Wednesday, May 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

radiotv10by radiotv10
31/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Mirenge ya Murama na Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko amazi aturuka mu muhanda w’amakamyo wakozwe n’Abashinwa muri Kaborondo, akamanukira muri ruhurura zakozwe akaruhukira mu mirima yabo, none imyaka bari barahinze yose, yarangiritse ngo ntibazirirwa bajya no gusarura.

Aba baturage bavuga ko muri ibi bihe by’imvura amazi aturuka ku muhanda wa Kaburimbo unyurwamo n’imodoka ziremereye, amanuka aciye mu buryo yayobowemo, ariko akaruhukira mu myaka bari barahinze nka Karoti n’Amashu.

Uwimana Chantal ati “Iyo imvura yaguye ari nyinshi, amazi aramanuka akava Kabarondo aguhura n’aya ngaya (Damu) akica imyaka yacu. Hari hari za Karoti nta mwaka n’umwe wabona.”

Rutayisire Leonce na we yagize ati “Ntabwo ibi bintu byari bikunze kubaho, haguye imvura idasanzwe ni yo yishe iyi myaka. Imyaka yose yarapfuye ibishoro byose niho twabimariye. Ngereranyije Karoti ndetse n’intoryi, byibura nari maze gushoramo ibihumbi 400. Nta kintu nzasarura na kimwe byose byararangiye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco avuga ko hagiye kubaho ubufatanye n’izindi nzego kugira ngo hashakwe umuti w’iki kibazo.

Ati “Ahantu hose hashobora kuba haturuka ikibazo, ni cyo tuvuga ko dufatanya, inzego zegereye abaturage, hari abayobozi b’Imidugudu, Utugari, Umurenge natwe ku rwego rw’Akarere, iyo ikibazo kigaragaye turafatanya tukareba uburyo ki cyaboNerwa igisubizo.”

Aba baturage batuye hagati y’umurenge wa Murama na Kabarondo basaba ko iki kibazo cyakemurwa mu buryo burambye aya mazi akayoborwa mu buryo atagira aho ahurira n’imirima yabo isanzwe ibatunze.

Amazi amanuka ari menshi akabangiriza imyaka
Bavuga ko haciwe imiyoboro ariko iyo imvura ari nyinshi ntacyo imara
Basaba ko hagira igikorwa

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    6 months ago

    nibakore canalization mu mirima yabo. ukora umuhanda nta nshingano afite yo gutunganya ibishanga. ibyo biri mu nsingano y’abahahinga. nkuko ibishanga ari ibya leta, uwo bidatunganiye kuhahinga arabireka agahinga mu mirima ye imusozi. murakoze kubyumva.

    Reply

Leave a Reply to ka Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi b’ingenzi ba APR bakorwagaho iperereza ku myitwarire idahwitse bagaragaje

Next Post

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

Related Posts

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

by radiotv10
06/05/2026
0

Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney, Komiseri muri Komisiyo y'Igihugu yo Gusezerera no Gusubiza mu Buzima busanzwe Abari Abasirikare, yatangaje ko...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

by radiotv10
06/05/2026
0

General Mubarakh Muganga ari Istanbul muri Türkiye ahari kubera imurika mpuzamahanga ry’intwaro, akaba yanaganiriye na migenzi we w’iki Gihugu General...

Umukozi w’Umurenge ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 1,5Frw akoresheje amayeri ngo yashakaga gukemura akabazo

Umukozi w’Umurenge ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 1,5Frw akoresheje amayeri ngo yashakaga gukemura akabazo

by radiotv10
06/05/2026
0

Umukozi ushinzwe ibururamari mu Murenge wa Rwimiyaga mu Karere ka Nyagatare, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB rumukurikiranyeho kunyereza...

The 4-3-2-1 Money Rule: A Simple Way to Take Control of Your Finances

The 4-3-2-1 Money Rule: A Simple Way to Take Control of Your Finances

by radiotv10
06/05/2026
0

Money comes in, and somehow, it disappears just as fast. For many young people today, managing finances feels like a...

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

by radiotv10
05/05/2026
0

Mu bihano byakatiwe Umuvangamiziki Shema Arnold de Bosscher uzwi nka Dj Toxxyk, harimo icy'imirimo y'inyungu rusange, aho itegeko riteganya iki...

IZIHERUKA

Perezida Museveni yoherereje Tshisekedi intumwa imushyiriye ubutumwa
AMAHANGA

Perezida Museveni yoherereje Tshisekedi intumwa imushyiriye ubutumwa

by radiotv10
06/05/2026
0

Umunyeshuri utwite wo muri Kaminuza muri Uganda yapfukamishijwe imbere kubera kwiba telefone

Umunyeshuri utwite wo muri Kaminuza muri Uganda yapfukamishijwe imbere kubera kwiba telefone

06/05/2026
Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

06/05/2026
Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

06/05/2026
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

06/05/2026
Umukozi w’Umurenge ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 1,5Frw akoresheje amayeri ngo yashakaga gukemura akabazo

Umukozi w’Umurenge ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 1,5Frw akoresheje amayeri ngo yashakaga gukemura akabazo

06/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

Eng.-AFC/M23 responds to France's remarks about reopening Goma International Airport

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Museveni yoherereje Tshisekedi intumwa imushyiriye ubutumwa

Umunyeshuri utwite wo muri Kaminuza muri Uganda yapfukamishijwe imbere kubera kwiba telefone

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.