Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Hagaragajwe ibyo Abarokotse bifuza ko bikorwa mbere yo Kwibuka ku nshuro ya 31

radiotv10by radiotv10
24/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Hagaragajwe ibyo Abarokotse bifuza ko bikorwa mbere yo Kwibuka ku nshuro ya 31
Share on FacebookShare on Twitter

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Kayonza, barasaba ko Urwibutso rwa Jenoside rwa Mukarange ruri kubakwa, kimwe n’inzu ziri kubakirwa abatishoboye barokotse Jenoside, byaba byararangiye mbere yuko Abanyarwanda binjira mu gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Byatangajwe mu gihe Inama Njyanama y’aka Karere ka Kayonza iherutse gutangiza icyumweru cy’Umujyanama, aho Abajyanama basura Ibikorwa Remezo bigira uruhare mu iterambere ry’Ubukungu n’Imibereho myiza y’abaturage.

Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 bo mu Karere ka Kayonza barasaba ubuyobozi kwihutisha ibikorwa byo gusigasira ibimenyetso by’amateka ya Jenoside ku Rwibutso rwa Mukarange, ariko kandi abarikubakirwa na bo bakubakirwa vuba kugira ngo Kwibuka ku nshuro ya 31 bizagere baramaze kubakirwa.

Didas Ndindabahizi Warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yagize ati “Ibyo dusaba ubuyobozi bwite bwa Leta ntabwo tubibasaba ubu gusa, ni byo dusanzwe tubasaba n’ubundi babidufashamo. Icya mbere hari inyubako zirimo zikorwa zubakiwe abacitse ku icumu hari aho uboba bigaragara ko muri iki gihe zaba zitararangira, bibaye byiza twazinjira muri kiriya gihe (Kwibuka ku nshuro ya 31) zarangiye zanatujwemo abazigenewe kuko byongera kubafasha iyo dutangiye biriya bihe abantu bafite aho batura barahabonye.”

Yakomeje agira ati “Ibikorwa bibera ku Rwibutso Akarere kacu karimo karakora ku Rwibutso rukuru rwa Mukarange, twasabaga ko ibikorwa byihutishwa kugira ngo igihe cyo kwibuka tugiye kwinjiramo bizabe byararangiye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza Nyemazi John Bosco avuga ko mu cyumweru cy’Umujyanama hateganyijwemo ibikorwa binyuranye.

Ati “Harimo nko gusura ibikorwa by’iterambere Akarere karimo kugeza ku baturage. Mu bihe turimo twitegura Kwibuka, hari ibikorwa binyuranye birimo gukorwa. Nk’akarere kacu hari ahantu hatandukanye hari kubakwa ibimenyetso by’amateka cyane cyane ahagiye hakorerwa ubwicanyi ndengakamere muri Jenoside yakorerwe Abatutsi, harimo harubakwa ibimenyetso ari na ho hakunze gukorerwa ibikorwa byo kuhibukira.”

Ku nzu ziri kubakirwa abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, Umuyobozi w’Akarere yagize ati “turimo gusoza kugira ngo ashyikirizwe beneyo.  Bijyanye n’ibihe twubatse urwibutso rwa Mukarange ariko n’inzu y’amateka yarangiye ubu harakorwa ubusitani ku buryo icyo gihe cyo Kwibuka cyagera ibyo bikorwa byateganyijwe bimaze gusozwa kandi byakozwe neza.”

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo muri aka Karere, basaba kandi ko ibyaha by’ingengabirekerezo ya Jenoside byagaragaye mu minsi ishize bikwiye kurandurwa, kandi ababikora bakabiryozwa n’ubutabera hakurikijwe amategeko.

Didas Ndindabahizi yavuze ibikwiye kuba byararangiye mbere yuko igihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 kigera
Harimo Urwibutso ruri kubakwa
Umuyobozi w’Akarere yizejo ko hari gukoreshwa imbaraga kugira ngo bizaba byarangiye

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku cyemezo cya M23 n’icya FARDC

Next Post

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima
FOOTBALL

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

04/06/2025
Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi byagarutsweho mu nama Perezida Kagame yahuriyemo na Tshisekedi

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.