura iguye birangirika.”

Undi witwa Twayigize Augustin Perezida wa Koperative Ikizere ati “Twishakamo ibisubizo tukubaka ubwanikiro bw’igihe gito tugura ibiti tugasharikaho ariko bikivaho tugahita dusenya kandi byaratwaye amafaranga.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco aravuga ko mu gutegura iki gihembwe cy’ihinga cya 2026A hari gahunda ivuguruye yashyizweho mu gufasha abahinzi kuri Site zivuguruye bityo ko babagezaho ixyifuzo cyabo bakaba babasha kubafasha binyuze no muri Nkunganire.

Ati “Ubu hagiyeho ingamba zihariye za Leta turimo binyuze muri gahunda ya FOBASI (Food Basket Sites) ahantu hari Site zigaragara ko zavamo umusaruro mwinshi. Hakaba hari gutangwa serivisi za Egisitansiyo n’Ikigoronome kugira ngo za site zibone ibisabwa byose zitegure n’umusaruro tuhateze uziyingere. Ubu turimo turasaba abaturage gushyiramo ingufu cyane cyane Amakoperative kugira ngo bwaba ari ubwanikiro cyangwa ubuhunikiro abafite ibyifuzo babizane.”

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi RAB kivuga ko ikibazo cy’ubwanikiro n’ubuhunikiro hirya no hino mu Gihugu ngo kizitabwaho nyuma yo guhinga intabire ku masite yatoranyijwe kugira ngo umusaruro mbumbe w’Igihugu witezwe ungana na 5.7% uzagerweho.

Benshi mu bahinzi bitegura iki gihembwe cy’ihinga cya 2026A kuri Site ya Kajembe muri uyu Murenge wa Ruramira, n’abagize Koperative Ikizere yatijwe ubutaka na Leta ngo izahahingeho ibigori, aho basabwa kongera umusaruro w’ibigori ukava kuri Toni 12 ziboneka kuri Hegitari Enye basanzwe bahingaho.

Bavuga ko ubutaka bahawe bukwiye kuzana n’ubwanikiro
Bizeye kuzabona umusaruro utubutse

Barasaba ubwanikiro

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 2 =

Previous Post

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa iririmbirwa mu Rwanda

Next Post

Is Kigali becoming too expensive for its youth?

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Is Kigali becoming too expensive for its youth?

Is Kigali becoming too expensive for its youth?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.