Saturday, March 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

radiotv10by radiotv10
31/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Mirenge ya Murama na Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko amazi aturuka mu muhanda w’amakamyo wakozwe n’Abashinwa muri Kaborondo, akamanukira muri ruhurura zakozwe akaruhukira mu mirima yabo, none imyaka bari barahinze yose, yarangiritse ngo ntibazirirwa bajya no gusarura.

Aba baturage bavuga ko muri ibi bihe by’imvura amazi aturuka ku muhanda wa Kaburimbo unyurwamo n’imodoka ziremereye, amanuka aciye mu buryo yayobowemo, ariko akaruhukira mu myaka bari barahinze nka Karoti n’Amashu.

Uwimana Chantal ati “Iyo imvura yaguye ari nyinshi, amazi aramanuka akava Kabarondo aguhura n’aya ngaya (Damu) akica imyaka yacu. Hari hari za Karoti nta mwaka n’umwe wabona.”

Rutayisire Leonce na we yagize ati “Ntabwo ibi bintu byari bikunze kubaho, haguye imvura idasanzwe ni yo yishe iyi myaka. Imyaka yose yarapfuye ibishoro byose niho twabimariye. Ngereranyije Karoti ndetse n’intoryi, byibura nari maze gushoramo ibihumbi 400. Nta kintu nzasarura na kimwe byose byararangiye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco avuga ko hagiye kubaho ubufatanye n’izindi nzego kugira ngo hashakwe umuti w’iki kibazo.

Ati “Ahantu hose hashobora kuba haturuka ikibazo, ni cyo tuvuga ko dufatanya, inzego zegereye abaturage, hari abayobozi b’Imidugudu, Utugari, Umurenge natwe ku rwego rw’Akarere, iyo ikibazo kigaragaye turafatanya tukareba uburyo ki cyaboNerwa igisubizo.”

Aba baturage batuye hagati y’umurenge wa Murama na Kabarondo basaba ko iki kibazo cyakemurwa mu buryo burambye aya mazi akayoborwa mu buryo atagira aho ahurira n’imirima yabo isanzwe ibatunze.

Amazi amanuka ari menshi akabangiriza imyaka
Bavuga ko haciwe imiyoboro ariko iyo imvura ari nyinshi ntacyo imara
Basaba ko hagira igikorwa

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    5 months ago

    nibakore canalization mu mirima yabo. ukora umuhanda nta nshingano afite yo gutunganya ibishanga. ibyo biri mu nsingano y’abahahinga. nkuko ibishanga ari ibya leta, uwo bidatunganiye kuhahinga arabireka agahinga mu mirima ye imusozi. murakoze kubyumva.

    Reply

Leave a Reply to ka Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 6 =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi b’ingenzi ba APR bakorwagaho iperereza ku myitwarire idahwitse bagaragaje

Next Post

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

Related Posts

Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

by radiotv10
20/03/2026
0

Mufti w’u Rwanda, Sheikh Mussa Sindayigaya yibukije abayisilamu ko nubwo barangije Igisibo Gitagatifu cya Ramadhan, ariko bagomba gukomeza kurangwa no...

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

by radiotv10
20/03/2026
0

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango igaragaza ko uturere twa Gisagara, Nyamagabe na Kamonyi turi ku isonga mu kugira umubare munini w’abana...

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

by radiotv10
20/03/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Umunyarwandakazi Madamu Louise Mushikiwabo; yavuze ko ari "umukandida wishimiye cyane" mu matora azahatanira...

What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

by radiotv10
20/03/2026
0

Every month, many girls and women have their period. A period is when blood comes out of the body through...

Washington’s diplomatic drift: power has replaced partnership and realpolitik

Washington’s diplomatic drift: power has replaced partnership and realpolitik

by radiotv10
19/03/2026
0

In the span of just one year, the United States has managed to unsettle allies, escalate conflict in the Middle...

IZIHERUKA

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe
AMAHANGA

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

by radiotv10
21/03/2026
0

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

21/03/2026
Umuhanzi Ngombwa wahanze indirimbo nyinshi z’urugamba rwo kwibohora yitabye Imana

Umuhanzi Ngombwa wahanze indirimbo nyinshi z’urugamba rwo kwibohora yitabye Imana

21/03/2026
FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

20/03/2026
Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

20/03/2026
Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

20/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

Eng.-AFC/M23 responds to France's remarks about reopening Goma International Airport

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

Umuhanzi Ngombwa wahanze indirimbo nyinshi z’urugamba rwo kwibohora yitabye Imana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.