Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

radiotv10by radiotv10
31/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Mirenge ya Murama na Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko amazi aturuka mu muhanda w’amakamyo wakozwe n’Abashinwa muri Kaborondo, akamanukira muri ruhurura zakozwe akaruhukira mu mirima yabo, none imyaka bari barahinze yose, yarangiritse ngo ntibazirirwa bajya no gusarura.

Aba baturage bavuga ko muri ibi bihe by’imvura amazi aturuka ku muhanda wa Kaburimbo unyurwamo n’imodoka ziremereye, amanuka aciye mu buryo yayobowemo, ariko akaruhukira mu myaka bari barahinze nka Karoti n’Amashu.

Uwimana Chantal ati “Iyo imvura yaguye ari nyinshi, amazi aramanuka akava Kabarondo aguhura n’aya ngaya (Damu) akica imyaka yacu. Hari hari za Karoti nta mwaka n’umwe wabona.”

Rutayisire Leonce na we yagize ati “Ntabwo ibi bintu byari bikunze kubaho, haguye imvura idasanzwe ni yo yishe iyi myaka. Imyaka yose yarapfuye ibishoro byose niho twabimariye. Ngereranyije Karoti ndetse n’intoryi, byibura nari maze gushoramo ibihumbi 400. Nta kintu nzasarura na kimwe byose byararangiye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco avuga ko hagiye kubaho ubufatanye n’izindi nzego kugira ngo hashakwe umuti w’iki kibazo.

Ati “Ahantu hose hashobora kuba haturuka ikibazo, ni cyo tuvuga ko dufatanya, inzego zegereye abaturage, hari abayobozi b’Imidugudu, Utugari, Umurenge natwe ku rwego rw’Akarere, iyo ikibazo kigaragaye turafatanya tukareba uburyo ki cyaboNerwa igisubizo.”

Aba baturage batuye hagati y’umurenge wa Murama na Kabarondo basaba ko iki kibazo cyakemurwa mu buryo burambye aya mazi akayoborwa mu buryo atagira aho ahurira n’imirima yabo isanzwe ibatunze.

Amazi amanuka ari menshi akabangiriza imyaka
Bavuga ko haciwe imiyoboro ariko iyo imvura ari nyinshi ntacyo imara
Basaba ko hagira igikorwa

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    3 months ago

    nibakore canalization mu mirima yabo. ukora umuhanda nta nshingano afite yo gutunganya ibishanga. ibyo biri mu nsingano y’abahahinga. nkuko ibishanga ari ibya leta, uwo bidatunganiye kuhahinga arabireka agahinga mu mirima ye imusozi. murakoze kubyumva.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 7 =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi b’ingenzi ba APR bakorwagaho iperereza ku myitwarire idahwitse bagaragaje

Next Post

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

Eng.-AFC/M23 responds to France's remarks about reopening Goma International Airport

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.