Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

radiotv10by radiotv10
26/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu miryango, ku buryo hari abagore cyangwa abagabo bagiye basubira ku murongo kubera yo nyuma y’igihe batabanye neza n’abo bashakanye.

Muri iyi gahunda yiswe Iryamukuru, abaturage mu Isibo bihitiyemo bagenzi babo bakuze kandi b’inyangamugayo bafasha gukemura bimwe muri mu bibazo bakunze guhura na byo nk’uko bitangazwa na Siborurema Didas wo mu Mudugudu wa Murama mu Kagari ka Murama, uri mu bagize iri tsinda rikemura ibyo bibazo.

Ati “Umuturage ufite ikibazo atagenda akagishyikiriza umukuru w’Umudugudu na we akadutumizaho kuko tuba twarashyizeho igihe cyo gukemura ibibazo, tukicara na ba bantu bafite ibibazo bakatubwira ibibazo bafite tukabunga no kubikemura.”

Akomeza agira ati “Iyo byanze abatemeye turongera tukabishyikiriza Mudugudu akabohereza ku Kagari.”

Umuryango wa Mukaremera Joseline na Nyabyenda Telesphore, ni umwe mu miryango yisunze gahunda y’Iryamukuru kandi ikemurirwa ibibazo bari bafitanye.

Mukaremera yagize ati “Nari mfite amakimbirane n’umugabo, na Mudugudu yari yarahageze inshuro eshatu byarananiranye ndabashaka (Abagize Iryamukuru) batugira inama biranashoboka, na nyuma baragaruka kureba uko bimeze mu rugo. Njye bangiriye umumaro ku giti cyanjye kuko ibyo twapfaga baramuhannye nanjye amakosa yanjye barampana ntabwo byongeye kugaruka mu rugo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murama, Bizimana Claude avuga ko iyi gahunda yagabanyije amakimbirane yajyaga agera mu rwego rwo hejuru, ndetse ko byanafashije abakuru b’Imidigudu.

Ati “Abakuru b’Imidigudu barahura, abaturage bafitanye ibibazo bakabasanga bakabaganiriza mu buryo bwo kubunga, ubona ko nta kibazo kirimo cyatuma habaho nka ruswa no kugira amarangamutima cyane cyane ko ari ubushake ari ukunga abantu. Byaradufashije cyane nta bibazo tukibona byinshi ku buryo rwose no mu Midugudugu nta bibazo bakigira na ba Mudugudu barorohewe.”

Iryamukuru ni gahunda ikorerwa ku Mudugudu, buri ku wa Kane, igahuza abagize Komite uko ari batanu ndetse n’abafite ibibazo by’umwihariko nk’amakimbirane yo mu ngo, bigakemurwa hatabayeho izind manza.

Siborurema Didas umwe mu bari muri iri tsinda ry’Iryamukuru avuga ko rifasha benshi
Mukaremera Joseline ashima iyi gahunda yatumye amakimbirane yari iwe ahunga

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Next Post

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.